Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse, arasaba abatarikingiza Covid-19 kwirinda kujya ahahurira abantu benshi, kuko ari ukwishyira mu kaga.
Urwego Mpuzamahanga rwasigaranye inshingano z’icyahoze ari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, rwatangaje ko Maj. Protais Mpiranya washakishwaga kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye muri 2006.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko umukobwa witwa FURAHA Drava Florence w’imyaka 25 y’amavuko wendaga kuba umubikira wari wabuze mu minsi ishize yabonetse, akaba yishyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi (...)
Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge avuga ko mu bibazo by’ingutu abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite muri uyu Murenge ari ibibazo by’abantu bafite ubumuga batewe na Jenoside no kutagira amacumbi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), cyongeye kugaragaza urutonde rw’abacuruzi batatanze inyemezabuguzi za EBM cyangwa bagatanga izitubya umusoro, bakaba barabihaniwe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi noteri witwa Uwitonze Nasira.
Abimukira hafi 44 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye mu mazi ku nkengero z’amazi muri Sahara y’Iburengerazuba.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Miss Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2017. Arakekwaho gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza.
Urukiko rukuru rwa Guinea rwatangaje ko Alpha Condé wahoze ari Perezida w’icyo gihugu, n’abandi bari abayobozi 30 bahoze muri Leta ye, bagiye gukurikiranwa ku byaha bakekwaho.
Ubwo hibukwaga abari abakozi n’abayobozi b’icyahoze ari Minisiteri y’Urubyiruko (MIJEUMA), abakinnyi ndetse n’abahanzi bishwe muri Jenoside, abahanzi bitabiriye icyo gikorwa basabwe guhanga ibihangano byubaka u Rwanda, ndetse urubyiruko muri rusange rwibutswa ko ari rwo ruhanzwe (...)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 5 Gicurasi 2022, nibwo hasohotse itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahagaritse ku mirimo uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki.
Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, yitabiriye inama y’ubukungu yahuje ibihugu byibumbiye mu muryango w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (ECCAS), iyi nama ikaba yarabereye mu murwa mukuru Kinshasa, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya (...)
Imfungwa yo muri Amerika yitwa Casey White yatorotse gereza hamwe n’umucungagereza ucyekwaho kuyifasha biravugwa ko bari bafitanye umubano wihariye. Polisi yo muri Leta ya Alabama yavuze ko ibyo byemejwe n’izindi mfungwa zari zifunganywe na Casey White, ucyekwaho (...)
Ku wa Mbere tariki 2 Gicurasi 2022, intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko yo muri Zambia, zatangiye urugendoshuri rw’iminsi irindwi mu Rwanda, aho ziteganya kwigira byinshi ku bijyanye n’iterambere u Rwanda rugezeho mu burezi, ahanini bwifashisha ikoranabuhanga.
Kuva tariki 9 Gicurasi 2022, biteganyijwe ko uwari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro, Laurent Bucyibaruta, agomba kuburanishwa n’Urukiko rw’ibanze rwa Paris mu Bufaransa (Cour d’assises de Paris), ku ruhare rwe muri Jenocide yakorewe Abatutsi 1994.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022, abinyujije kuri Twitter, Umukuru w’Igihugu yifurije Abayisilamu umunsi mwiza wa Eid Al-Fitr.
Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Australia, bibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana abasaga Miliyoni.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Gicurasi 2022, yemeje ko ku wa Mbere tariki ya 2 no ku wa Kabiri tariki ya 3 Gicurasi 2022 ari iminsi y’ikiruhuko.
Ubwo Kigali Today yaganiraga n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, uhagarariye abafite ubumuga, Hon. Mussolini Eugène, yavuze ko muri Jenoside abarwayi bo mu mutwe nabo bishwe nk’abandi, kuko gahunda kwari ukurimbura Umututsi, gusa ngo nta bushakashatsi burakorwa kugira ngo hamenyekane abafite ubumuga bishwe icyo (...)
Mu nama yahuje Guverinoma n’inzego z’abanyamakuru n’abayobozi b’ibitangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko bifuza kuvugurura Politiki y’itangazamakuru, ndetse agasaba abayobozi kubigiramo (...)
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin, avuga ko hazakurikizwa amategeko mu kuburanisha Micomyiza Jean Paul, aho ibyemezo byafashwe n’inkiko Gacaca bizavanwaho kugira ngo urubanza rutangire bundi bushya.
Nyuma y’imyaka itatu yari ishize nta sengesho rijyanye no kwizihiza icyumweru cy’impuhwe ribera mu Ruhango, kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022 iryo sengesho ryongeye kuba. Ni isengesho ryitabiriwe n’abakirisitu benshi baturutse hirya no hino, harimo n’abo mu bihugu nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Uganda ndetse (...)
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka mu ngabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku wa Gatandatu tariki 23 Mata 2022 yizihije isabukuru y’imyaka 48 amaze avutse.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’umuhanda Kamembe - Bugarama wasenyutse ukaba utarasanwa, ukaba waratangiye kubagiraho ingaruka zinyuranye zirimo kuba nta modoka zibafasha mu ngendo babona, aho baziboneye zikabahenda ndetse n’ubuzima bwabo muri rusange bakavuga ko buri mu kaga kubera ivumbi (...)
Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, basabye imitwe yitwaje intwaro yose yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gushyira intwaro hasi, bitabaye ibyo ikagabwaho ibitero n’ingabo z’Akarere kose.
Ku wa Kane tariki 21 Mata 2022, nibwo Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza yizihije isabukuru ye y’imyaka 96 amaze ageze ku Isi. Umwamikaza Elisabeth II ni we wa mbere mu mateka y’u Bwongereza ubashije kumara imyaka mirongo irindwi (70) ari ku ngoma.
Abanya-Nigeria baburiwe ko gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni agaragaramo abana ari icyaha gihanishwa igifungo cy’imyaka 14 nyuma y’uko hakwirakwiye amashusho avugwa ko arimo abanyeshuri.
Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, yatangaje ko indege yayo WB464, yahuye n’ikirere kibi ubwo yashakaga kugwa ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe muri Uganda, bigatuma igwa uko bitari biteganyijwe.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, yagiranye ibiganiro kuri telefoni n’igikomangoma Charles w’u Bwongereza, ku bijyanye n’imyiteguro y’inama ya CHOGM u Rwanda ruzakira mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Munana Samuel ukuriye Umuryango w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) avuga ko mu butabera bigoye ko bahabwa ubutabera nyabwo kuko ahanini ahabereye icyaha ntihaba hari abasemuzi ngo babafashe uko bikwiye ahubwo bakagendera ku babyeyi n’umuntu ufite Ubumuga bwo kutumva no kutavuga kandi nyamara (...)