Abahinzi b’icyayi bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bahangayikishijwe n’imvune zitanjyanye n’umusaruro w’amafaranga babona kuko kugeza ubu ngo basanga bakorera mu gihombo, bagasaba ubuyobozi kuzamura igiciro cy’amafaranga bagurirwaho icyayi ku ruganda rwa Gatare bakigemuraho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ikangurira abahinzi nyarwanda kugira umuco wo kuhira, aho kwiringira ko imyaka yezwa iteka n’imvura, cyane ko n’ibihe byahindutse.
Ba Veterineri bigenga iyo bagiye kuvura amatungo y’aborozi ngo baca amafaranga bishakiye kandi hari iteka rigena ibiciro by’ubuvuzi bw’amatungo, bakaba bahagurukiwe kugira ngo ryubahizwe harengerwa inyungu z’umworozi.
Banki ya Kigali (BK) yasinyanye amasezerano n’Ikigo nyafurika cyita ku buhinzi n’ubworozi (AGRA), azatuma abahinzi bahabwa inguzanyo n’iyo Banki badasabwe ingwate.
Ibijumba ni igihingwa gikomoka muri Amerika y’Amajyepfo. Byageze i Burayi bijyanywe n’Abanya-Portugal ndetse n’Abanya-Espagne, nyuma bigera muri Aziya no muri Afurika bizanywe n’Abanyaburayi.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko gahunda ya Ejo Heza izatuma batagurisha imitungo yabo igihe bahuye n’ibyago.
Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi kuri politiki zo kongera ibiribwa (IFPRI), kirasaba ibihugu birimo u Rwanda guteza imbere imibereho y’abatuye icyaro kugira ngo rwirinde inzara.
Ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi mu kiyaga cya Kivu rikorera mu karere ka Nyamasheke riravuga ko hamwe no guhindura imikorere ngo rigiye gushaka uko ryabyaza umusaruro iki kiyanga mu nyungu z’abanyamuryango n’Abanyarwanda muri rusange, nyuma y’aho ryari ryarazahajwe na barushimusi ubu bakaba bagiye guhagurukirwa (…)
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, kuri uyu wa 23 Mata 2019 yatangije ku mugaragaro gahunda y’igihugu y’ubwishingizi mu buhinzi n’ubworozi.
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere igihingwa cya kawa mu Karere ka Nyamasheke, abahinzi 20 b’intangarugero batoranyijwe bashyikirijwe ishimwe ry’uko bafashe neza kawa bigatuma iza mu za mbere mu buryohe mu gihugu.
Abaveterineri b’imirenge 14 bahawe ibikoresho byifashishwa mu gutera intanga no kuzibika biyemeza kwegera aborozi no kubafasha kuvugurura amatungo.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, u Rwanda rwafashe gahunda yo gutera imigano hirya no hino aho ishobora gukura, cyane cyane ku nkengero z’imigezi.
Bamwe mu bahinzi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Bugesera baravuga ko umushinga wa International Alert usize basobanukiwe byinshi mu bijyanye no kunoza ubuhinzi, barwanya inzara, bongera umusaruro kandi bihaza mu biribwa.
N’ubwo abahinzi bashishikarizwa kwifashisha inyongeramusaruro igihe bahinga, kugeza ubu hari abazikoresha nabi, bigatuma batagera ku musaruro mwiza.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri amwe mu makoperative awuhinga bavuga ko ubuhinzi bwawo bubavuna cyane, ndetse bakagwa mu gihombo bitewe n’uko umusaruro wabo ugurwa ku giciro kitajyanye n’ibyo baba bashoye.
Mu gihe bamwe mu bahinzi bagaragaza ko uko iterambere rigenda ryihuta ari nako hakenerwa ubundi bumenyi bushya haba mu gufata neza umusaruro w’ubuhinzi no gukoresha ikoranabuhanga, bamwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA) basanga hagakwiye kuzamura ingengo y’imari ku (…)
Nubwo hari byinshi bikorwa mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi nka kimwe mu byagirira akamaro abaturage n’igihugu muri rusange, abahinzi bakomeje kugaragaza ko hari imbogamizi bahura na zo mu mikorere yabo zigatuma iterambere bifuza ritagerwaho.
Amasaka ni igihingwa kimaze imyaka irenga 1000, ariko ibyiza byacyo ku buzima bw’umuntu ni byinshi ku buryo ari byiza ko abantu bazajya bayashyira ku mafunguro yabo ya buri munsi.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite bongeye kugaragaza ko batanyuzwe n’ibikubiye muri raporo ya minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ku buryo ubuhinzi bw’u Rwanda butera imbere, hagamijwe kwihaza mu biribwa bituma bashyiraho akanama kihariye ko gucukumbura ibibazo biri mu buhinzi n’ubworozi.
Abaturiye igishanga cya Rutabo mu Mirenge ya Cyahinda na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko cyatunganyijwe bakanagihabwamo imirima, icyakora ngo kubona imbuto ntibiboroheye.
Abahinzi b’icyayi b’i Gatare na Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, bibumbiye muri koperative COTHEGAB, barifuza gukorerwa ubuvugizi ku bw’umwenda ubaremereye babereyemo banki itsura amajyambere, BRD.
Ishami rishinzwe gufata neza umusaruro muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) rikangurira abahinzi guhunika imyaka beza mu mifuka igezweho idasaba gushyiramo imiti kandi umusaruro ntiwangirike.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko abafashamyumvire mu bworozi bitezweho kuzamura umukamo no gushishikariza aborozi korora kijyambere.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu y’ubuhinzi bw’umuceri mu kibaya cy’umugezi w’umuvumba bavuga ko isiba ry’ikiyaga gihangano cya Cyabayaga rishobora gutubya umusaruro.
Abashakashatsi ku by’imbuto bemeza ko iyo abaturage bazihererekanya hagati yabo bigera aho izo bahinga ziba zitazwi, zikabura ubudahangarwa bityo zikarwaragurika ntizitange umusaruro mwiza.
I Rusizi hari urubyiruko ruvuga ko rumaze guhindura imyumvire rwari rufite ku gihingwa cy’icyayi, ubu rukaba rwiyemeje kugishoramo imbaraga zarwo zose mu kugihinga aho gukomeza kugiharira ababyeyi nk’uko byahoze mbere.
Musabyimana Jean Claude, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, yafunguye inama idasanzwe yiga kuri gahunda yo kwinjiza muri Politike y’ubuhinzi, gahunda yo kurwanya igwingira n’indwara zituruka ku mirire mibi.
Nyuma y’aho abaturage bahinga umuceri mu gishanga cya Kamiranzovu mu karere ka Nyamasheke bagaragarije ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) ko muri iki gishanga hari igice cyacyo kitacyera neza nka mbere aho bakeka ko byaba biterwa na nyiramugengeri ishobora kuba iri hasi, RAB yamaze kubemerera ko igiye kohereza inzobere (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, avuga ko mu mwaka wa 2024 ubutaka buhingwaho bwuhirwa buzaba bwikubye inshuro zirenga ebyiri.
Ku munsi wa kabiri w’uruzindiko rwe mu Ntara y’Iburengerazuba, Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard, yageze mu Karere ka Nyamasheke. Bamwe mu bo yasuye muri ako karere ni abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Dufatanye Kagano ibyaza umusaruro igishanga cya Kamiranzovu.