Mu ruzinduko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Uturere (JADF), yagiriye mu karere ka Kamonyi, yasabye abagize JADF ya Kamonyi, gutanga inkunga ziganisha ku iterambere ry’ubukungu kuko arizo zifasha umugenerwabikorwa kuva aho ari, agatera imbere.
Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umuryango Cooperate Out of Poverty (Coop- Rwanda) babereka uburyo bakorora inka neza zikabafasha kwikura mu bukene, amakoperative icyenda aturuka mu mirenge itatu y’akarere ka Nyabihu yahawe inka 45.
Abaturage icyenda bari batuye muri zone zishobora kuberamo Ibiza babwiwe ko mu mezi atatu bazaba batashye inzu nshya mu mudugudu ahatateza Ibiza mu murenge wa Kazo.
Abakozi n’abayobozi b’akarere ka Muhanga bamaze kwemerera umukozi w’aka karere ko bazamufasha bakamushakira inzu yo kubamo ku bwo kuko nta bushobozi afite bwo kwiyibonera.
Genevieve Mukanama w’imyaka 50, utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke akora ubworozi b’umwuga bumufasha gutunga abana barindwi akabarihirira amashuri harimo na kaminuza.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Imena Evode, yasabye abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu ntara y’amajyaruguru ko bajya batanga raporo y’ibyo bakoze mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Mbabazi Rosemary, yibukije urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe ko arirwo mbaraga z’igihugu rukaba rugomba gukora ibikorwa by’iterambere birufitiye akamaro birinda amacakubiri ashobora kuvuka hagati yabo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (iCPAR) gifatanije n’ikigo gishinzwe guteza imbere imari n’imigabane (Capital Market Authority ) n’ Isoko ry’imari n’imigabane (Rwanda Stock Exchange) basuye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu wa Kamabuye mu karere ka bugesera.
Hashize iminsi Leta y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwakira neza ababagana, nka bumwe mu buryo bwo kubafasha kugera ku iterambere. Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu mujyi wa Butare batugaragarije ko bumva neza icyo bagomba gukora.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) ku bufatanye n’umuryango w’Abanyamerika Global Financial Integrity (GFI) igaragaza ko mu myaka 30 umugabane w’Afurika wabuze amafaranga arenga miliyari 1000 z’amayero.
Uko umujyi wa Karongi utera imbere ni n’ako abagore n’abakobwa baho bagenda bajijuka bagatinyuka gukora imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo gusa harimo kwihangira imirimo n’ubucuruzi butandukanye.
Umuyobozi ushinzwe igenamigambi mu mushinga wo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu cyaro (EARP), Ngizwenayo Dieudonné yizeza ko buri karere ko mu Ntara y’Amajyaruguru kazaba gafite umuriro w’amashanyarazi ku gipimo kiri hejuru ya 10% mu mpera za 2013.
Mu baturage 2500 bakoranye n’umushinga Ibyiringiro wakoraga ibikorwa bitandukanye by’iterambere mu karere ka Bugesera, 60% babashije kuva mu bukene, bisunga ibimina bivuguruye bagura amasambu, amatungo, bibonera amacumbi, abandi barihira abana babo amashuri.
Imibare itangwa n’akarere ka Gakenke igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2012-2013 inka 1041 zorojwe abaturage batishoboye muri gahunda ya Girinka.
Bamwe mu bashigajwinyuma n’amateka bo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, batangaza ko bataretse gukora umwuga w’ububumbyi, ahubwo bahinduye uburyo babikoragamo.
Njyanama y’akarere ka Ngoma yemeje umushinga ukubiyemo ibikorwa by’iterambere ry’aka karere (DDP) bizakorwa mu gihe cy’imyaka itanu bikazatwara amafaranga miliyari 76, miliyoni 731 n’ibihumbi 440. Ibikorwa remezo kiziharira 60% by’iyi ngengo y’imari.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye tariki 25/05/2013, abaturage bafatanyije n’abagize amakoperative yo gutwara abantu ku magare n’amapikipiki hamwe n’ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Nyanza bikemuriye ikibazo cy’umuhanda n’iteme ryari ryarasenyutse.
Ishuri rya Integrated polytechnic Regional Center (IPRC) East, ryashyikirije inzu ya kijyambere ifite ibyangombwa byose nkenerwa, umupfakazi utishoboye wacitse ku icumu rya Jenoside utuye mu karere ka Ngoma witwa Urunyuzuwera Francoise.
Umuryango Rwanda Development Solution “RDS” uravuga ko ugiye ku kuzamura abaturage batishoboye bo mu karere ka Ruhango ubageze mu rwego rw’ubukire.
Komisiyo y’igihugu y’abana yahaye umuryango wa Calixte Gasasira na Mujawamariya Cecile isambu ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 950. Uyu muryango mu murenge wa Rwimiyaga ho mu karere ka Nyagatare.
Abaturage bakoze imirimo y’amaboko muri gahunda ya VUP mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro bongeye kugaragaza akanyamuneza mu maso nyuma y’uko babwiwe ko bagiye gutangira guhembwa amafaranga bakoreye guhera mu kwezi kwa kabiri mu mwaka wa 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi,Nzeyimama Oscar, arasaba abashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga yamurikiwe Perezida Kagame ubwo yasuraga ako karere gukora ibyo bamwemereye bitarenze amezi abiri.
Itsinda ry’impuguke zo muri Kaminuza ya Massachusetts ryitwa J-PAL zakoze inyigo yiswe “From Evidence to Policy” mu bihugu 21 by’Afurika, zivuga ko u Rwanda rugena gahunda zo kugabanya ubukene, zibanje gusuzumwa neza ko ari ngombwa (evidence based policies).
Mu gihe hategurwa umuganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu uzaba tariki 25/05/2013, raporo y’umuganda usoza ukwezi kwa kane wakozwe tariki 27/04/2013 igaragaza ko imirimo yakozwe ndetse n’ubwitabire bw’abaturage byagize agaciro k’amafaranga miliyoni 12 ibihumbi 416 n’amafaranga 900.
Umwiherero w’iminsi ibiri w’abayobozi kuva ku rwego rw’umurenge kugeza ku rwego rw’intara mu Majyaruguru warangiye tariki 21/05/2013 wasize bafashe imyanzuro igera kuri irindwi izatuma ubukungu buzamuka ku kigero cya 11.5%.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof. Silas Lwakabamba, ari kumwe n’izindi ntumwa zo muri minisiteri ayobora basuye imishinga migari igiye kubakwa mu karere ka Rusizi harimo n’uruganda rwa Nyiramugengeri ruzabyazwa amashanarazi angina na MW15 azakoreshwa mu ruganda rwa SIMERWA rukora sima.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buri mu biganiro n’abashoramari n’abandi bafatanyabikorwa bahakorera kugira ngo barebe uburyo bazanzamura ingengo y’imari y’akarere ya 2013/2014, yagabanyutseho amafaranga agera kuri miliyoni 500.
Abagore bo mu mudugudu wa Kigarama, akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika, mu karere ka Kamonyi, bibumbiye muri Koperative idoda ikanakora ibitenge bavuga ko nyuma yo kwiga umwuga no kwibumbira muri koperative, ingo za bo zimaze gutera imbere.
Mu imyaka itanu, umuryango mpuzamahanga nterankunga ActionAid uzakoresha miliyoni icyenda z’amapawundi yo gutera inkunga imishinga y’ubuhinzi, ubworozi n’ibindi abatuye imirenge 11 iri mu turere dutanu bakwifuza.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’Ikigo nderabuzima cya Bugaragara bibumbiye muri Koperative KOTABU bateye inkunga ikigega Agaciro Development Fund ingana n’amafaranga 510.000.