Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko udukiriro tuzafasha Leta kugera ku ntego yiyemeje yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka kuko duha akazi benshi.
Abakorera mu gakiriro ka Gahanga barataka igihombo batezwa na bagenzi babo bagikorera aho bari mbere kandi ibyo bacuruza ari bimwe.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) basobanuye impamvu baca 500Frw abayisaba serivisi z’imisoro badafite konti muri iyo banki.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi bavuga ko babangamiwe no gusoreshwa bimwe mu bicuruzwa bitari ngombwa.
PEARL ESTATE LTD ikigo kigiye kuzuza imyaka itatu gifasha Abanyarwanda kubona amazu baturamo ku giciro gito, ubu cyasize ku isoko inzu zigezweho zigera kuri esheshatu mu Mujyi wa Musanze.
Akarere ka Ngoma kagiye gutera ibiti by’ingazi ku nkengero z’ibiyaga bya Sake na Mugesera, kugira ngo birengere ibidukikije binabyare inyungu.
Ikibazo cy’isuri yamunze ikiraro cya Mpanga cyari gisanzwe gihuza abaturage b’igice cy’Akarere ka Ruhango na Nyanza yateje ikibazo cy’imigenderanire.
Bamwe mu bikorera bo mu gace ka Nyabugogo bavuga ko ifungwa ry’imihanda iza mu mujyi wa Kigali ryabateje igihombo kubera kubura abakiriya.
Uruganda rw’inzoga rwa Skol rwasohoye icupa rito rya Lager 33cl, mu rwego rwo guhiga izindi nganda zohereza inzoga ku isoko ry’u Rwanda.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, avuga ko hari politiki iri gutegurwa izorohereza inganda z’imyenda zo mu Rwanda kugira ngo zigabanye ibiciro.
Umujyi wa Rwamagana ugenda usigara inyuma mu bucuruzi kandi ari umwe mu mijyi ya mbere yatangirijwemo ubucuruzi mu Rwanda, nk’uko byemezwa n’ababizi.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko kimwe mu bibazo basigaranye kibadindiza ari icyo kutamenya indi z’amahanga.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, avuga ko isoko mpuzamipaka rya Karongi riri kubakwa ari amahirwe abatuye ako karere babonye yo kwinjiza amafaranga.
Perezida Kagame yasabye abikorera mu Rwanda kongera ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko, kugira ngo bashoboye guhangana n’ibiva hanze byinjizwa mu Rwanda.
Abakongomani batuye mu Karere ka Rusizi bakorera ubucuruzi mu Rwanda baravuga ko bishimira umutekano bafite utuma bakora akazi kabo neza.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.
Abacuruzi bo mu Rwanda kugira ngo bajyane ibicuruzwa byabo hanze baba bagomba kubigurira ibibiranga (barcodes) bikabahenda ntibabone inyugu ihagije.
Abaguzi b’ibicuruzwa n’ababigurisha barasabwa kwaka no gutanga inyemezabuguzi itangwa n’imashini y’ikoranabuhanga ya EBM, kugira ngo uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu rugaragare.
Banki y’ubucuruzi “COGEBANK” yafunguye imiryango mu Karere ka Karongi, mu rwego rwo gukomeza kwiyegereza abakiriya bayyo baherereye mu Burengerazuba.
Guinée Conakry irateganya kohereza abashinzwe ingendo zo mu kirere mu Rwanda, kugira ngo bige uko babyutsa kompanyi y’indege y’indege itagikora.
Abacururiza ku gasoko gakunze bita "Gasasangutiya" kamaze imyaka ibiri karadindiye mu kubakwa barasaba ko gasubukurwa kakuzuzwa.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) isanga Abanyarwandakazi bafite ibitekerezo n’ibikorwa byabahesha kuba ibirangirire mu ishoramari nubwo bafite imbogamizi yo kutabona igishoro.
Ubushakashatsi bwiswe FinScope buragaragaza ko kugeza muri uyu mwaka wa 2016, 89% by’ Abanyarwanda bamaze gutera intambwe mu kwitabira kugana ibigo by’imari.
Abaturage bakoraga mu ruganda rusya Maiserie Mukamira rumaze imyaka itandatu rufunze, bavuga ko n’ubu bikibahangayikishije kubera akamaro rwari rubafitiye.
Muri Nyabihu hagiye gutangira uruganda rutunganya ibikomoka ku birayi, bakizera ko udushya turimo tuzatuma ibyo bakora bigezwa ku isoko mpuzamahanga.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe basanga izamuka ry’ibiciro mu masoko rituruka mu myaka barumbije umwaka ushize kubera imihindagurikire y’ibihe yatunguranye.
Hari icyizere ko noneho isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryaba rigiye kubakwa nyuma y’imyaka itatu kubakwa bigenda bisubikwa.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), gitangaza ko cyarengeje miliyari 10,3 ku ntego cyari cyihaye yo kwakira imisoro mu mezi 6 abanza y’umwaka wa 2015 - 2016.
Abacuruzi b’inyama mu Karere ka Rusizi barinubira ko inyama bacuruza bazikura mu Karere ka Nyamasheke, bitewe n’uko ibagiro ryabo ryafunzwe.