Abayobozi mu turere n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma ya Somalia, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, aho bitabiriye ibiganiro bigamije gusangira ubunararibonye mu miyoborere.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zafashe uduce tubiri twari twihishemo ibyihebe ari two Pundanhar na Nhica do Ruvuma turi mu Burengezuba bw’Akarere ka Palma.
Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira ko kubera imvura nyinshi, amazi y’umugezi wa Nyabarongo yafunze uwo muhanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko igiye kongerera ubushobozi amavuriro y’ibanze (Poste de Sante), mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi zihatangirwa no gukemura ibibazo by’abayagana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko gahunda y’Umudugudu utarangwamo icyaha irimo kwifashishwa cyane mu kurwanya ibyaha bikorerwa abana hagamijwe kubarengera kugira ngo uburenganzira bwabo burusheho kubahirizwa.
Abatuye mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugege, by’umwihariko ahazwi nko muri Tarinyota, barishimira ko hahindutse hakaba hasigaye hakurura ba mukerarugendo.
Abantu 120 bo mu Murenge wa Gatunda mu Karere ka Nyagatare, tariki 10 Gashyantare 2022, bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yo kwirinda no kuzimya inkongi y’umuriro .
Abatuye mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Ngondore, basaba gukorerwa umuhanda Byumba-Ngondore ubahuza n’umupaka wa Gatuna, kugira ngo barusheho koroherwa no guhahirana n’abo mu bindi bice, kuko ufite ahantu henshi hangiritse cyane.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu gusa, impanuka zahitanye abantu 2103, zikaba zabaye mu myaka ya 2019, 2020 na 2021.
Mu minsi ibiri ishize ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, bagabye ibitero mu duce twa Pundanhar na Nhica do Ruvuma mu Burengerazuba bw’Akarere ka Palma muri Mozambique, hagamijwe kwirukanamo inyeshyamba zari zikigaragara muri utwo duce.
Urwego rw’igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro (RTB), ruratangaza ko guhera mu mwaka utaha w’amashuri, muri TVET hazatangira kwigishirizwa amasomo y’iby’indege na Gari ya moshi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko Leta yihaye intego y’imyaka 7, ko mu mwaka wa 2024 abiga Imyuga n’Ubumenyingiro (Techinical and Vocational Education Training), bagomba kuba bageze kuri 60% by’abanyeshuri bagana ayo mashuri.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko ibintu bigomba guhinduka abaturage bagahabwa serivisi nziza nk’uko bikwiye, hatabayeho gusiragizwa.
Banki ya Kigali (BK) ku bufatanye n’Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR), bahaye amatungo 300 abaturage batishoboye bafite ubumuga, bagizweho ingaruka na Covid-19, mu karere ka Gicumbi.
Twahirwa Ludovic wamenyekanye cyane ku izina rya Dodo yavukiye mu Majyaruguru ya Uganda ahagana mu 1960, akaba yaravutse ku mpunzi z’Abanyarwanda. Avuga ko yakuze abona inka nk’ikintu cy’ingenzi kuko avuka mu muryango w’abatunzi wari ufite inka nyinshi, aho nta bundi buhanga byamusabye ngo ajye kwiga bwo kuba mu buzima (…)
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO), rirasaba ibihugu kwitondera gutangaza ko byatsinze urugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19, bigatuma abaturage badohoka bagakuraho ingamba zo kuyirinda.
Umujyi wa Kigali watangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki 03 Gashyantare 2022, abantu batangira gukingirwa Covid-19 hifashishijwe ubundi buryo bushya bwo gukoresha imodoka izenguruka mu bice bitandukanye by’Umujyi (Mobile Clinic).
Perezida Paul Kagame aravuga ko icyorezo cya Covid-19 cyahaye isomo rikomeye umugabane wa Afurika, isomo ryo kwishakamo ibisubizo mu iterambere ry’ahazaza. Ni ibyo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Gashyantare 2022 mu nama ya 39 yari ayoboye y’urwego rw’umuryango wa Afurika yunze (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye umwambaro uzajya wambarwa n’abakozi barwo mu rwego rwo kunoza imikorere n’imitangire ya serivisi, kugira ngo ababagana babashe gutandukanya abagenzacyaha n’abandi bantu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwahigiye kurandura ubukene no kurengera umwana kugira ngo abatuye ako karere barusheho kwiteza imbere.
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 101 n’iya 116, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yashyizeho abayobozi ku buryo bukurikira:
Nyuma y’imyaka hafi itatu umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufunze, wongeye gufungurwa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, abaturage ku mpande zombi bakaba bishimiye cyane icyo gikorwa.
Abatuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, barishimira ko kuri uyu wa 29 Mutarama 2022, Banki ya Kigali (BK) yishyuriye mituweli abaturage batishoboye 6,700.
Ubwo hasozwaga ihuriro rya 11 ry’abagaba b’Ingabo za Afurika zirwanira mu kirere (AACS), kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, batangaje ko ribasigiye ubumenyi bwari bukenewe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), ushinzwe ubuvuzi rusange, Dr. Tharcisse Mpunga, aravuga ko gukingirwa Covid-19 byuzuye bigenda bihinduka bitewe n’igihe abantu bagezemo.
Ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka kiratangaza ko mu minsi ya vuba, hari zimwe muri serivisi z’ubutaka zatangwaga n’icyo kigo, zizajya zitangwa n’abikorera mu rwego rwo kurushaho kunoza no kugeza serivisi ikwiye ku babagana.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, aratangaza ko nta hantu na hamwe mu Rwanda haba umugambi wo gukingira umuntu ku gahato ahubwo ngo uwakingiwe ni we ushobora kugira ukundi abisobanura.
Hari abaturage bo mu bice bitandukanye by’Igihugu bavuga ko bagisiragizwa igihe bakeneye serivisi mu nzengo z’ibanze. Abo baturage bavuga ko atari kenshi umuntu akenera serivisi ku kagari, ku Murenge cyangwa ku karere ngo ayibonere igihe kuko bimusaba gutegereza umwanya, hakaba n’igihe ataha atayibonye bikamusaba kuzagaruka (…)
Ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Perezida azamura mu ntera abofisiye bakuru ndetse n’abapolisi bato bose hamwe 4592.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje ko Prof. Claude Mambo Muvunyi, ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC).