Abagize Koperative COTAMOTEKA itwara abagenzi kuri moto mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, biyemeje kongera umusanzu batangaga ngo babashe kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’uruganda rutunganya umuceri ruherereye mu Karere ka Ruhango, buvuga ko bushobora gufunga imiryango bitewe n’iyangirika ry’umuhanda Kirengeri- Gafunzo- Buhanda.
Abacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo, baremeza ko amabwiriza mashya mu gusora amaze gutuma hagaragara impinduka nyinshi mu mikorere yabo.
Abarema isoko rya Gakenke rikorera mu Murenge wa Gakenke babangamiwe n’uburyo basoreshwamo buri kintu kuko n’uvanye igitoki mu murima agisorera
Hari abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kuba batarahuguwe bihagije ku ikoreshwa rya EBM bituma bahabwa ibihano bibahombywa.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Katabagemu ruvuga ko ubucuruzi bwa avoka bwatumye babona abageni ndetse runiteza imbere.
Bamwe mu borozi bazana amatungo magufi mu isoko rya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bagurishiriza hanze y’isoko kugira ngo bahunge imisoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabibu butangaza ko buri mwaka amafaranga yinjira mu misoro agenda yiyongera, biturutse ku bihangira imirimo nabo biyongera.
Abadozi bo mu Rwanda bashinze urugaga bahurizamo ingufu n’ibitekerezo kugira ngo bahaze isoko ry’imyenda mu bwishi no mu bwiza caguwa icike.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasashima imicungire yaranze koperative z’Imirenge Sacco 2015, ariko bukazisaba gukaza ingamba muri uyu mwaka wa 2016.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) kirasaba abaturage n’ubuyobozi muri Nyagatare kubafasha guca iminzani itemewe ikigaragara mu bucuruzi muri aka karere.
Inama ahora yumvana umukuru w’igihugu zatumye ashirika ubwoba atangiza hoteli igezweho mu Karere ka Ruhango n’ubwo hari benshi batarabitinyuka.
Niyonzima Alexis utuye i Kagugu muri Gasabo, avuga ko ubucuruzi bw’ibinono bumutunze we n’umuryango w’abantu umunani yaranabashije kwiyubakira inzu.
Abacuruza n’abahaha ibirayi mu masoko atandukanye, bavuga ko mu minsi mikuru igiciro cyabyo cyazamutse cyane ku buryo cyiyongereyeho asaga 30Frw.
Abahinzi n’aborozi barema amwe mu masoko y’akarere ka Kamonyi, binubira imisoro bakwa iyo bajyanye umusaruro ku isoko kandi n’ababaranguriye bakongera bagasoreshwa.
Basigarira Yohani wo mu karere ka Musanze, arahamagarira urubyiruko kudasuzugura umurimo, kuko imyaka 30 amaze acuruza amandazi abayeho neza.
Abagore bacuruzaga mu kajagari mu Karere ka Nyamagabe, batewe inkunga yo kubona igishoro no kuzabona ibibanza mu masoko bakava ku mihanda.
Bamwe mu bacuruzi mu Karere ka Karongi bavuga ko nta kimenyetso cy’iminsi mikuru bari kubona, bagasanga itazashyuha nkuko bisanzwe.
Abikorera bo mu karere ka Rubavu barashishikarizwa gukoresha imashini mu gutanga inyemezabuguzi kuko n’ubwo 89% baziguze bose batazikoresha batanga inyemezabuguzi.
Imvura yaguye mu minsi yashize yateye ubukene butuma abacuruzi b’i Huye bavuga ko batazizihiza Noheri n’Ubunani uko babyifuzaga.
Guhera muri Mutarama 2016, Abanyarwanda ndetse n’abandi bakoresha icyambu cya Mombasa, bazajya basorera ibicuruzwa byabo ku biro bishinzwe imisoro mu Kenya “Kenya Revenue Authority (KRA)” mbere y’uko bagera ku kibuga.
Inama y’Umushyikirano yashimye uburyo amashuri n’amavuriro byegerejwe abaturage, ariko abayikurikiranye basabye kunoza ireme ry’uburezi no guhashya indwara ya Malariya.
Abakorera mu agakiriro ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’imvura ibanyagirira aho bakorera igahagarika imirimo yabo arinako inabahombya yangiza ibyo bakoze.
Nyuma yo kwimurwa ku Isoko rya Nkoto, abakorera mu mazu y’ubucuruzi barataka igihombo baterwa no kubura abakiriya baremaga isoko ryimuriwe muri Bishenyi.
Ibihugu bya Tanzania, Kongo Kinshasa, Burundi, Ethiopia na Djibouti biteraniye mu Rwanda, aho bisuzuma aho imirimo y’umuhora wa ruguru igeze.
Ba rwiyemezamirimo barasaba ko mu tunama tw’amasoko hakongerwamo abantu batari abakozi b’uturere, kuko byatuma badakomeza kurenganya abapiganirwa amasoko babaka ruswa.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko imurikagurisha rya 2015 ribera i Musanze ryakiriye abamurika ibikorwa barenze abari bateganyijwe.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahuguye amakoperative akorera mu karere ka Rubavu kuwa 04 Ukuboza 2015.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyabihu bavuga ko amakusanyirizo yabyo yahesheje agaciro umusaruro anaca abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi.
Ababaruramari 922 mu gihugu hose bari gukora ibizamini, bibashoboza kuba abanyamwuga no kwirinda ibihombo mu bigo bakorera.