Banki ishinzwe amajyambere (BRD) yiteguye gushora miliyari 80Frw iyaha abahinzi, nyuma yo kumva ubunararibonye bw’ibihugu bitandukanye.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yasabye abitabiriye inama y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi muri Afurika (AFRACA), gushaka ingamba zatuma abahinzi binjiza menshi.
Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Dr. Monique Nsanzabaganwa, atangarije inama ya AFRACA ibera i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kanama 2016, ko u Rwanda rufite imibare ishimishije y’abashobora kugera kuri serivisi z’imari, ariko ngo hasigaye kuzibyaza umusaruro.
Abitabiriye inama yateraniye i Kigali yiga ku ishoramari mu bigo by’imari biciriritse, bari kuganira aho ishoramari mu buhinzi rishobora guturuka kugira ngo rifashe Afurika mu gutera imbere.
Abashumba b’Amatorero ya gikrisitu, Bishop Albert Rugamba wa Bethesda na Masengo Fidele wa Four Square, baraburira abantu batari mu gakiza.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rutangaza ko bitakiri ngombwa gutumiza indi sima hanze, mu gihe Leta yaba ishaka kungukira ku bikorerwa mu gihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateguje ibihumbi birenga umunani by’abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ko bagiye kwiga irindi shuri ryo guhatanira imirimo.
Ministiri w’Inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba yijeje abitabira imurikagurisha mpuzamahanga(Expo), ko Leta izababonera aho gukorera hagutse kandi hujuje ibisabwa.
Umuganura w’uyu mwaka wa 2016 uzizihizwa werekana ibyo u Rwanda rukora ariko uhuzwe n’Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino (FESPAD) mu rwego rwo kugaragaza umuco w’uyu mugabane.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) ruravuga ko rwahaye amahirwe n’umwanya munini ibigo by’Abanyarwanda mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 mu Rwanda, kugira ngo rubafashe guteza imbere ibihakorerwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye abatumye imitegurire y’inama y’Ubumwe bw’Afurika yateraniye i Kigali igenda neza, avuga ko n’abashyitsi batunguwe uko bakiriwe.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burizeza ko buzongera icyizere abawutuye bagirira inzego z’ibanze, nyuma yo kugaragarizwa ko kidahagije.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yatangaje ko irimo gusubira mu biranga abarinzi b’igihango, kuko ngo abatowe mu mwaka ushize batizweho bihagije.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Burundi buteye urujijo, aho ubwicanyi bukomeje kandi abahagarariye iki gihugu barasohotse mu nama y’Ubumwe bwa Afurika itarangiye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangarije bagenzi be ko ibiciro byo guhamagarana hamwe na hamwe muri Afurika byagabanutse.
U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika byahawe igihembo cyo guteza imbere abagore, aho rwashimiwe kugira abagore benshi muri politiki n’imiyoborere.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bateraniye i Kigali, babuze uwo bahitamo uzasimbura Dr Nkosazana Dlamini Zuma ku mwanya w’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe.
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika uteraniye i Kigali watanze pasiporo (urwandiko rw’inzira) yo kugenda ibihugu bya Afurika nta mipaka, bwa mbere ku bakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Tchad.
Afungura ku mugaragaro Inteko Rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika iteraniye mu Rwanda, Perezida Kagame yasobanuye ko ubumwe bw’abatuye uyu mugabane bugomba kugaragarira mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage.
Umwiherero w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, wemeje uburyo Afurika itazongera gushingira ku nkunga z’amahanga, aho buri gihugu kizasoresha 0.2% kuri buri gicuruzwa gitumizwa hanze.
Impuzamiryango ya Sosiyete Sivile Nyafurika ikora ubujyanama mu by’ubukungu, imibereho myiza n’umuco (ECOSOCC), iremeranya na Leta z’ibihugu zishaka kwitandukanya n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ko kuruvamo ntacyo bizabitwara.
Umuryango w’ubufatanye bwa Afurika mu by’Ubukungu (NEPAD), uratangaza ko ugiye gushaka ingufu z’amashanyarazi mu rwego rwo guteza imbere inganda kuri uyu mugabane.
Umwarimu wigisha ibijyanye n’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr Alphonse Muleefu aratangaza ko kwivana mu Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kw’ibihugu bya Afurika bitanyuranije n’amategeko arugenga.
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika(AU) wemeje ko uzatanga passport(urwandiko rw’inzira) ku Banyafurika mu rwego rwo koroshya kugenderana kwabo; ariko hari abawusaba kugira amakenga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe mu Rwanda, bashobora kwanzura kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC).
Inama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe(AU) iteraniye mu Rwanda, iravuga ko ihangayikishijwe n’ikibazo cy’abimukira, ariko ngo bagiye kukigira umwihariko w’ikindi gihe.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yizeje abitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) iteraniye i Kigali, ko hazavamo umusaruro unogeye abaturage.
Abamasaderi bashya mu Rwanda bashyikirije Perezida Kagme impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, bizeje ko bazashyigikira igihugu umutekano n’ubukungu.
Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Dr Nkosazana Dlamini Zuma yahamagariye ibihugu kwita ku buhahirane mu rwego rwo kwirinda gusabiriza.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) ruvuga ko rwanenzwe kutorohereza abacuruzi n’abubatsi kubona sima rukora, bigatuma igihugu gikomeza kuyitumiza hanze.