Mu ijambo risoza umwaka wa 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ititaye ku mpunzi zayo ziri hano mu Rwanda, rutazazibuza gutaha iwabo mu buryo bwose zihitiyemo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’Abaturarwanda barenga 3000 baturutse hirya hino mu Gihugu, mu birori byo gusoza umwaka wa 2022 no kwinjira mu mushya wa 2023.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ingengabihe yo gusubira ku ishuri, aho abanyeshuri bazagenda kuva ku wa Kane tariki 5 kugera ku Cyumweru tariki 8 Mutarama 2023.
Ubuyobozi bw’itorero ryitwa Ebenezer Rwanda, bwamaganye amakuru avugwa ko barimo kugurisha urusengero ruri i Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya w’Akarere ka Gasabo, bukavuga ko ayo makuru ari ibihuha.
Murandasi (Internet) yatangiye hagati mu myaka ya 1960-1970, ubwo ibyogajuru (satellites) byari bitangiye koherezwa mu kirere(mu isanzure), hagamijwe gufasha abasirikare kuvugana bakoresheje itumanaho rigendanwa(mobile telecommunication).
Umucuruzi wa gazi waganiriye na Kigali Today agira ati “Gazi ni cyo gicuruzwa cyonyine mbona kirimo kugabanuka mu biciro kuko uyu mwaka wa 2022 watangiye icupa ry’ibiro 12kg rigurwa amafaranga ibihumbi 13Frw, ubu na bwo ndabona ikomeje kumanuka ikaba yenda kugurwa nk’ayo, kuko kugeza ubu iryo cupa rigurwa ibihumbi 17Frw.”
Bamwe mu bayoboke b’Itorero Ebenezer Church Rwanda barashinja uburiganya Umuyobozi waryo, Rev Pasiteri Jean-Damascène Nkundabandi, kuko ngo arimo kugurisha urusengero atabibamenyesheje, kugira ngo arye amafaranga wenyine.
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), kigaragaza imihanda minini yashyizwemo kaburimbo muri 2022, harimo itararangizwa ikaba izakomeza gukorwa muri 2023.
Itorero ryitwa Ebenezer rifite icyicaro i Kigali ku Kacyiru rivuga ko urusengero rwaryo ruri i Kinyinya mu Kagari ka Kagugu, mu Mudugudu wa Giheka rurimo kugurishwa amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 300.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov yaburiye Ukraine ko nitubahiriza ku neza ibyifuzo by’igihugu cye, igiye kubyumvishwa n’imbaraga zidasanzwe z’igisirikare cy’u Burusiya.
Ikigo cy’Abashinwa gicuruza ifatabuguzi ryo kureba televiziyo(Star Times), cyahaye uwitwa Nzigamasabo Saidi moto nshya yatsindiye muri poromosiyo yo muri izi mpera z’umwaka, yagenewe abagura televiziyo cyangwa ifatabuguzi rya buri kwezi.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ishishikariza abangavu babyaye bakeneye ubufasha burimo ubwo gusubira kwiga, kwegera inzego z’ibanze zikabarangira uko bashobora gufashwa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buributsa abawutuye ko umuntu wese ushaka gutema igiti abisabira uruhushya, yandikiye Umuyobozi w’uyu Mujyi (Mayor).
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), cyatangaje ko icika (irangira) ry’imvura y’iki gihembwe ryari riteganyijwe mu mpera z’Ukuboza 2022 ritakibayeho, bitewe n’uko ubushyuhe bwo mu nyanja (aho imvura ituruka) ngo bukomeje kwiyongera.
Raporo y’ingendo Abadepite baheruka gukorera mu turere ivuga ko hari amashuri atagaburira abana ifunguro rihagije, ku buryo ngo hari n’aho basanze abana 20 basangira ikilo (kg) kimwe cy’umutsima w’ibigori(kawunga).
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iramagana ikoreshwa ry’ifaranga ry’ikoranabuhanga ryitwa "Crypto currency", ariko igashishikariza abantu gukoresha irya "Digital currency" kuko ryo ngo ryishingiwe na Leta.
Banki ya Kigali (BK Plc), ibifashijwemo n’Ikigo Inkomoko giteza imbere amahugurwa, yatanze inguzanyo izishyurwa nta nyungu kuri ba rwiyemezamirimo bato batandatu muri 25 bari bamaze amezi atandatu bahugurwa.
Uwitwa Niyonkuru Nuuru w’imyaka 20 y’ubukure ubu afite impamyabumenyi ebyiri z’imyuga y’ubukanishi no gukora amazi, ariko akavuga ko zitabasha kumuha icyizere gihagije cy’uko azabona akazi mu buryo buhoraho.
Raporo y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, ivuga ko hari amashuri basuye bagasanga atagira abarimu bigisha imyuga isa n’iyoroheje, harimo uwo gukora inkweto n’uwo gutunganya imisatsi.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) hamwe n’Umushinga w’Abanyamerika ‘USAID Feed the Future, Rwanda Nguriza Nshore’, basaba urubyiruko rufite ibigo bito n’ibiciriritse kwifashisha Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA), rukajya gukorera hose kuri uyu mugabane.
Abahagarariye abandi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Gatunda mu Karere ka Nyagatare, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’Ingoro ibitse Amateka yo kuyihagarika (mu Nteko), bahavana gahunda yo kujya kurwanya amacakubiri.
Nyuma y’uko impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme muri Nyamagabe, zikoze imyigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi ngo burimo gukorerwa ababo (Abatutsi) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), abo mu zindi nkambi na bo bakomerejeho ku wa Kabiri.
Ikigo Novartis cy’Abasuwisi gikora imiti, cyatanze ibihembo ku mishinga ine muri 40 yo mu bihugu bya Afurika yahatanye, aho uwa mbere ari uw’Abanyarwanda, ukaba wahembwe Amadolari ya Amerika ibihumbi 250$ (ahwanye n’Amafaranga y’u Rwanda miliyoni zisaga 250).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, impunzi zituye mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe, zakoze urugendo rwo kwigaragambya zamagana ubwicanyi ngo burimo gukorerwa abitwa Abatutsi mu gihugu cyabo.
Minisiteri y’Ibidukikije mu Rwanda yatangije gahunda yo guteza imbere Ubukungu bwisubira (Circular Economy) isaba abantu kugura ibyo bakeneye aho kugura ibirenze ibyo bakoresha, mu rwego rwo kwirinda kugwiza ibishingwe cyane cyane ibitabora.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagejeje ijambo ku bitabiriye Ihuriro rigamije gukingira no kurandura imbasa muri Afurika(Forum for Immunization and Polio Eradication in Africa), ko ubufatanye bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe(AU) mu gukora inkingo burimo bugenda neza.
Urubyiruko rurangije kwiga rwifuza akazi rwahuye n’abagatanga cyangwa abaranga aho kari, bamwe barufasha kumenya ahari amahirwe, abandi barwizeza kuzagahabwa nyuma yo guhugurwa no kwitoza nk’abakorerabushake.
Visi Perezida wa Sena ushinzwe kugenzura amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma, Nyirasafari Esperance ni we kuri ubu uyoboye Sena mu buryo bw’inzibacyuho nyuma y’iyegura rya Dr Augustin Iyamuremye, nk’uko bigenwa n’Itegeko rigenga imikorere ya Sena y’u Rwanda.
Inteko Rusange ya Sena yemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Ukuboza 2022, ko Dr Augustin Iyamuremye avuye burundu ku mwanya w’Ubuyobobozi bwa Sena, ndetse ikaba yakiriye n’ubwegure bwe ku murimo w’Ubusenateri.
Dr Iyamuremye Augustin wari Senateri ndetse anayobora Sena y’u Rwanda yatangaje ko yeguye kuri iyo myanya yombi kubera uburwayi, kugira ngo kwivuza kwe bitabangamira inshingano ashinzwe.