Perezida Paul kagame, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abacamanza n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha barimo Consolée Kamarampaka, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa RIB.
Aloys Ndimbati wahoze ari Burugumesitiri wa Komini wa Gisovu yitabye Imana nk’uko byatangajwe n’urukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda.
Bubinyujije mu Itangazo ryasohowe n’ibitaro bya Nyarugenge, byagaragaje ko byanenze imyitwarire y’umukozi ushinzwe umutekamo kuri ibi bitaro washyamiranye n’umuturage waje agana ibitaro.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, ari kumwe na Madamu Kayisire Marie Solange, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), bakiriye Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, aherekejwe na Jonathan Kamin, Umuyobozi w’Ikigo cya Amerika gishinzwe iterambere (…)
Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, Urukiko rwa Rubanda mu Bufaransa rwatangiye kuburanisha Sosthène Munyemana ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urukiko rwemeje ko Ikirego cy’Ubushinjacyaha nta shingiro gifite, rwemeza ko Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown ari umwere ku cyaha cyo gusambanya no gutera inda umukobwa wahawe kode ya M.J.
Ahagana saa sita z’amanywa ku isaha yo mu Rwanda, ku wa kane tariki 9 Ugushyingo 2023, ubwo iburanisha ryari rimaze akanya ritangiye, Pierre Basabose yaje mu Rukiko rwa Rubanda rwo mu Bubiligi, kumva ibyaha bya Jenoside ashinjwa, aho yagenderaga ku mbago imwe mu gihe yagenderaga kuri ebyiri kubera uburwayi.
Madamu Jeannette Kagame, ku gicamunsi cyo kuwa kabiri tariki 7 Ugushyingo 2023, yitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro inzu nshya yo kubyariramo (Materinite) yubatswe mu bitaro byitiriwe umwami Faisal igamije kurushaho kunoza serivise zigenerwa umugore uje kubyara.
Mu Rukiko rwa Rubanda i Bruxelles mu Bubiligi, tariki 6 Ugushyingo 2023, hasubukuwe urubanza rwa Séraphin Twahirwa na Pierre Basabose, baregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni nyuma y’icyumweru cy’ikiruhuko cyagenewe abakora mu rwego rw’ubutabera mu Bubiligi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ms. Rabab Fatima, Umunyamabanga Mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Ababibumbye rishinzwe guhuza ibikorwa n’ubuvugizi ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere bidakora ku nyanja.
Abapolisi bakorera ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, giherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, bitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso, abagera ku ijana akaba ari bo bayatanze ku ikubitiro.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ugushyingo 2023, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Umurundi Bukeyeneza Jolis mu gihugu cye, kugira ngo akurikiranweho ibyaha ashinjwa birimo ubujura.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwikorezi (RTDA), irimo kuvugurura no kwagura umuhanda Rubengera-Muhanga, aho urimo gukorwa mu byiciro bitatu, ukaba witezweho guteza imbere abawuturiye.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye na Banki y’Isi, batashye sitasiyo 22 harimo 7 zipima imiterere y’ikirere na 15 zipima aho ingano y’amazi igeze.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyemereye u Rwanda inkunga ya miliyoni 262 z’amadolari agamije kuzarufasha mu kuzahura bimwe mu bikorwa by’ubukungu byahungabanyijwe n’ihindagurika ry’ibihe.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi mushya wa Amerika mu Rwanda, Eric William Kneedler.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yashimye ndetse anizeza ubufatanye Komite nshya y’Abanyarwanda batuye muri Amerika. Komite Nyobozi ihagarariye Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatowe tariki 21 Ukwakira 2023, ikaba iyobowe na Mbangukira Yehoyada.
Ku Gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023, Ambasaderi CG Dan Munyuza yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Misiri.
Abanyamuryango ba Unity Club basaga 100 muri izi mpera z’icyumweru bateraniye kuri Intare Conference Arena mu nteko rusange n’umwiherero wa kane wa Unity Club ndetse hakirwa abanyamuryango bashya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Gikondo, nyuma yo kuvuga ubugome bakorewe na Séraphin Twahirwa basabye ubutabera busesuye mu rubanza arimo kuburana ibyaha bya Jenoside.
Mu nama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ishoramari ‘Global Gateway Forum’ ibera i Buruseri mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagiranye ibiganiro na Amina Muhammed, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Karongozi yabitangarije mu iburanisha ku byaha bya Jenoside biregwa Pierre Basabose na Seraphin Twahirwa ubwo ryatangiraga, nyuma y’uko Avoka Jean Flamme yagaragaye mu bikorwa bigamije gukerereza urubanza kandi nta mpamvu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yitabiriye umuhango wo gutangiza inama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ishoramari ‘Global Gateway Forum’, irimo kubera i Buruseli mu Bubiligi.
Inyubako ya Ecobank iri mu Mujyi wa Kigali rwagati, ifashwe n’inkongi y’umuriro ku gice cyayo cyo hejuru, iyo mpanuka ikaba ibaye mu ma saa tanu n’igice z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023.
Amakuru Kigali Today ikesha ubwanditsi bw’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aravuga ko Uzabakiriho Gakire Fidèle azaburana mu mizi tariki 5 Ukuboza 2023. Ni nyuma y’uko urubanza rwe byavugwaga ko ruba kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023 ariko ubwanditsi buvuga ko nta rubanza rwari ruteganyijwe.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023, Gakire Fidel, wari umunyamakuru mu Rwanda azaburana mu mizi ku cyaha akurikiranyweho cyo gukoresha inyandiko mpimbano.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwasubitse igikorwa cyo gushyikiriza inzego z’umutekano z’u Burundi uwitwa Bukeyeneza Jolis w’imyaka 30, ukekwaho kunyereza amafaranga menshi y’Amarundi agahungira mu Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze umukozi wafatiwe mu cyuho yakira ruswa.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’igihugu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Madamu Einat Weiss, baganira uko ibihugu byombi byarushaho gushimangira ubufatanye.