Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali n’abagore basanzwe bacururiza mu muhanda mu buryo butemewe bazwi nka “Bazunguzage”, bakoze ibiganiro byo gushakira umuti ibibazo byatumaga babangamirana ahubwo biyemeza gushaka icyabazamura.
Abaturage barema isoko rya Nyange mu murenge wa Ngororero ntibishimiye uburyo bakwa imisoro kuko bavuga ko basoreshwa kandi n’ababaguriye nabo bagasoreshwa bityo ibyo bacuruje bigasora kabiri. Byongeye kandi ngo imisoro batanga ntibazi uyakira kuko badahabwa gitansi yemeza ko batanze umusoro.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabuga mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro iri hejuru bagereranyije n’amafaranga binjiza iyo bacuruza basaba ko yamanurwa.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bakoze umukwabo mu bantu bagikoresha ibikoresho bitujuje ubuziranenge bitandukanye mu rwego rwo kwirinda ingaruka zibyo bikoresho.
Abacuruzi badanzaza ibintu bitandukanye mu isoko rya Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero bakomeje kugaragaza imbogamizi zirimo n’igihombo bahura nacyo kubera ko bakorera hanze bityo bagakora igihe gito ndetse n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Ubwo yafunguraga inama ihuje inganda z’icyayi zo mu karere ka Afurika y’uburasirazuba (EATTA) iteraniye i Kigali kuri uyu wa 29/08/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye inganda z’icyayi kongera umusaruro n’ubwiza bwacyo, zirengagije imbogamizi zifite.
Umwanzuro wo guhagarika GMC na NRD mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wafatiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Ngororero yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 28/08/2013 iyobowe n’umuyobozi w’Akarere, Ruboneza Gedeon.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa rya Nyamasheke ryari rimaze icyumweru ribera muri aka karere ngo risojwe risigiye isomo rikomeye abikorera n’abafatanyabikorwa bose mu iterambere ry’akarere ka Nyamasheke kuko ryagaragaje byinshi byiza bishobora kwitabwaho bigatuma aka karere gatera imbere kurushaho.
Iyongerwa ry’amasaha y’akazi ryatumye urujya n’uruza rwiyongera ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burindi uri mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, Umucuruzi wa boutique n’inzoga witwa Niyigena Theophile yatawe muri yombi na Polisi imusanganye magendu y’amakarito 25 y’inzoga ya African Gin.
Abacuruzi n’abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barashishikarizwa kumenya indimi z’amahanga, by’umwihariko izikoreshwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kugira ngo bazabashe guhangana ku isoko ry’ibi bihugu.
Inganda nyinshi zikorera mu Rwanda zifatwa nk’iziciriritse ngo usanga ibikorwa byazo birenze ubushobozi bwazo kuko ziri mu bya mbere byongera ubukungu n’umusaruro mu gihugu, nk’uko bitangazwa na Alexis Kanyankole, umuyobozi wa Banki y’igihugu itsura amajyambere (BRD).
Mu minsi yashize, abafite amazu y’ubucuruzi atari etaje rwagati mu mugi wa Butare bari bandikiwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye amabaruwa abamenyesha ko azafungwa ku itariki ya 31 Nyakanga, maze abakoreragamo bakajya gukorera mu nyubako nshya zuzuye muri uyu mugi.
Abacururiza mu isoko rya Rambura mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bashima ko bubakiwe isoko rya kijyambere ariko bakavuga ko harimo ikibazo cy’uko ritubatse neza, kuko mu gihe cy’imvura batabona uko bacuruza bitewe n’uko amazi yuzura mu isoko n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) hamwe n’urugaga rw’abikorera (PSF) bishimiye uburyo ibicuruzwa bitumizwa hanze bitazongera gutinda mu nzira, kuko hashyizweho uburyo bwo kubisuzumira ahantu hamwe gusa (single customs territory), bikazabirinda kwangirikira mu nzira no kubitangaho amafaranga menshi.
Imurikagurisha mpuzamahanga ryatangijwe i Kigali kuri uyu kane tariki 25/07/2013, rigaragazwa nk’igipimo cyo gusuzuma imizamukire y’ubukungu bw’igihugu ndetse no gutsura umubano n’amahanga mu bijyanye n’ubukungu, nk’uko Guverinoma n’inzego z’abikorera mu Rwanda babitangaje.
Guhera tariki 31/07/2013 abacururiza mu mazu yubatse ku buryo butagezweho rwagati mu mugi wa Butare bamenyeshejwe ko batazongera kuyakoreramo, ahubwo bakimukira mu mazu mashyashya yuzuye muri uyu mugi.
Kuva imirwano yakongera kubura mu nkengero z’umujyi wa Goma, Abanyarwanda bakorera ubucuruzi muri uwo mujyi kimwe n’abajya kurangura yo bavuga ko bahagaritse ibikorwa byabo kubera gutinya ihohoterwa.
Mu minsi itari myinshi servisi za Gasutamo ndetse n’iz’Abunganira abacuruzi muri Gasutamo (Clearing Agencies) zo muri Uganda n’u Rwanda zizaba zifite abakozi ku Cyambu cya Mombasa.
Uruganda Brasserie des Milles Collines (BMC) rusanzwe rukora inzoga ya Skol rwashyize ahagaragara inzoga nshya rwise Virunga Mist. Iyo nzoga ishobora kunywebwa n’abarwayi ba diyabete yamuritswe mu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013.
Nyuma y’uko hafunguwe iguriro cyangwa Selling Point mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo abarikoreramo barifuza ko amasoko mato mato arikikije yashyirwa muri iyi nyubako bakagwiza imbaraga.
Hotel Dayenu iri mu mujyi wa Nyanza yagombaga gutezwa cyamunara tariki 24/07/2013 kubera ideni ifitiye Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) yabaye ihagaritswe kubera ubwumvikane impande zombi zagiranye.
Abakoresha umupaka wa Ruhwa uhuza u Rwanda n’u Burundi mu karere ka Rusizi barishimira ko ihuzwa ry’uyu mupaka ryoroheje rikanihutisha itangwa rya serivisi aho ubu iminota myinshi umuturage amara itazongera kurenga 5 ivuye kuri 30 yakoreshwaga mbere.
Abanyarwanda binjira mu bucuruzi cyangwa indi mishinga ibyara inyungu, barakangurirwa kujya babanza bagasuzuma niba ibyo biyemeje gukora bizabungukira, aho kugira ngo bahite bakora ibyo babonye bagenzi babo bakoze.
Hoteri ikomeye ibarizwa mu mujyi wa Nyanza izwi ku izina rya Dayenu iri imbere neza y’ibitaro by’akarere ka Nyanza iri muri cyamunara biturutse ku nguzanyo yahawe na Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) ariko ba nyirayo ntibashobore kuyishyura nk’uko byari bikubiye mu masezerano impande zombi zagiranye.
Abashoferi bakora batwara abagenzi mu modoka ntoya (taxi-voiture) ku mupaka wa Ruhwa-Bugarama ngo barambiwe n’imyanzuro ifatirwa bagenzi babo bakora mu buryo butemewe bigatuma bahomba nyamara ntishyirwe mu bikorwa.
Ibiciro ku masoko mu Rwanda bikomeje kwiyongera kuko mu mijyi ibiciro byiyongereyeho 3,68 % mu kwezi kwa Kamena 2013 ugereranyije na Kamena 2012, mu gihe mu kwezi kwa gatanu (Gicurasi 2013) byari ku kigereranyo kingana na 2,98 %.
Ikigo cy’gihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) kiratangaza ko mu gice cya mbere cy’uyu mwaka cyashoboye kwinjiza amafaranga agera kuri miliyari imwe na miliyoni 254 z’amadolari ya Amerika, amafaranga yavuye ahanini mu bikorwa by’ishoramari n’imishinga byanditse mu bitabo by’iki kigo.
Abakozi bubaka ahazajya hakorerwa imyuga n’ubukorikori (Agakiriro) mu murenge wa Huye,akarere ka Gisagara, barinubira itinda ry’imishahara yabo, ndetse naho iziye bagahembwa ibice ntibayahabwe yose.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora isukari rwa Kabuye burasaba Leta kwita kuri gahunda yo guteza imbere isukari ikorerwa mu gihugu, kugira ngo ikureho igihombo cya buri mwaka kibarirwa muri miliyoni 60 z’amadolari ya Amerika, agendera mu gutumiza isukari mu mahanga.