Ubuybozi bw’ikigo gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro (RRA) mu karere ka Rubavu kirahamagarira abamenyekanisha umusoro ku nyungu kubikora mbere y’igihe aho gutegereza iminsi ya nyuma.
Ishami rya Polisi rishinzwe gukumira magendu (RPU) ritangaza ko rimaze gufata ibicuruzwa byinjizwa mu buryo butemewe mu gihugu bifite agaciro ka miliyari 4 mu gihe cy’imyaka itandatu ishize.
Uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Amajyaraguru atangaza ko abacuruzi bafite igicuruzo kitarenga miliyoni ebyiri basonewe kwishyura umusoro ku nyungu ariko bazakomeza kwishyura ipantante nk’uko bisanzwe.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko abacuruzi bo mu isoko rya Muhanga batarebwa n’itegeko rishya ry’umusoro, basabwa kwiyandukuza muri icyo kigo bitarenze tariki 31/03/2013.
Inganda nto n’iziciriritse (SMEs) zo mu birwa bya Mauritius zaje kumurika no kugirisha ibicuruzwa byazo mu Rwanda, kugirango zitangire kwiga imiterere y’amasoko zizashoramo imari.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda utegemiye kuri Leta ushinzwe imitangire ya serivise nziza (RASE), Senga Bahati Emmanuel, yemeza ko gahunda yo gutanga serivise inoze iri ku rwego rushimishije mu karere ka Rulindo haba mu nzego za Leta no mu nzego z’abikorera ku giti cyabo.
Kuva mu kwezi k’ukuboza 2012 ingendo Rwandair yakoreraga mu karere ka Rubavu zarasubitswe ndetse n’abakozi bayo bahakoreraga bisubiriye Kigali.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga bakomeje gusaba ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro kugabanya umusoro ku nyungu wurijwe ukavanwa ku bihumbi 15 ukagera kuri 60 ariko babahakaniye.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Muhanga barinubira uburyo ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyurije umusoro ku nyungu ukava ku bihumbi 15 ugashyirwa ku bihumbi 60 kandi batanabimenyeshejwe ngo basobanurirwe impamvu yabyo.
Abikorera babifashijwemo n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwihutisha iterambere RDB, baravuga ko imurikagurisha ry’ibicuruzwa by’u Rwanda rizabera i Burundi kuva tariki 22-25/03/2013, rigamije gutegura uburyo u Rwanda rwakongera ubwinshi bw’ibyoherezwa ku masoko yo mu karere.
Kuva kuri uyu wa kabiri tariki 12/03/2013 ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli birazamuka aho bacururiza amavuta y’ibinyabiziga nka peteroli, lisansi na mazutu bitewe ngo n’uko igiciro cya lisansi ku isoko mpuzamahanga cyazamutse ku buryo bugaragara guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.
Umuryango ugamije ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari CEPGL ubitewemo inkunga n’Umuryango w’ibihugu by’Iburayi EU urateganya gukora imihanda ihuza imipaka y’ibihugu bihuriye muri uyu muryango kugira ngo bishobore korohereza imihahirane y’ababituye.
Nubwo ishami rya Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi rishinzwe uburobyi b’ubworozi bw’amafi ryishimira ko umusaruro w’amafi mu Kiyaga cya Kivu ugenda wiyongera, ngo haracyari imbogamizi z’uburobyi bukoresha Imitego yangiza amafi aba atarakura.
Abagore bacururiza ku gataro bagiye kubona uburyo bwo kubafasha kuva mu bukene bakareka uwo murimo utabahesha agaciro. Bazubakirwa amazu ubundi bishyire hamwe bayacururizemo nk’uko Kandutiye Beatha umukozi mu rugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) abisobanura.
Abacuruzi bo mu isoko rya Bazilette ahahoze hanyura umuhanda wa Rubavu-Musanze batangiye kujya bacururiza mu muhanda unyura Nyakiriba nyuma yo kubura abaguzi nk’abo bari basanzwe babona.
Abayobozi muri Tanzania bakora mu nzego z’ubutasi, abakora mu nzego zishinzwe imisoro n’amahoro, abakuriye inzego zigenzura amabuye y’agaciro hamwe n’abagenzura icyambu cya Dar es Salaam bahagaritswe na polisi bakuriranyweho ubujura bw’amabuye y’agaciro kuri icyi cyambu.
Abacuruzi bo mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi bw’ako karere kujya bubagenera umwanya bagatanga ibitekerezo ku byemezo bibafitirwa.
Ubuyobozi bwa Tigo ishami rya Musanze bwahuguye abakozi bayo uko bakwakira neza ababagana ndetse no kwihangira imirimo haganishwa ku kureba uko akazi kabo bagakora nk’abanyamwuga.
Abishyurwa hakoreshejwe sheke basinyiwe n’abafite konte muri Equity Bank barinubira ko iyo bagiye kubikuza badahabwa amafaranga nk’uko bisanzwe ahubwo basaba gufungura konti muri iyo banki cyangwa bakajya kubitsa izo cheke mu mabanki basanzwe bakorana nayo.
Nubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge (RBS) cyaciye imyenda y’mbere ya caguwa (amakariso, amasogisi, amasegeri n’amasutiye) mu gihugu kuri ubu hamwe mu masoko haracyagaragara iyi myambaro ku bwinshi.
Abagore bacuruza imboga mu isoko rya Ngororero barasaba ko amafaranga yongerewe ku misoro batangaga yakurwaho maze bakabanza bagasobanurirwa impamvu zuko kuyongera nabo bagatanga ibitekerezo ndetse n’imbogamizi babona.
Abagore barenga 270 bo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka ariko bakabererekera gasutamo ngo batakwa imisoro, biyemeje kwisubiraho, bakibumbira muri koperative kuko aribwo bazabasha gutera imbere.
Gahunda y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’ibanze hamwe n’abokorera ku giti cyabo yatangijwe mu karere ka Rulindo ngo bizafasha mu gukemura ibibazo bimwe na bimwe byajyaga biboneka hagati yabo ndetse ikazafasha abikorera gutera imbere ku buryo bwihuse utaretse n’akarere.
Muri gahunda akarere ka Huye gafite yo guhuriza hamwe ibikorwa by’abanyabukorikori n’inganda, abanyabukorikori bakorera ahitwa mu Rwabayanga mu mujyi wa Huye bagiye kwimurirwa i Sovu mu murenge wa Huye.
Abahinzi b’imboga bo mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu bashinze Koperative COPAGI ifite umushinga wo gukora umutobe mu mboga za karoti na beterave. Uwo mutobe ngo ushobora kumara igihe kandi ugacuruzwa ku mafaranga menshi aruta ayo bahabwa zikiva mu murima.
Abashoramari b’Abanyarwanda n’abo mu gihugu cy’Afurika y’epfo bashyizeho urwego rubahuza (Rwanda-South Africa Business Council), mu rwego rwo korohereza buri wese guteza imbere ubucuruzi bwe, no gukora ubukangurambaga kuri bagenzi babo baba mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo.
Abacuruzi bane bo mu isantere ya Nyakarambi mu karere ka Kirehe ngo barenda gufunga imiryango nyuma y’uko bambuwe amafaranga arenga miliyoni 12 na Karerangabo Mathias bahaye ideni ry’ibikoresho by’ubwubatsi ubwo yubakaga ibiraro by’imihanda itandukanya mu karere ka Kirehe.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Albert Nsengiyumva, arakangurira abanyamabanki bakorera mu karere ka Musanze, gufungura amashami mu gasantere ka Byangabo, kugira ngo borohereze abazacururiza mu isoko rijyanye n’igihe riri kubakwa mu Byangabo.
Abacururiza mu nyubako nshya z’isoko rya kijyambere rya Buhinga riri mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bishimira izi nyubako kuko zatumye bagera ku nyungu batashoboraga kugeraho mbere y’uko ryubakwa kuko bacururizaga mu mbaho.
Mugenzi Yonas utuye mu murenge wa Karama mu karere ka Nyagatare yashinze uru ruganda rukora inzoga IPROVIBAMA ahereye ku mafaranga miliyoni imwe none nyuma y’imyaka ine ageze kuri zirindwi.