Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwahisemo kubakira ku bumwe n’ubwiyunge, nk’igishoro cy’ibanze ku kubasha kubaka u Rwanda rubereye Abanyarwanda.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yafunguye ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya 5 y’Ihuriro ry’Abajyanama ba za Guverinoma muri Siyansi (INGSA) ibera i Kigali kuva ku itariki ya 1-2 Gicurasi 2024.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo, ku wa Gatatu tariki 01 Gicurasi 2024, hatangijwe ku mugaragaro umushinga wo gufasha urubyiruko kugira ubumenyi bw’ikoranabuhanga buzabafasha kwihangira imirimo.
Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wizihijwe tariki 01 Gicurasi 2024, Guverinoma y’u Rwanda yishimira ko intego yo guhangira imirimo abaturage cyane cyane urubyiruko n’abagore, yagezweho ku gipimo kirenga 90%, ariko ikaba ihura n’imbogamizi zo kuba nta koranabuhanga riragera kuri benshi.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yavuze ku Munyafurika wihitiyemo kuza mu Rwanda avuye mu Bwongereza, agaragaza ko kuba uwo munyamahanga yifatiye icyo cyemezo, bihinyuza abanenga u Rwanda.
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI iratangaza ko mu kwezi kwa Nyakanya 2024 izasohora amabwiriza mashya agenga ubuvuzi bw’amatungo, mu rwego rwo kurwanya akajagari muri ubwo buvuzi, no kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze mu mucyo.
Alice Nyirabageni, umwe mu bari muri komite ya Ibuka mu Murenge wa Ngoma wakurikiraniye hafi imirimo yo gushakisha imibiri mu Mudugudu wa Ngoma ya 5, Akagari ka Ngoma, ahazwi nko kwa Hishamunda, avuga ko urebye iriya mibiri yagiye yubakirwaho nkana.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko hari imyumvire idafite ishingiro ikiri mu Banyarwanda bamwe na bamwe, ivuga ko hari ibyo umukobwa adakwiye kwiga birimo imibare cyangwa siyansi kuko ngo bishobora gutuma atabona umugabo.
Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo w’Igihugu (PAC) basabye ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu gukemeura ibibazo birimo gusubiramo amasezerano n’inyigo by’umushinga wa Nyabarongo ya II izatanga megawati 43 z’amashanyarazi.
Abarokotse Jenoside babashije kumenya imibiri y’ababo yabonetse mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko n’ubwo bababajwe no kuba barashinyaguriwe bakubakirwa hejuru abandi bagahingirwa hejuru, kuba barabashije kubashyingura tariki 30 Mata 2024 byatumye baruhuka ku mutima.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gataba Umurenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke, baraye kwa muganga nyuma yo kuribwa mu nda ubwo bari bamaze kunywa umusururu mu birori mugenzi wabo yari yabatumiyemo.
Umuntu wa mbere wimwe ubuhungiro mu Gihugu cy’u Bwongereza yoherejwe mu Rwanda ku bushake, mu gihe hari benshi bagiye barwanya koherezwa mu Rwanda hagendewe ku musezerano u Rwanda rwagiranye n’Igihugu cy’u Bwongereza.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashyizeho ndetse azamura mu ntera, abayobozi bashinzwe serivisi z’Ubuzima mu Gisirikare cy’u Rwanda.
Umuryango Unity Club Intwararumuri, uri gusoza icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’inzego z’amahuriro(clubs) y’ubumwe n’ubudaheranwa mu mashuri Makuru na Kaminuza, mu rwego rwo kwimakaza ubunyarwanda mu rubyiruko.
Abacuruza amatungo ahita ajyanwa mu mabagiro ari mu bice bitandukanye by’Igihugu, barishimira ko uruhu rugiye kongera kugira agaciro, kuko bakoraga mu buryo bw’akajagari bwatumaga nta giciro gihamye cyarwo.
Urwobo rwa Bayanga mu karere ka Bugesera rufite amateka yihariye ndetse ubu ni ahantu nyaburanga Inteko y’Umuco ibungabungira amateka yaho kugira ngo atazasibangana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko kubera ikibazo cy’amikoro agishakishwa, nta gisubizo kihuse bwatanga ku kibazo cy’umugezi wa Nyabarongo wuzura ugafunga umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira.
Mu ijambo yagejeje kubitabiriye inama y’Ikigega Mpuzamahanga cya Banki y’Isi Gitsura Amajyambere Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard wari uhagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye ubufatanye bukomeye buri hagati ya Banki y’Isi n’u Rwanda.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira itariki ya 30 Mata 2024, yibasiye umurenge wa Rugarama wo mu Karere ka Burera, aho hamaze kubarurwa inzu zirenga 20 zamase gusenywa n’ibyo biza, umwana na nyina barahakomerekera aho ubu bari kwitabwaho n’abaganga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abafite hoteli n’inzu zakira abantu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, gushyiraho ingamba zikumira impanuka zibera mu mazi harimo gushyiraho, abafasha abantu koga mu kiyaga, kwambara umwenda ukumira impanuka mu mazi hamwe no gushyiraho amato akomeye, ashaje bakayareka.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyasabwe ibisobanuro ku bibazo bibangamiye abaturage bikigaragara mu kimoteri cya Nduba, birimo kunanirwa kuyobora uko bikwiye amazi muri icyo kimoteri, akajya mu nzu z’abaturage, gusa ibisubizo byatanzwe n’icyo kigo ntibyanyuze Abadepite.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko iteganyagihe ry’igice cya mbere cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024, kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 10, hateganyijwe ko imvura izakomeza kugwa.
Dr. Philbert Gakwenzire, Perezida w’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside (IBUKA), avuga ko kwandika ibitabo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umusemburo wo kugira ngo bakomeze bandike, kugira ngo uwo murage ukomeze ubeho.
Kabatwa ni umwe mu Mirenge 12 igize Akarere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba, agace gakungahaye ku butaka bwera, kagafatwa nk’ikigega cy’igihugu mu buhinzi bw’ibireti n’ibirayi.
Ubutabera ni kimwe mu byiciro bigize inkingi y’Imiyoborere. Ni muri urwo rwego, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakoze ubushakashatsi kuri iki cyiciro hagamijwe kumenya uko abaturage babona imitangire ya serivisi.
Imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki 28 Mata 2024 rishyira ku Cyumweru, yangije umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara z’Amajyepfo. Uyu muhanda wacikiye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rugalika ahazwi nko mu Nkoto.
Ahagana mu mpera za Mata 2018, umupadiri wo muri Diyosezi ya Gikongoro yahagaritswe by’agateganyo imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi bukabije ndetse n’ubusambanyi, ariko n’ubwo na n’ubu atabusubijwemo kuko ngo atabashije kwihana, yahawe kuba umuyobozi ushinzwe amasomo muri GS Musenyi kandi ngo inshingano ze azikora neza.
Nyakwigendera Niyigaba Vincent wamenyekanye mu ndirimbo bakunze kwita iza ‘buracyeye’ cyane cyane Izuba rirarenze, Nyaruka nyarukirayo, Nkubwire iki na Yanze gutaha mbigire nte? Ni umwe mu bahanzi bo hambere bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yashimiye abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ubufatanye mu kuzamura imibereho myiza y’umunyarwanda ndetse anabibutsa ko inyungu itagira ubwoko, ubucuruzi ntibugire idini kandi n’igishoro kikaba kitagira ubwoko cyangwa idini.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu, bwasabye abaturage kubika amazi mu kwirinda ko bayabura mu gihe imvura iguye ari nyinshi ikangiza ibikorwa remezo biyabagezaho.