Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yashyize ahagaragara itangazo rivuga ko igiciro cya lisansi na mazutu mu mujyi wa Kigali kitagomba kurenza amafaranga 1050 kuri litiro imwe, uhereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 06/10/2012.
Isosiyete itwara abagenzi titwa Kigali Bus Services (KBS) yafunze imiryango tariki 4/10/2012 yaho yakoreraga mu mujyi wa Nyanza nyuma y’amezi atanu gusa itangiye gukora ingendo hagati ya Nyanza na Kigali.
Abakina imikino y’amahirwe ishobora kubafasha gutsindira ibihembo bitandukanye, bagiye kujya bishyura 15% by’ibyo bihembo mu Kigo cy’Igihugu gishiznwe kwakira Imisoro (RRA), mu gihe nyiri ugukoresha tombola we azajya asora 13% ku nyungu yasaguye.
Sosiyete y’itumanaho Airtel ikorera mu Rwanda yasinyanye amasezerano n’umuhanzi King James kuri uyu wa gatatu tariki 03/10/2012, kugira ngo ayibere umu-ambasaderi wo kuyimenyekanisha ku bakunzi be. King James asanzwe akorana na sosiyete Bralirwa ikora ibinyobwa.
Nyuma y’uko uburobyi mu kiyaga cya Kivu busubukuwe, igiciro cy’isambaza ku kiro cyavuye ku mafaranga 1500 kijya ku mafaranga 1250. Nyuma y’amasaha make uburobyi busubukuwe tariki 02/10/2012, umurobyi wa mbere yahise aroba ibiro 120.
Nyuma y’amezi abiri uburobyi mu kiyaga cya Kivu buhagaritswe kubera amafi yari amaze kuba make, tariki 02/10/2012, i Kivu cyongeye gufungurwa ku mugaragaro.
Santere ya Mugu iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera yabaye indiri y’ibiyobyabwenge na forode kuko ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda kandi hakaba nta polisi ihakorera mu buryo buhoraho.
Abatuye akarere ka Ngoma ubundi gasanzwe kazwiho kugira ibitoki byinshi, baravuga ko bugarijwe n’izamuka ry’ibiribwa birimo n’ibitoki ririguterwa n’umuyaga waguye ari mwinshi ukonona insina.
Akarere ka Ngororero gafatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo RAB barimo kubaka amakusanyirizo mu murenge wa Muhanda kugira ngo aborozi baho babone isoko ry’amata.
Abacuruzi bo mu isoko ryo ku Murindi mu murenge wa Nasho mu karere ka Kirehe, kuwa kabiri tariki 17/09/2012, banze kurema isoko kubera babacaga amafaranga 6000 byo gukodesha aho bacururiza na 3000 by’umusoro.
Abamotari bo mu ntara y’Amajyepfo barasaba polisi ko yakuraho uburyo bwo guhana abari mu makosa babatwara moto bakoresha kuko ngo arizo zibatunze kandi zikaba zanabafasha mu kwishyura amande baba baciwe.
Nyuma yo kugaragara ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro buri mu bitera iyangizwa ry’ibiti no gukurura imyuzure mu migezi inyura muri Gishwati ikiroha muri Sebeya, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwafashe icyemezo cyo guhagarika sosiyete yitwa NRD (Natural Resources Development).
Nyuma yo kubona ko amafaranga akomoka ku bicuruzwa byoherezwa mu mahanga akiri make cyane, kuri uyu wa kane tariki 13/09/2012, Ministeri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yashyize ahagaragara politiki igenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Cooperative jyaheza ubwo twaganiraga nabamwe mubari bayirimo kuri uyu wa 12/09/2012 badutangarije ko bakoraga isuku mu murenge wa Rwimbogo nyuma iza kwamburwa na rwiyemeza mirimo bakoranaga ubu hakaba hashize hafi imyaka ibiri ngo amaso yaheze mu kirere.
Ubuyobozi bw’umushinga ugamije gutunganya no kongera umusaruro w’amafi mu biyaga by’imbere mu gihugu (PAIGELAC) watangiye gukora imikwabu mu biyaga by’akarere ka Bugesera mu rwego rwo guhigamo imitego itemewe kurobesha.
Abajyanama mu bucuruzi bagera kuri 416 baturuka mu mirenge yose y’igihugu baravuga ko biyemeje guteza imbere abacuruzi bato n’abaciriritse babahugura mu bijyanye no guteza imbere ndetse no gucunga neza ubucuruzi bwabo.
Inzabya ebyiri bategura nk’umutako (vase) zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 30, zaguzwe amafaranga ibihumbi 500 mu cyamunara tariki 04/09/2012. Izo nzabya zatanzwe n’umugore wahejejwe inyuma n’amateka nk’umusanzu we wo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Abambutsa abantu mu mazi mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera barifuza ko mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru hashyirwa ubwato bushya bukabafasha guhahirana n’abatuye indi mirenge, kuko ubwakoreshwaga bwahagaritswe.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro itorero ry’indangamirwa mu bucuruzi, tariki 03/09/2012, Minisitiri Francois Kanimba yavuze ko aho u Rwanda rugeze mu bukungu hashimishije ariko ko ari ngombwa kongera umuvuduko kugirango icyerekezo 2020 kigerweho uko byifuzwa.
Minisiteri y’ibikorwa remezo yashyizeho gahunda izagena uburyo abanamuryango ba koperative itwara abagenzi (Rwanda Federation of Transport Cooperatives (RFTC), bazajya bakorera mu nyungu imwe bakagabana ayo bakoreye.
Abarobyi bo mu kiyaga cya Kivu bafite impungenge ko amato yabo azangirika kubera ko agiye kumara amezi abiri ahagaze mu mazi adakora. Ayo mato ngo ntibayakura mu mazi ngo bazongere bayasubizemo kubera ko kuyakuramo bisaba kuyasenya.
Abacuruzi bo mu karere ka Rubavu batangaza ko bakomeje gukorerwa ibikorwa by’urugomo birimo n’ubujura igihe bagiye kurangura ibicuruzwa mu gihugu cya Uganda.
RURA yemeranyijwe n’abatwara abagenzi mu modoka nto (taxi voiture), ko igiciro ntarengwa kuri kilometero imwe ari amafaranga y’u Rwanda 433 kuri tagisi zisanzwe, na RwF509 kuri tagisi zikorera ku kibuga cy’indege cya Kigali.
Uruganda rwa mbere mu Rwanda mu gutunganya ibiribwa n’ibinyobwa, Inyange Industries Ltd, rwahawe icyemezo cy’ubuziranenge ku bikorwa byarwo. Icyo cyemezo cyitwa ISO 22000 cyatanzwe na Bureau Veritas.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, atangaza ko u Rwanda rwatangiye guteza imbere ubucuruzi bwambuka imipaka mu rwego rwo kongera ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.
Abakozi n’abasoramari bo mu karere ka Ngororero bashimishijwe n’uko ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), kigiye kuhafungura ishami. Bakavuga ko bizoroshya imikoranire n’iki kigo, kuko bikazagabanya amande bacibwaga kubera ubukererwe.
Kuba inyemezabuguzi zidahabwa abaguzi ni kimwe mu bituma imisoro ku nyongeragaciro (TVA) itinjira uko bikwiriye nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, ubwo yagaragazaga uko imisoro yinjiye mu ntara yose mu mwaka ushize.
Mu Karere ka Bugesera haravugwa ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo butemewe n’amategeko n’abakozi ba Sosiyeti zicukura zikanagurisha amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Ikigo gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyahaye ibyemezo by’ishimwe abasoreshwa buzuza inshingano zabo neza bo mu Ntara y’Uburengerazuba bagera kuri 14.
Kuva aho uburobyi buhagaritswe by’agateganyo mu kiyaga cya Kivu, amwe mu maresitora yo mu mujyi wa Karongi yagize igihombo, kubera ko nta sambaza zikiboneka mu igaburo rya buri munsi, kandi abakiliya benshi ari zo bakunda.