Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Nyafurika uteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti (African Pharmaceutical Techinology Foundation (APTF), basinyanye amasezerano yo kwakira icyicaro gikuru cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti muri Afurika.
Urugaga rw’abaganga b’amatungo mu Rwanda rwatangije gahunda yo kujya bahugura abanyamuryango mu rwego rwo kurushaho kwita ku matungo no gukora kinyamwuga. Ni gahunda itari isanzwe ikorwa, kuko umuganga w’amatungo yabikoraga kubera ko yabyize akabibonera impamyabumenyi muri uwo mwuga, bityo akawukora akurikije uko yabyize (…)
Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), ku mitangire ya serivisi n’imiyoborere mu Rwanda, bwagaragaje ko urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) rutishimiwe n’abaturage nk’izindi nzego mu Mujyi wa Kigali.
Umuryango CVA (Citizen Voice and Action) ufasha mu kubakira ubushobozi urubyiruko, gusobanukirwa gahunda za Leta no kuzigiramo uruhare, wahurije hamwe urubyiruko 200 kugira ngo baganire ku ruhare rw’urubyiruko mu ngengo y’imari, imbogamizi bagihura nazo n’umusanzu wabo mu iterambere ry’igihugu.
Hashize iminsi abatuye n’abagenda mu Mujyi wa Kigali bumva ibijyanye na bisi nshya zikoresha amashanyarazi, ariko ubanza benshi bataramenya ko ari imodoka zishobora gutangirwamo ubuvuzi bw’ibanze ku bagenzi, ababizi bakaba babyishimira.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kivuga ko abana bo mu Rwanda bakingirwa ku kugera ku kigero cya 96% by’abana bose baba bagomba guhabwa inkingo.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera barishimira ko imiyoborere myiza yabafashije kwiteza imbere, atari ku giti cyabo gusa ahubwo no kwegerezwa ibikorwa remezo biborohereza kurigeraho.
Ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) n’Ikigega cy’Abanyamerika cy’Iterambere (USAID), hatangijwe imishinga ibiri yitezweho kugabanya umubare w’impfu z’ababyeyi n’abana bapfa mu gihe cyo kubyara.
Ikigo cy’Igihugu cya Tekiniki Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), cyatanze impamyabushobozi ku bantu ibihumbi bibiri basanzwe bakora umwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ariko batarabyize, bakaba babyishimiye kuko byabongereye agaciro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bufite ihurizo rikomeye ku butaka bugomba guhingwa ndetse n’ubugomba gukorerwaho ishoramari, kubera ukuntu hari imishinga myinshi kandi minini yifuza kujya muri ako Karere.
Abanyamuryango b’Umuryango w’abantu bafite ubumuga batewe na za mine hamwe n’abandi babuze ingingo bakuze (OLSAR), barasaba koroherezwa kubona insimburangingo zikoze mu buryo butangiza ubuzima, n’imibiri yabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu mwaka wa 2030 nta murwayi wa Sida uzaba ukigaragara ku butaka bw’u Rwanda, bitewe n’uko abafite iyo virusi bafata imiti neza.
Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), yamuritse inkoranyamagambo nyarwanda izajya yifashishwa mu guhuza abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, n’abandi badafite ubwo bumuga.
Ubuyobozi n’abatuye mu Karere ka Bugesera, by’umwihariko ababyeyi b’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe, barashima uruhare rw’Ikigo cya AVEH Umurerwa, kizwi nko ‘kwa Cécile’ mu kwita ku bana bafite ubumuga.
Mu Rwanda hateraniye Inteko rusange y’iminsi ibiri y’Umuryango uhuza Inzego z’Abavunyi n’abahuza bo muri Afurika, (African Ombudsman and Mediators Association (AOMA), irimo kwigirwamo uko imbogamizi zikigaragara muri izo nzego zakemurwa
Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), buratangaza ko harimo kwigwa uko abavukana ubumuga bwo mu mutwe bajya bahabwa ubuvuzi bwuzuye nk’uko baba babyandikiwe n’abaganga.
Abayabozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Bugesera, biyemeje gukora ibishoboka byose bagahagarika umuvuduko w’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ibisindisha ndetse na za gatanya byibasiye abagize umuryango muri iyi minsi.
Banki ya Kigali (BK) mu ishami ryayo rishinzwe ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, yashyize igorora abohereza umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu mahanga, aho boroherezwa kubona inguzanyo.
Umunyarwanda Albert Munyabugingo yahembwe mu irushanwa ryitwa Africa’s Business Heroes (ABH), rifasha ba rwiyemezamirimo bakiri bato gukabya inzozi.
Imishinga itandatu y’urubyiruko ni yo yatsindiye ibihembo bya BK Foundation ku bufatanye n’ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo (Inkomoko Entrepreneur Development) mu cyiciro cya karindwi cya ‘BK Urumuri Initiative’.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko ubuso buhari buhagije ngo hanoneke umusaruro w’ibigori bikenewe mu gihugu ushyizemo n’ibigori biribwa n’inka n’andi matungo.
Abatuye mu Karere ka Bugesera bifuza ko igishushanyo mbonera cyakwihutishwa bakamenya icyateganyirijwe ubutaka bwabo, kubera ko kuba kitarasohoka hari abatemererwa kubaka bikabadindiza mu mishinga yabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko bwihaye umuhigo w’uko imiryango igera ku bihumbi bitanu muri ako Karere igomba gufashwa kuva mu bukene, bafashwa muri gahunda zitandukanye zibafasha kwiteza imbere.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bugiye kunganira ubwari busanzwe mu kohereza no kwishyura amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga nta kiguzi gitanzwe, mu rwego rwo kurushaho korohereza Abanyarwanda bakenera izo serivisi.
Bamwe mu baturage bakoresha amavomo rusange, barishimira ko kuvoma bakoresheje ikoranabuhanga rya mubazi, byabakijije kubyigana mu gihe cyo kuvoma, nk’uko byakorwaga mbere bataragezwaho za mubazi.
Abitwa Imboni z’impinduka zigizwe n’urubyiruko rwanyuze mu bigo by’igororamuco, bashimiwe uko bakoresheje ubufasha bw’amafaranga bahawe, kugira ngo abafashe mu bikorwa byo kwiteza imbere.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yongeye gutorerwa kuba mu Nama y’Ubutegetsi bw’Ihuriro ry’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (Commonwealth Local Government Forum - CLGF).
Imishinga 12 ya ba rwiyemezamirimo ni yo irimo guhatanira ibihembo bya BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo Inkomoko Entrepreneur Development mu cyiciro cya karindwi cya ‘BK Urumuri Initiative’.
Ntabwo ibijyanye no kugenda Abanyarwanda batangiye kubikora ari uko babonye imodoka, kubera ko kuva cyera bagendaga kandi bakagenda ingendo ndende z’amaguru, bajya mu bihugu birukikije cyane cyane muri Uganda.
Banki ya Kigali yatangije gahunda izafasha abakusanya umusaruro w’ibihingwa bitandukanye kuwugeza ku isoko, bakoresheje uwo musaruro nk’ingwate hagamijwe kuborohereza ndetse no kwagura ubucuruzi bwabo, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kwiteza imbere.