Major General (Rtd) Amb Frank Mugambage, wari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha kuri izo nshingano na Maj Gen Alex Kagame wamusimbuye.
Rigathi Gachagua aherutse kweguzwa ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya, yavuze ko kugeza ubu umutekano we ugeramiwe ndetse ko nihagira icyo aba kizabazwa Perezida William Ruto.
Igisirikare cya Israel kirwanira mu kirere, cyagabye ibitero simusiga ahari icyicaro gikuru c’ishami rishinzwe ubutasi mu mutwe w’abarwanyi ba Hezbollah binahitana bamwe mu bayobozi b’uyu mutwe.
Munyangaju Aurore Mimosa wahoze ari Minisitiri wa Siporo, yagizwe yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro, zazindukiye mu bikorwa by’ubuvuzi burimo gusuzuma indwara zirimo izitandura, Malaria na virusi itera Sida.
Abasenateri batangiye umwiherero w’iminsi ibiri aho bari kungurana ibitekerezo ku nshingano za Sena n’ishyirwa mu bikorwa ryazo ndetse n’imikoranire yayo n’izindi nzego.
Ingabo z’u Rwanda (RDF), zanyomoje ndetse zamagana amakuru yakwirakwijwe mu bitangazamakuru ashinja abasirikara bari muri Santrafurika mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, ibikorwa birimo gufata ku ngufu n’ihohotera rishingiye ku gitsina.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yitabiriye inama y’Abaminisitiri b’ibihugu bihuriye mu Muryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika yo hagati, ECCAS.
Abaturage baba mu nkambi y’impunzi ya Malakal muri Sudani y’Epfo, irindwa n’Umutwe w’Ingabo z’u Rwanda wa Rwanbatt-2, mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, bagaragaje ko banyuzwe n’ubufasha zikomeje kubaha.
Mu irimbi rya Gisirikare i Kanombe, niho habereye umuhango wo gusezera bwa nyuma no gushyingura Amb Col (Rtd) Dr Joseph Karemera.
Abantu 94 baguye mu mpanuka yatewe n’iturika ry’imodoka ya lisansi abandi bagera kuri 50 bakomereka bikabije.
I Londres mu Bwongereza hari kubera imurikabikorwa ryitabiriwe n’ibigo bisaga 20 byo mu Rwanda byohereza ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi bw’indabo mu mahanga.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, MINISANTE yagiranye ikiganiro n’abayobozi b’amadini n’amatorero ku miterere y’icyorezo cya Marburg mu Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, UNMISS, muri Sudani y’Epfo, zazindukiye mu muganda ku Ishuri Ribanza rya Kapuri.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024 yakiriye Charlotte Helminger, umuyobozi muri Ambasade ya Luxembourg mu Rwanda (Chargé d’Affaires).
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere mu Rwanda, RDB, rwatangaje ko ibirori byari biteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024, byo Kwita Izina abana b’Ingagi, byasubitswe.
Ingabo z’amahoro z’u Rwanda zibarizwa mu matsinda ya Battle Group VI ndetse na RWAMED IX Level 2+ Hospital, ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santrafurika, MINUSCA, zashimiwe uruhare rwazo harimo no kwita ku buzima bw’abaturage zishinzwe kurindira amahoro.
Dr Eugene Rwamucyo yatangiye kuburanira mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri tariki 1 Ukwakira 2024, bikaba biteganyijwe ko ruzasozwa bitarenze tariki 31 Ukwakira 2024.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko n’ubwo uburezi bw’u Rwanda hari intambwe ishimishije bumaze kugeraho ariko butaragera ku rwego bwifuzwaho nk’uko bigaragara ahandi hirya no hino.
Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yafashe umwanzuro wo gusesa Inteko ishinga Amategeko y’iki gihugu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda witabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku ikoreshwa ry’ubwenge bw’ubukorano mu gisirikare iri kubera mu Mujyi wa Seoul muri Koreya y’Epfo, yagaragaje ko amateka Igihugu cyanyuzemo yasize amasomo akomeye arimo no kwihesha agaciro n’ubudaheranwa.
Perezida Paul Kagame, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama y’Abacamanza bo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, yagargaje ko hakenewe gushyirwa imbaraga mu kurengera ibidukikije no gutanga ubutabera ku bashobora kwica amategeko ajyanye no kubibungabunga.
I Kigali harimo kubera inama y’Abacamanza bo mu bihugu biri mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth Magistrates’ and Judges’ Association) yibanda ku butabera burengera ibidukikije. Insanganyamatsiko y’iyo nama iragira iti: “Ubutabera burengera ibidukikije”. Iyi ni nama ngarukamwaka ku Butabera, (…)
Abasirikare 22 mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), basoje amahugurwa ku rwego rw’Igihugu mu bijyanye n’ubugenzacyaha ku bijyanye no gukusanya ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera.
Mu minsi ishize nibwo Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), yatangaje ko yahinduye amafaranga by’umwihariko inoti ya bitanu (5000) n’iya bibiri (2000), zifite ibimenyetso bishya biziranga.
Perezida wa Kenya, William Ruto yihanganishije imiryango y’abana 17 bishwe n’nkongi y’umuriro yibasiye ishuri Hillside Endarasha Academy bigagamo.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidali y’ishimwe kubera umusanzu uhamye zigira mu bikorwa byo kurinda amahoro n’umutekano.
Nyuma yo kugeza ijambo ku bitabiriye inama ihuje u Bushinwa n’Afurika, Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Xi Jinping, bagirana ibiganiro mu kwimakaza umubano w’ibihugu byombi.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ariwe Michel Jean Barnier asimbuye Gabriel Attal weguye kuri uyu mwanya tariki ya 16 Nyakanga 2024.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 4 Nzeri 2024, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Ngirente Edouard, yakiriye Dr. Roy Steiner, Visi Perezida wa Rockefeller Foundation ushinzwe ibiribwa.