Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana(NCDA) kiri mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira mu bana, aho gikangurira umuryango gushyira imbaraga mu by’ingenzi bigomba kwibandwaho mu minsi 1000 ya mbere y’ubuzima bw’umwana kugira ngo akure neza mu gihagararo no mu bwenge.
Mu muhanda Kigali-Musanze ahazwi nko muri Kanyinya ya Shyorongi habereye impanuka abantu barakomereka.
Muri iki gitondo, ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda byahamije inkuru y’akababaro y’urupfu rw’Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije Alain Mukuralinda.
Kuri uyu wa Kane tariki 3 Mata 2025, mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, habaye igikorwa cyo kwimura imibiri 41 yari ishyinguye mu ngo, hagamijwe kuyegereza indi ishyinguye mu Rwibutso rwa Kabuye ruri muri uwo Murenge, ruruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni ibirori byabaye ku wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, byitabiriwe n’ingeri zitandukanye, aho abagore bashimiwe umuhate bagira mu guteza imbere Igihugu, ndetse bibutswa ko bitezweho gutanga umusanzu muri gahunda y’Igihugu ya NST2 ndetse na 2050.
Umugore w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Habyarimana, Agatha Kanziga Habyarimana, arasubizwa imbere y’ubutabera kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda yasobanuye uburyo umwanzuro wa Leta y’u Rwanda wo gusesa amasezerano na Leta y’u Bubiligi uzubahirizwa, aho amashuri y’Ababiligi azakomeza gukora kugeza umwaka urangiye.
Kuri uyu wa Kabiri, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Dj Ira yagaragaje ko yatangiye urugendo rwo kuzuza ibisabwa kugira ngo abone ubwenegihugu bw’u Rwanda.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yatangaje ko u Bubiligi bukwiye guca bugufi bukumva ukuri, kuko aribwo nyirabayazana w’ibibazo u Rwanda rufite.
Perezida w’urukiko rw’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba (EACJ) Hon. Justice Nestor Kayobera, yagaragaje ko u Rwanda rufite umwihariko ndetse rwababereye intangarugero nyuma y’uko ubwo batumiraga abacamanza n’abandi ngo bazitabire imirimo yarwo imaze ukwezi muri Kigali bitabiriye ijana ku ijana.
Nyuma y’igihe aburana ubujurire mu Rukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa, Hategekimana Philippe Manier uzwi nka Biguma, yongeye guhamwa n’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu ndetse ahanishwa igifungo cya Burundu.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye itsinda ry’abayobozi n’abahanga mu bijyanye n’ingufu za nikeleyeri, igikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024.
Urubanza rwa Hategekimana Philippe Manier uzwi nka Biguma ruragana ku musozo ku rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, aho aburana ubujurire ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yasuye Kigali Today Ltd muri gahunda yo gutsura umubano w’igihe kirekire iki kinyamakuru gisanzwe gifitanye na Ambasade.
Guverinoma y’u Rwanda yahawe miliyoni 25 z’Amadolari y’Amerika (asaga miliyari 34,6 Frw) n’Ikigega cya Abu Dhabi gishinzwe Iterambere, ADFD, azafasha mu kwagura ubushobozi bw’uruganda rw’amazi rwa Karenge Water Treatment Plant mu Karere ka Rwamagana.
Kuri Rond-Point nini yo mu Mujyi wa Kigali rwagati habereye impanuka y’imodoka ebyiri zagonganye. Abantu babiri bakomerekeye muri iyo mpanuka, bajyanwa kuvurirwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye indahiro z’abayobozi n’Abacamanza b’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse na Visi Perezida n’Abacamanza mu Rukiko rwa Gisirikare. Ni umuhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyanza, bavuga ko Biguma yagize uruhare rutaziguye mu gukora Jenoside, bakibaza impamvu yatinyutse kujurira kandi azi neza ibyo yakoze, ariko ngo bizeye ubutabera.
Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa ruri kuburanisha mu bujurire, Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma wiyise Manier, rwanzuye ko atazakurikiranwaho kugira uruhare ku batutsi bari bahungiye ku musozi wa Karama bakahacirwa.
Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Guinea Mamadi Doumbouya n’abaturage b’iki gihugu nyuma y’aho abaturage barenga 50 baguye mu mvururu zabereye muri Stade N’Zérékoré, ahaberaga umukino w’umupira w’amaguru.
Kuri uyu wa kabiri tariki 3 Ukuboza 2024, nibwo Urukiko rwa Gisirikare rwaburanishije Sergeant Minani Gervais ukekwaho kwica arashe abantu batanu bo mu murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye Dr. Rajesh Jain, Umuyobozi w’Ikigo cya Panacea Biotec cyo mu Buhinde, akaba ari mu Rwanda n’intumwa ayoboye mu ruzinduko rw’akazi.
Mu Mujyi uri mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Guinea Conakry, abantu 56 bapfuye abandi batari bake barakomereka biturutse ku bushyamirane hagati y’abafana biroshye mu kibuga nyuma yo kutishimira imyanzuro y’umusifuzi.
Perezida Paul Kagame, yageze i Arusha muri Tanzania aho yitabiriye Inama ya 24 isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yatangaje ko u Bufaransa ku nshuro ya mbere bwemeye ko abasirikari babwo bakoze ibikorwa by’ubwicanyi bwahitanye Abanyasenegal barenga amagana mu myaka hafi 80 ishize.
Ibiro bishinzwe ubuvugizi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byatangaje ko abaturage bayo batatu bari bamaze igihe bafungiwe mu Bushinwa barekuwe nyuma yo kubagurana Abashinwa bane.
Ni ibyatangajwe n’abatangabuhamya mu bujurire, Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya Biguma urimo kuburana mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, aho akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.
Perezida Paul Kagame yakiriye Prof Kingsley Chiedu Moghalu, uyobora Ishuri rikuru ryigisha ibijyanye n’imiyoborere, ‘African School of Governance’ riherutse gutangizwa mu Rwanda.
Itsinda ry’abagore mu Ngabo z’u Rwanda babarizwa muri (Battle Group VI) mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), batangije ubukangurambaga bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV).
Umutangabuhamya wafunzwe imyaka 13 kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yagaragaje ko Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma arushya ubutabera nkana.