Perezida Kagame yashimiye abayobozi n’inshuti bihanganishije u Rwanda nyuma y’aho ibiza biteje imyuzure n’inkangu. Ni ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye hagati ya tariki 2-5 Gicurasi 2023, iteza imyuzure n’inkangu byatwaye ubuzima bw’abaturage bagera ku 135.
Umugabo witwa Ndahiro John yapfiriye mu nzu, nyuma yo gusaba ko bamuhamagarira ubuyobozi kuko yumvaga ngo agiye gupfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rwagitanga, Akagari ka Nyakabanda I, Umurenge wa Nyakabanda, mu ijoro ku Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, ubwo hatangiraga urubanza ruregwamo Hategekimana Philippe wiyise Hategekimana Manier nibwo byamenyekanye ko hamaze gupfa abatangabuhamya bane.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), ufatanyije na Imbuto Foundation na Baho Neza Project, bahurije hamwe imbaraga mu bukangurambaga bugamije kwita ku buzima bwo mu mutwe, binyuze mu matsinda yiswe ’Abahumurizamutima’.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Mubarakh Muganga, yitabiriye inama Nyafurika ngarukamwaka ihuza abagaba b’Ingabo zirwanira ku butaka, African Land Forces Summit.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, ubwo bibukaga ku nshuro ya 29, bagaragaje ko hakiri imbogamizi bahura na zo bifuza ko zakemurwa zirimo kubakirwa ikimenyetso (monument) cyashyirwaho amazina y’ababo bishwe, kongera amafaranga y’ingoboka agenerwa abarokotse n’ibindi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, ni bwo habaye umuhango wo kunamira no guha icyubahiro abari mu nzego z’ubuzima bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Abakora iperereza muri Kenya batangaje ko babonye indi mirambo 21, y’abishwe n’inzaranyuma yuko bashishikarijwe kwiyiriza.
Perezida Paul Kagame ayoboye Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yiga ku ngamba za Guverinoma zo guhangana n’inkangu ndetse n’imyuzure biherutse kwibasira ibice bitandukanye by’Igihugu.
Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya Biguma, wari umujandarume mu gihe cya Jenoside, azatangira kuburana mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa, guhera tariki ya 10 Gicurasi 2023.
Mu butumwa Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat yanyujije kuri Twitter, yihanganishije Abanyarwanda baburiye ababo mu biza byibasiye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 11 batawe muri yombi, barimo abakekwaho kwiba n’abavugwaho kugura moto zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, zose hamwe zikaba ari icumi.
Perezida Paul Kagame yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru, n’Amajyepfo mu ijoro rishyira ku itariki ya 03 Gicurasi 2023, bigateza inkangu n’imyuzure.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gicurasi 2023, yagaragaje ingamba Leta yafashe mu rwego rwo guhangana n’ibi biza, anahumuriza abahuye nabyo.
Mu minsi ishize Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano z’Ubugenzacyaha zirimo izo kugenza ibyaha byerekeye impanuka zo mu muhanda. Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishya rihindura iryo mu 2010, ryagenaga ububasha, inshingano, imitunganyirize n’imikorere bya Polisi y’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mata 2023, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni eshanu, umubyeyi wari wayibwe mu rugo iwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, yakiriye Minisitiri w’Ubucuruzi bw’imbere no hanze y’igihugu wa Serbia, Tomislav Momirović, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.
Dr Daniel Ngamije yageze i Genève mu Busuwisi aho agiye gutangira inshingano nshya zo kuyobora Porogaramu ishinzwe kurandura Malariya ku Isi. Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, ni we wahaye ikaze Dr Daniel Ngamije.
Ku wa Mbere tariki 10 Mata 2023 mu Kagari ka Rugendabari, Umudugudu wa Kanyamasha mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, habonetse imibiri 45 bikekwa ko ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu Rwanda mu 1994.
Abantu batanu barashwe n’umukozi wa Banki mu mujyi wa Louisville muri Leta ya Kentucky muri Amerika bahita bapfa.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B Thierry, avuga ko uru rwego rwataye muri yombi Murindababisha Edouard, umukozi w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe kubika amakuru (Data Management Specialist), wagaragaye mu mashusho y’urukozasoni.
Abanyarwanda batuye muri Suède bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, binyuze mu biganiro n’ubuhamya.
Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi n’inshuti bo hirya no hino ku Isi, bakomeje kugaragaza ko bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Leta ya Kiyisilamu yigambye ko ariyo yagize uruhare mu gitero cyahitanye abantu 20, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) ndetse n’inshuti z’u Rwanda, bifatanije n’abandi hirya no hino ku Isi, kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yagaragaje ko ibyo Umuryango w’Abibumbye wiyemeje mu kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside bitaragerwaho.
Mu butumwa Madamu Jeannette Kagame yanditse ku mbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange kwibuka ku nshuro ya 29, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Madamu Jeannette Kagame, yagarutse ku gisobanuro ndetse n’akamaro ko kwibuka.
Muri ibi bihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange binjiye mu cyumweru cy’icyunamo, Umunyabamanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye abatuye Isi guhaguruka bakarwanya ikibi.
Ikigo cy’u Rwanda gikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, cyasinyanye amasezerano na Sosiyete ikomeye y’ubwikorezi bwo mu kirere yo muri Turukiya, Turkish Airlines, yo gusangira ibyerekezo ibyo bigo bikoreramo ku Isi.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Slovenia, Urska Klakocar Zupancic, avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ariko rukabasha kwiyubaka, aribyo byatumye icyo gihugu cyifuza kugirana umubano ukomeye n’u Rwanda.