Ubuhinde bwateye utwatsi icyemezo cy’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) cyo kwishyuza umusoro ibigo by’indege bikorera ku butaka bwa EU kubera ibyuka by’indenge zabo byangiza ikirere cy’uwo muryango.
Ikirango (brand) cya sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho ifite icyicaro muri Afurika y’Epfo, MTN Group, nicyo gikunzwe kurusha ibindi muri Afurika. Ku rwego rw’isi kiri ku mwanya wa 188 nyuma yo kuzamukaho imyanya 12 ugereranyije n’umwaka ushize; nk’uko itangazo MTN yasohoye ribivuga.
Abacuruzi bacururiza mu isoko rikuru rya Ngoma ahatubakiye barinubira ko basora amafaranga amwe n’abacururiza ahubakiye kandi bo banyagirwa ndetse bakanacururiza hasi.
Kompanyi y’indege ya Rwandair yasinye amasezerano yo gutumiza indege ebyiri zo mu bwoko bwa CRJ900 NextGen muri sosiyete yitwa Bombardier Aerospace. Rwandair izaba ibaye iya mbere gukoresha ubu bwoko b’izi ndege mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba.
Qatar Airways, isosiyeti itwara abantu ikoresheje indege yo muri Leta ya Qatar, yatangiye imyiteguro yo gutangira ingendo zayo za buri munsi mu Rwanda kuva tariki 21/03/2012.
U Rwanda na Tanzaniya byasinye amasezerano yo korohereza abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo ku mipaka ya Tanzaniya n’u Rwanda (simplified trade regime). Abacuruzi bakora ubucuruzi buto kuri uwo mupaka bongerewe amasaha yo gukora ava kuri 12 ajya kuri 16 ku munsi.
Amafaranga aturuka ku musaruro w’ikawa ashobora kuziyongeraho 50% muri uyu mwaka wa 2012 kubera ko umusaruro wabaye mwiza bitewe n’ibihe by’imvura byabaye byiza, bigatuma ubwiza bwa kawa burushaho kuba bwiza.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda irasaba abaguzi kumenya ko bafite uburenganzira kandi ko bakwiye kubuharanira ntibemere ko hari uwabubangamira.
Izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ryagaragaye muri Gashyantare uyu mwaka ryatumye guta agaciro ku ifaranga ry’u Rwanda rigera kuri 7.85 rivuye kuri 7.81; nk’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabitangaje kuri uyu wa ane tariki 15/03/2012.
Leta y’u Rwanda yafashe gahunda yo guhagurukira ikibazo cyo kutakira neza abantu bagana ababaha serivisi (poor customer care). Iki kibazo gifatwa nk’imwe mu nzitizi zikomeye zabangamira abashoramari gushora imari yabo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga (NAEB) buratangaza ko uyu mwaka u Rwanda ruteganya kohereza hanze ikawa igera kuri toni 24.000 ivuye kuri toni 16.000 zoherejwe umwaka ushije wa 2011.
Guhera kuwa Mbere tariki 12/03/2012, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli birongera kuzamuka, aho igiciro cya essence na mazout kizagera ku mafaranga y’u Rwanda 1.000, nk’uko itangazo ryashizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Iinganda ribitangaza.
Bus nini za sosiyete itwara abantu KBS zikomeje gutenguha abagenzi mu buryo butandukanye. Uretse ikibazo cyo kutagarurirwa ku bafite amafaranga atavunje, ubu zatangiye kugaragaza ibibazo mekanique.
Sosiyeti itwara abantu mu ndege yo muri Portugal yitwa TAP yasinyanye amasezerano na South African Airways (SSA) yo muri Afurika y’Epfo mu rwego rwo korohereza abagenzi bayo kugera aho itageraga ariko hagerwa na SAA harimo no mu Rwanda.
Sosiyete icuruza serivise zo kurinda umutekano yitwa G4S yagurishije ibikorwa byayo mu Rwanda ku yindi sosiyete ikora ako kazi yitwa KK Security.
Amafaranga u Rwanda rwakuye mu byo rwohereza hanze mu gihembwe cya kane cy’umwaka ushize yiyongereye ku kigero cya 87.5 % ugereranije n’igihembwe cya kane cy’umwaka wa 2010; nk’uko bigaragazwa n’ ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (National Institute of Statistics of Rwanda).
Igihugu cy’u Bufaransa kiza mu ruhando rw’ibihugu bitanu ku isi u Rwanda rwoherezamo ibicuruzwa byinshi bikorerwa mu gihugu; nk’uko bigaragazwa n’ikigo cy’igihugu mbarurisha mibare (NISR).
MTN Rwanda, sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho rikoresha telefone na Internet, iratangaza ko uyu mwaka iteganya kuzinjiza umutungo ungana na miliyoni 132 z’amadolari y’Amerika angana na miliyari 96 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority) kirakangurira abasoreshwa gusorera ku gihe kugira ngo birinde ibihano.
Amasoko ya Muyogoro na Sovu yo mu Karere ka Huye amaze igihe gito yubatswe yatumye hafungwa andi abiri ya Matyazo na Gako yari asanzwe akora, kubera ko atitabiriwe nk’uko byari byitezwe yubakwa ahubwo abaturage bakomeza kwiremera ayo bari bamenyereye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye biratangaza ko bwizeye ko amafaranga miliyoni 800 kiyemeje kwinjiza gakuye mu misoro kazayageraho nubwo hari abacuruzi bamwe na bamwe bagiye bareka uwo murimo batinya imisoro mishya akarere kenda gushyiraho.
Utubari dutatu two mu mujyi wa Kayonza ni two twonyine twemerewe gukora amasaha yose, mu gihe utundi tubari dutegekwa gufunga bitarenze saa yine z’ijoro, ndetse hakaba n’udutegekwa gufunga bitarenze saa mbiri z’ijoro iyo tudafite amashanyarazi.
U Rwanda rugiye kujya rukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha ibicuruzwa byinjira mu gihugu n’ibyoherezwa hanze hakoreshejwe ikoranabuhanga ryitwa Electronic Single Window.
Umuyobozi wa sosiyete yo muri Afrika y’Epfo itwara abantu n’ibintu mu ndege, South African Airlines (SAA), tariki 08/02/2012, yatangaje ko SAA iteganya kongera ingendo ikorera mu Rwanda zikava kuri eshatu zikagera kuri eshanu mu cyumweru.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu murenge wa Gacurabwenge, baratangaza ko imisanzu babaka hatitawe ku mari bacuruza bituma bamwe muri bo bagwa mu gihombo.
Aborozi bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko icyemezo Leta yafashe cyo kugurisha uruganda rw’amata rwitwa Savannah Dairy ruri muri ako karere kizatuma babona amafaranga menshi kuko bazajya bagurisha amata yabo ku ruganda nta wundi banyuzeho.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba bagiye kubona uruganda rutunganya umuceri ruzabafasha kutazongera guhendwa na ba rwiyemezamirimo babaguriraga umuceri ku giciro gito kubera ko waba udatonoye.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi , François Kanimba, uyu munsi tariki 03/02/2012, yafunguye ku mugaragaro inyubako yagenewe gucururizwamo ibihangano by’abanyabukorikori b’Abanyarwanda biturutse hirya no hino mu gihugu yitwa IKAZE SHOW ROOM.
Kuva umukino wa tombora wa New Africa Gaming wagera mu karere ka Nyanza bamwe mu banyamahirwe batangiye kuyivanamo inoti mu gihe hari n’abandi utwabo tumaze kuhashirira bakaba bimyiza imoso.
Nubwo ibikorwa byo kuvugurura aga centre ka Butansinda kari mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza bigeze kure, bamwe mu baturage bahakorera barinubira ko isoko ritubakiye ndetse n’imisoro irenze ubushobozi bwabo basabwa.