Icyaha cyo gusambanya umwana kigenzwa kimwe n’ibindi byaha, ariko cyo kikagira umwihariko kubera imiterere yacyo.
Akenshi iyo umuntu akekwaho icyaha runaka atabwa muri yombi hagakorwa dosiye ye, igashyikirizwa Ubushinjacyaha akaburana afunze, ariko ngo si ko bikwiye kugenda.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Rushinzwe Iterambere (AUDA-NEPAD), Nardos Bekele-Thomas bagirana ibiganiro.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Amadolari 30,100 uwari wibwe Amadolari 32,500, atabonetse 2400 akaba yari yamaze gukoreshwa n’uwayibye, yayaguzemo telefoni yo mu bwoko bwa I phone n’ibindi.
Rev. Dr Charles Mugisha washinze Kaminuza ya Africa College of Theology (ACT), avuga ko bidahagije kandi nta kamaro byaba bifite kugira umuhamagaro ariko nta guhugurwa.
Mu kiganiro cyihariye Kigali Today yagiranye n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B Thierry, yasobanuye uko umuntu akwiye kwitwara imbere y’ubugenzacyaha.
Ku wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023, Urukiko rukuru muri Afurika y’Epfo rwahagaritse ibijyanye no kuburanisha urubanza ruregwamo Perezida w’iki gihugu, Cyril Ramaphosa.
Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), watangaje ko ugiye kwiga uburyo hashyirwaho Banki Nkuru yawo.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, nibwo umuhanzi Ngabo Medard Jobert wamenyekanye nka Meddy, yasohoye indirimbo yise ‘Grateful’.
Cardinal George Pell wahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina ku bana b’abahungu, yapfuye afite imyaka 81.
Ni ubutumwa Perezida Kagame yatambukije abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, aho yifurije gukira vuba abana bose bari muri bisi yakoze impanuka, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2022, ikaba yarimo abana bo ku ishuri rya ‘Path to Success’.
Abantu benshi ku Isi bishimira umunsi mukuru wa Noheli, nyamara bamwe ntibasobanukiwe aho uwo munsi mukuru wizihizwa nyirizina na Kiliziya Gatolika waturutse. Icyakora Padiri Ndagijimana Theogene arawusobanura byimbitse.
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba bagaragarije ko babangamiwe n’uko umushinga WaterAid wabegereje amavomero, ariko bakabona amazi kabiri mu cyumweru gusa, uyu mushinga watangaje ko ugiye gukemura iki kibazo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), nyuma y’ibibazo bitandukanye byibazwaga n’abanyeshuri ndetse n’ababyeyi, cyabisubije.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida Kagame yahawe igihembo cya 2022 cy’umuyobozi wa Afurika wabaye intangarugero mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19. Iki gihembo Umukuru w’Igihugu yagiherewe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inama ihuza Umugabane wa Afurika na Amerika izwi nka ’U.S-Africa Leaders Summit’.
Ku Cyumweru tariki 11 Ukuboza 2022, mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata, habere amasengesho yahuje abakozi bose bo mu karere, amadini n’amatorero, mu rwego rwo gushyira hamwe mu gushyashyanira umuturage.
Abahanzi Ben & Chance bateguye igitaramo bise ‘Yesu arakora’, bagendeye ku bitangaza Imana yabakoreye kugira ngo bahumurize imitima y’abihebye.
Iburanisha mu rubanza rwa Félicien Kabuga ukekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rirakomeje, umutangabuhamya wumviswe kuri uwo munsi, ni uwahoze mu Nterahamwe zabaga mu rugo kwa Kabuga, akaba yamushinje kuziha amabwiriza yo kwica Abatutsi.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka kuri Afurika ariko ko ibyo bidakwiye kuyica intege. Yabitangaje tariki 8 Ukuboza 2022, aho yitabiriye ihuriro ryitwa ’Kusi Ideas Festival’.
Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar aho yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bihabwa indashyikirwa mu kurwanya ruswa, bizwi nka ‘Anti-Corruption Excellence Award’. Ni ibihembwo bigiye gutangwa ku nshuro ya karindwi, bikaba byaritiriwe Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani.
Ikigo k’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA), kiratangaza ko Umuntu wese afite uburenganzira bwo kuba ahantu hatunganye kandi hadafite ingaruka mbi ku buzima. Ibi babitangaje nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe mu gihe cy’icyumweru kuva tariki 21 kugera tariki 27/11/22. Muri icyo cyumweru hakozwe igenzura mu rwego rwo (…)
Inteko Rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gusaba Guverinoma gukora igenamigambi ryo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibishushanyo mbonera by’imijyi n’iby’Uturere byamaze gutegurwa no kurangiza itegurwa ry’ibisigaye.
Kuri uyu wa Kane tariki 1 Ukuboza 2022, u Rwanda rwatangaje ko rwakiriye inkunga ya miliyoni makumyabiri z’Amayero (miliyari zisaga 20 z’Amafaranga y’u Rwanda) yatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa gatatu, tariki 30 Ugushyingo 2022, nyuma yo kwakira indahiro z’abayobozi bashya muri Minisiteri y’Ubuzima, aribo Dr Sabin Nsanzimana Minisitiri w’Ubuzima na Dr Yvan Butera , Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima.
Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri MINUSCA mu mujyi wa Bangui bambitswe imidari y’ishimwe y’Umuryango w’Abibumbye. Ni umuhango wabaye ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo 2022.
Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rukomeje kuburanisha urubanza rwa Félicien Kabuga mu mizi humvwa abatangabuhamya bamushinja kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ni umuhanda wari wafunzwe kubera imvura nyinshi yaguye ku wa kabiri no ku wa gatatu ikuzuza Nyabarongo, bituma amazi yuzura mu muhanda ndetse asandara no mu myaka y’abaturage yegereye Nyabarongo.
Imwe muri Studio zitunganya umuziki mu Rwanda yasohoye itangazo rivuga ko umwe mu basore bayikoragamo wamenyekanye ku izina rya Kinyoni yitabye Imana.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022, yemeje amasaha y’amasomo mu mashuri n’amasaha y’akazi ku bakozi bo mu Rwanda, hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.
Eng. Jean Claude Musabyimana agizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, asimbura Gatabazi Jean Marie Vianney.