Umuyobozi wa Enterprise Urwibutso, Sina Gerard, avuga ko iyo ukora haba abashima ndetse n’abanenga rimwe na rimwe batanafite icyo bashingiraho banenga, ariko bagerageza gusobanura ibiba bitarumvikanye neza.
Abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika yunze ubumwe bahuriye mu nama yabereye Addis Ababa muri Ethipia kuva tariki 29-30/01/2012, baganiriye ku ngamba zo guteza imbere ubuhahirane hagati y’ibihugu by’Afurika
Abakora umurimo w’ubunyonzi ku muhanda werekeza aho bakunze kwita Sahara ku Kicukiro barasaba ubuyobozi ko bwabavuganira bakikomereza akazi kabo.
Sosiyete y’itumanaho, Tigo Rwanda, yafunguye amashami abiri azajya atangirwamo service za Tigo (service center) mu mujyi wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu tariki 21/01/2012.
Abakora ubucuruzi bw’agataro mu mujyi wa Muhanga baratangaza ko ibyemezo bafatiwe byo kudacururiza ku isoko rya Muhanga batazabireka kuko gucuruza agataro ari byo bibatunze.
Bralirwa, uruganda rutunganya inzoga n’ibinyobwa bidasindisha mu Rwanda, yatangaje ko guhera tariki 21/01/2012, igiciro cya fanta cyavuye ku mafaranga 250 kijya ku mafaranga 300. Igiciro cy’ibindi binyobwa ntacyo byahindutseho.
Mu karere ka Burera cyane cyane mu mirenge yegereye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda hakunze kugaragara ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Abatuye muri ako gace bavuga ko iyo kanyanga ituruka muri Uganda.
Abacururiza ibigori bihiye mu isoko ryo kuri Base mu karere ka Rulindo barasaba ko umusoro w’amafaranga 400 basabwa wagabanywa kuko kuko wenda kungana n’inyungu babona.
Kompanyi y’indege yo muri Afurika y’Epfo yitwa South African Airways, uyu munsi tariki 17/01/2012, yasubukuye ingendo zayo mu Rwanda no mu Burundi. Indege yayo ya mbere yageze i Kigali uyu munsi 17h00.
Bwana Girma Wake, inararibonye mu bijyanye n’indege, yagizwe umuyobozi mushya w’inama y’ubutegetsi ya Rwandair.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), François Régis Gatarayiha, avuga ko kuba ibiciro bya lisansi na mazutu byagabanutse bitavuze ko ibiciro by’ingendo nabyo bizagabanuka kuko ngo mu gushyiraho ibiciro by’ingendo hari ibintu byinshi bigenderwaho.
Nyuma y’igabanuka ry’igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli, bamwe mu bagenzi bo mu karere ka Muhanga barasaba ko igiciro cy’ingengo cyagabanurwa kuko n’ubusanzwe cyari kiri hejuru.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyagatare barinubira ko umusaruro wabo uteshwa agaciro kandi ibiciro by’ibindi bicuruzwa bakenera bitajya bimanuka.
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 16/01/2012, ibiciro by’ibicuruzwa bikomoka kuri peteroli bya lisansi na mazutu biragabanukaho 6%, bivuga amafaranga y’u Rwanda 60, mu gihugu hose, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ribigaragaza.
Mu rugendo rugamije kumenya ingorane amakoperative ahurana nazo no kuyagira inama Komisiyo y’Abadepite ishinzwe Ubukungu n’Ubucuruzi yagiriye mu karere ka Gakenke tariki 13/01/2012 yashimye imikorere ya koperative « Abakundakawa ba Rushashi ».
Mu gihe umukino wa NAG (New Africa Gaming) uri kuganwa n’urubyiruko rwinshi ruwukina kugira ngo rwiyongerere amahirwe y’ubutunzi, bamwe mu bawukina bavuga ko ubahombya kandi ukanabatwara igihe kinini ariko kuwureka ngo ni ikibazo.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, avuga ko igenamigambi rikaba rigaragaza ko mu mwaka wa 2020 u Rwanda ruzakenera toni zikabakaba ibihumbi 160.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko ya Leta (RPPA) cyashyize ahagaraga urutonde rw’ibigo byahabwaga amasoko ya Leta byagaragaweho imikorere mibi bityo Leta ikaba yagennye ibihano kuri byo birimo no guhagarika amasezerano.
Abagenzi batega bus nini za Kigali Bus Service (KBS) bajya mu bice bitandukanye mu mujyi wa Kigali barinubira uburyo basabwa kwishyura amafaranga avunje bayabura bagasohorwa mu modoka.
Ubuyobozi bwa EWSA station Ngoma buratangaza ko batigeze bongeza igiciro cy’amazi ko n’uwagerageza kongeza igiciro batamwihanganira.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga mu karere ka Muhanga batangaza ko igiciro cy’inyama cyiyongereye ku buryo bikomeje zajya ziribwa na bake.
Abacuruzi bahoze bacururiza mu isoko rya Kamembe bavuga kuba isoko bakoreragamo ryarasenywe irindi ritaraboneka byatumye batatana none barahombye kuko nta bakiriya bakibona.
Nyuma yo gukora ingendo mu gihugu hose zigamije kumenya ibibazo by’abacuruzi, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), umwaka utaha, ruratenganya kuzageza ibibazo abacuruzi bo hasi bahuye nabyo ku nzego zibishinzwe.
Bamwe mu bakorera cyangwa bafite ibibanza mu gice cy’inganda cy’i Gikondo kizwi ku izina rya “Park Industriel” ntibemeranya n’ibyavuye mu nyigo yakozwe ku gaciro k’imitungo n’ubutaka biri muri iki gice.
Kuva taliki 11/11/2011 mu karere ka Musanze hatangiye imurikagurisha rizamara iminsi 10 ryitabiriwe n’abashoramari 171 bavuye mu bihugu 8.
Ku mupaka w’u Burundi n’u Rwanda mu gace ka Nemba mu Murenge wa Rweru, Abarundi barenga 1000 binjira mu Rwanda guhaha no gupagasa mu rwego rwo gushaka ibitunga imiryango yabo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Dr. Alexis Nzahabwanimana muri Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yiteguye kuzamura ireme ry’ubwikorezi bukoresha indege.
Ikigega gishora imari cyo mu bwongereza mu mujyi wa London kirifuza kugurisha imigabane yacyo igera kuri 80% iri muri banki y’ubucuruzi y’u Rwanda, icyo kigega cyashoye muri iyo banki kuva muri 2004.
Nyuma y’uko nta modoka itwara abagenzi n’imwe irangwa mu mujyi rwagati, abacuruzi bahakorera bo bararira ayo kwarika ko abaguzi babo bajyanye n’izo modoka none bakaba bakomeje guhomba.
Ibiribwa bitumizwa mu bihugu byo mu karere aho ifaranga ryataye agaciro, nibyo biri kugira ingaruka ku ifaranga ry’u Rwanda ndetse no ku masoko muri rusange, nk’uko Minisitiri w’Imari n’igenamigambi John Rwangombwa abitangaza.