Abagore barenga 270 bo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka ariko bakabererekera gasutamo ngo batakwa imisoro, biyemeje kwisubiraho, bakibumbira muri koperative kuko aribwo bazabasha gutera imbere.
Gahunda y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’ibanze hamwe n’abokorera ku giti cyabo yatangijwe mu karere ka Rulindo ngo bizafasha mu gukemura ibibazo bimwe na bimwe byajyaga biboneka hagati yabo ndetse ikazafasha abikorera gutera imbere ku buryo bwihuse utaretse n’akarere.
Muri gahunda akarere ka Huye gafite yo guhuriza hamwe ibikorwa by’abanyabukorikori n’inganda, abanyabukorikori bakorera ahitwa mu Rwabayanga mu mujyi wa Huye bagiye kwimurirwa i Sovu mu murenge wa Huye.
Abahinzi b’imboga bo mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu bashinze Koperative COPAGI ifite umushinga wo gukora umutobe mu mboga za karoti na beterave. Uwo mutobe ngo ushobora kumara igihe kandi ugacuruzwa ku mafaranga menshi aruta ayo bahabwa zikiva mu murima.
Abashoramari b’Abanyarwanda n’abo mu gihugu cy’Afurika y’epfo bashyizeho urwego rubahuza (Rwanda-South Africa Business Council), mu rwego rwo korohereza buri wese guteza imbere ubucuruzi bwe, no gukora ubukangurambaga kuri bagenzi babo baba mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo.
Abacuruzi bane bo mu isantere ya Nyakarambi mu karere ka Kirehe ngo barenda gufunga imiryango nyuma y’uko bambuwe amafaranga arenga miliyoni 12 na Karerangabo Mathias bahaye ideni ry’ibikoresho by’ubwubatsi ubwo yubakaga ibiraro by’imihanda itandukanya mu karere ka Kirehe.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Albert Nsengiyumva, arakangurira abanyamabanki bakorera mu karere ka Musanze, gufungura amashami mu gasantere ka Byangabo, kugira ngo borohereze abazacururiza mu isoko rijyanye n’igihe riri kubakwa mu Byangabo.
Abacururiza mu nyubako nshya z’isoko rya kijyambere rya Buhinga riri mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bishimira izi nyubako kuko zatumye bagera ku nyungu batashoboraga kugeraho mbere y’uko ryubakwa kuko bacururizaga mu mbaho.
Mugenzi Yonas utuye mu murenge wa Karama mu karere ka Nyagatare yashinze uru ruganda rukora inzoga IPROVIBAMA ahereye ku mafaranga miliyoni imwe none nyuma y’imyaka ine ageze kuri zirindwi.
Abaturage b’umurenge wa Musange by’umwihariko urubyiruko barasabwa kuzabyaza umusaruro uruganda ruzatunganya umutobe w’inanasi n’ibitoki ruzubakwa n’urubyiruko muri uyu murenge wa Musange mu kagari ka Masizi.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi bemeza ko urwego rw’amabanki rumaze gutera imbere ndetse abaturage benshi basigaye bashobora gukorana nayo bitandukanye na mbere aho wasangaga amabanki aganwa n’abakire gusa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosinibamwe Aimé, arasaba uruganda rwa Pembe rutunganya ingano mu karere ka Gicumbi kujya rugurira ingano abahinzi bo muri ako karere kuko batabona aho bagurisha umusaruro wabo.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashishikariza abahinzi b’ingano mu karere ka Burera, ndetse no mu Rwanda muri rusange, guhinga ingano nyinshi kandi nziza kugira ngo amafaranga yaguraga ingano hanze y’u Rwanda, ajye aguma muri abo bahinzi.
Abacuruzi bo mu Mirenge ya Kabarore na Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bavuga ko kutamenya Icyongereza n’Igiswahili zikunze gukoreshwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ari imbogamizi zibakomereye cyane.
Ababyeyi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko batorohewe no gusubiza abana mu mashuri kubera uburenge bwagaragaye muri iyi ntara, cyane cyane mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare bigatuma amasoko y’amatungo ahagarara.
Nyuma y’uko umugabo we yinjiye undi mugore akamusigira abana bane babyaranye, Ayinkamiye Clementine utuye mu kagari ka Ruhingo, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro avuga ko yanze gusabiriza no kwandagara ahubwo yiyemeza guhinga no gucuruza isambaza kugira ngo abone ikimutunga.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aravuga ko kuba mu Rwanda serivisi zidatangwa neza uko byakagombye biterwa n’uko mu muco nyarwanda abantu badatozwa uwo muco kuva cyera.
Abakorera mu isoko riremera mu Kagari ka Mugera, Umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko gukorera mu isoko ritubakiye bibabangamiye bagasaba inzego zibishinzwe kububakira isoko rijyanye n’igihe.
Abagenzi bakunze gutega imodoka za KBS bakorera mu majyaruguru bavuga ko batishimiye uburyo iyi sosiyete ibaha service muri ino minsi kuko ngo baba baraguze amakarita abahesha uburenganzira bwo kugenda mu modoka za KBS nyamara zikabasiga ku muhanda.
Abadozi badodera iruhande rw’abacuruzi b’ubuconsho ndetse n’iruhande rw’abacuruza imyenda mu isoko ryo ku Karambi ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, ngo babangamira aba bacuruzi kandi aribo barishye ibibanza ndetse ngo banabateza abajura.
Abaturage barema isoko ryo ku Karambi mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Huye bavuga ko bataryohewe n’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani kubera ahanini ubukene batewe no kuba ibiciro by’ikawa byaraguye.
Abahagarariye abacukuzi b’amabuye mu Ntara y’Uburengerazuba baratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye mu Rwanda bufite intego yo kuzinjiza miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2017.
Abacururiza mu mujyi wa Nyagatare batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli wababareye mubi ugereranije n’indi yabayeho mbere dore ko nta bakiriya ahanini bitewe no kubura inyama kubera akato.
Ishuri ryigisha ubukerarugendo n’amahoteli (Rwanda Tourism College) ryijeje abanyeshuri baryigamo ko batazigera babura imirimo bakora, bitewe n’icyuho kinini gihari mu gihugu, cyo kubura impuguke mu bijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo.
Umuyobozi w’a karere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, arahamagarira ba rwiyemeza miririmo batsindiye kwishyuza imisoro muri ako karere gukora iyo bwabaga kugira ngo hagaragare umusaruro ushimishije.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikangurira Abanyarwanda kurushaho kunoza imitangire ya service mu kazi kabo, imodoka za express zikorera mu karere ka Ngoma ziranegwa ko umuco wo gutanga service zitanoze umaze kuzibamo karande.
Uruganda inyange rwashyize ku isoko umutobe witwa Cocktail juice, ukozwe mu mvange y’amatunda, amaronji n’inanasi, ndetse n’imashini zishyirwamo amafaranga guhera ku giceri cy’100, zigatanga amata, zikazajya zitemberezwa mu baturage hirya no hino mu gihugu.
Mu karere ka Huye haravuga ubutekamutwe bw’abantu basigaye bacuruza amazi mu tujerekani twagenewe amavuta, kuko nta muntu ushobora gufungura ngo arebe ikiri imbere, ubutekamutwe bwibasira abacuruzi n’abaguzi.
Abatorewe gusimbura abatakiri mu nshingano mu rugaga rw’abikorera bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko intego zabo ari ugukora ubuvugizi no guha agaciro ibitekerezo bya buri munyamuryango hagamijwe iterambere ry’urugaga.
Abamurikaga ibikorwa byabo mu imurikagurisha ryaberaga i Rusizi bishimiye uko ryateguwe banasaba ko ubutaha ryajya riba incuro ebyiri mu mwaka kandi mu bihe bitari iby’imvura.