Abagize Impuzamiryango y’ibigo byigenga bikora mu by’ubuzima, baratangaza ko abikorera bakomwa mu nkokora no kutoroherezwa mu kubona inguzanyo, kuko bituma hari ibikoresho by’ingezi mu kazi kabo batabona, bakifuza koroherezwa.
U Rwanda na Zimbabwe biratangaza ko bigiye kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu bihugu byombi, nyuma yo kugirana amasezerano mpuzamahanga y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, Polisi yafatiye abantu 64 mu kabari barimo kunywa no kubyina barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021 nibwo hamenyekanye inkuru y’uko umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali, Martin Masabo yitabye Imana.
Ababana umunsi ku wundi n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, barasaba ko ururimi rw’amarenga rwaba isomo, rukigishwa mu mashuri yose nk’uko bigenda ku yandi masomo.
Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko nyuma y’amezi arenga 18 utubari dufunze, twongera gukora, ariko ba nyiratwo bakabanza kubisabira uruhushya rubemerera gutangira imirimo yabo, nyuma yo kureba ko bujuje ibisabwa.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko guhera ku wa Gatandatu tariki 25 Nzeri 2021, gutanga urukingo rwa Covid-19, haba ku bafata dose ya mbere cyangwa iya kabiri mu Mujyi wa Kigali, bikorerwa ku bigo nderabuzima.
Abantu 28 barimo umuhanzi wa Hip Hop bari mu maboko y’inzego z’umutekano bakurikiranyweho gukoresha ibirori by’isabukuru y’amavuko bakarenga ku mabwiriza ya Covid-19.
Urugaga rw’abahanga mu by’imiti (National Pharmacy Council) ruratangaza ko rumaze kugira abahanga mu by’imiti basaga gato 1000 mu gihugu hose, mu gihe mu myaka ya 2000 bari bafite umubare uri hasi cyane.
Perezida Paul Kagame aratangaza ko intego ari uko u Rwanda rukomeza kuba igihugu gitekanye kandi nyabagendwa, kugira ngo abarusura cyangwa abifuza kurusura barusheho kurwibonamo.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakurikiranyweho kwiyitirira polisi bagatanga impushya zo gutwara ibinyabiziga ku bantu batandukanye babasabye amafaranga.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, araburira abacuruza utubari kutarenga ku mabwiriza yashyizweho, kugira ngo umuntu yemererwe gufungura kuko uzabirengaho kazafungwa ku buryo bizamugora kongera kugafungura.
Abantu 20 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bafunzwe bakurikiranyweho gucuruza ibicuruzwa bya magendu.
Umushoferi w’imbangukiragutabara akurikiranyweho kwiyitirira urwego rwa polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), akambura abashoferi.
Ababyeyi bo mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubukene atari impamvu nyamukuru ituma abana baba inzererezi, kuko abakene ataribo bonyine bafite abana b’inzererezi.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Jean Bosco Kazura, avuga ko ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagombye kubana mu mahoro n’ubwumvikane kugira ngo birusheho gufatanya mu kwikemurira ibibazo.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali barasaba inzego zibishinzwe ko zabanza gukemura ibibazo bitandukanye biri muri mubazi mbere yuko zitangira gukoreshwa.
Ku wa Kane tariki 16 Nzeri 2021, ku mbuga nkoranyabanga hagaragaye amashusho agaragaza abanyerondo babiri bo mu Karere ka Nyarugenge bashyamiranye n’abagore babiri b’abazunguzayi kugeza igihe umwe muri abo banyerondo yanizwe akanaturwa hasi.
Ubuyobozi bw’ikigo cya AC Group bufite mu nshingano ikarita y’ikoranabuhanga ya Tap&Go buratangaza ko iyo karita igiye guhuzwa n’ibindi ku buryo izajya ikoreshwa no mu zindi gahunda.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwatashye ibyumba bizajya bifasha abana bafite ibibazo mu butabera gutanga amakuru y’ibyaha bakoze, bakorewe cyangwa se n’ubuhamya ku cyaha runaka cyakozwe.
Urwego ngenzura mikorere (RURA) ku bufatanye n’ikigo cya AC Group gifite mu nshingano amakarita y’ikoranabuhanga ya Tap&Go, batangije uburyo bushya buzafasha abagenzi kumenya ko amafaranga bashyize ku ikarita yagezeho.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe umugabo w’imyaka 35 witwa Theogene Bagaragaza wo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ucyekwaho gusambanya abagore batanu abashukishije kubaha akazi.
Ngendahimana Jean Claude wo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yiyise umukozi w’ikigo gikwirakwiza amashanyarazi (REG), afatirwa hejuru ku ipoto agiye kuyashyira ku nzu atabyemerewe.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko kongera guterana kw’inteko rusange z’abaturage bigiye kubafasha kuko hakemukiramo ibibazo byabo bitandukanye, bitabasabye kujya mu buyobozi.
Abantu 49 bafitiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Rwezamenyo bakurikiranyweho gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha.
Elia Uwizeyimana wo mu Kagari ka Gatare, Umurenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi, akurikiranyeho icyaha cy’ubushukanyi bwo kwiba abantu amafaranga asaga miliyoni imwe akoresheje telefone igendanwa.
Bamwe mu bagabo bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kwihagararaho bakanga gusuzugurwa ari imwe mu mpamvu zihatse izindi zituma bahohoterwa bakabyihererana.
Ubushinjacyaha bukuru buratangaza ko nyuma yo guhamwa n’ibyaha, abantu basaga 1000 mu myaka itanu ishize bategetswe kugarura mu isanduku ya Leta amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari enye.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rurasaba ibigo bitanga serivisi z’ikoranabuhanga kurushaho gukaza ubwirinzi, kugira ngo birusheho kurinda abaturage ingaruka zaterwa n’ibitero bishobora gukorwa.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) buratangaza ko uko inkingo za Covid-19 zikomeza kuboneka ari nako imfungwa n’abagororwa bazakomeza kugenda bakingirwa.