Ikiyaga cya Mutukura kigiye kubyazwa umusaruro cyuhirizwa imirima mu gishanga cya Rugende, nk’uko Abakandida-Depite ba FPR-Inkotanyi babyijeje abaturage b’i Rusororo.
Komisiyo y’Amatora(NEC) iravuga ko indorerezi 950 zimaze kwemeza kuzakurikirana imigendekere y’amatora y’Abadepite zidahagije, hagomba kwiyongeraho abaturuka mu mitwe ya politiki.
Minisitiri wa Afurika y’Epfo ushinzwe Igenamigambi, Dr Nkosazana Dlamini Zuma yaje mu Rwanda kureba uko inzego zikorana n’abaturage.
Ikigo gishinzwe iteganyagihe ry’u Rwanda “Meteo-Rwanda” gitangaza ko imvura igwa muri iki gihe cy’impeshyi izageza mu gihe cy’umuhindo ikigwa.
Ihuriro ry’ibihugu bigize ihembe rigari ry’Afurika ryiga ku iteganyagihe (GHOACOF), ryiyemeje gufasha abagore bo mu cyaro koroherwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Umunyamabanga Mukuru w’amatorero y’abavutse ubwa kabiri (FOBACOR), Rev Patrick Joshua Twagirayesu avuga ko Imana itemera demokarasi nk’uko Leta z’ibihugu zibigenza.
Ashingiye ku mateka y’urwango Abanyarwanda baciyemo ariko bakaza kwiyunga, umwe mu bayobozi b’Ingabo z’Amerika yahanuriye u Rwanda ko ruzagira agaciro k’intangarugero.
Abiga mu Ishuri Rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Tumba bagaragaje igicanwa kigurwa 50Frw, gishobora guteka ibiribwa bihira amasaha abiri.
Ubuyobozi bw’idini ya Islam buranenga bamwe mu bayoboke bayo bagurishije inyama ku bakene ku munsi mukuru w’igitambo (Iddil Adha).
U Rwanda n’u Butaliyani byagiranye amasezerano yo kugenderana kw’Abanyaburayi n’abatuye akarere u Rwanda ruherereyemo, hakoreshejwe indege z’ibihugu byombi.
Abakandida-Depite ba RPF-Inkotanyi bavuga ko imijyi itandatu yunganira Kigali yose igomba kuzashyirwamo amashami ya Kaminuza y’u Rwanda.
Mu mashuri 90 yagenzuwe na Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) mu gihembwe cya mbere n’icya kabiri cy’uyu mwaka wa 2018, agera kuri 57 azatangira akerereweho icyumweru kimwe bitewe no kutuzuza ibisabwa.
Umuryango wita ku bana batagira ubafasha (SOS) uvuga ko hari ingo nyinshi z’Abaturarwanda babana batarasezeranye, bakarinda basaza bitwa ingaragu.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gikomeje ibarura ry’abaturanye n’ibishanga, mu rwego rwo kubashakira uburyo bakwimuka aho batuye.
Umuryango Commonwealth uhuza ibihugu byakoronijwe n’u Bwongereza hamwe n’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, uravuga ko u Rwanda ruzarusha ibindi bihugu biwugize kwakira inama yawo muri 2020.
Igitabo “Umugabo mu mugambi w’Imana” cyanditswe na Rev Dr Antoine Rutayisire wo mu Itorero ‘Anglican’, kirasaba abagabo gukorera ingo zabo.
Mushiki wa Perezida wa Congo-Brazzaville, Daniele Sassou Nguesso avuga ko u Rwanda rwamuhaye urugero rumufasha kurwanya akarengane gakorerwa abagore n’abakobwa iwabo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko amatongo akigahagaragara ari uko hari 30% by’abananiwe kubahirizwa ibyo igishushanyo mbonera giteganya.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rirashinja ibihugu by’Afurika kwirengagiza indwara zimwe na zimwe kugeza ubwo zimugaza abaturage.
Akarere ka Nyarugenge karavuga ko nyuma y’ikorwa ry’umuhanda uhuza Nyamirambo n’ikiraro cya Nyabarongo mu murenge wa Kigali, imiturire y’akajagari izakurwaho.
Imiryango y’Abagide (aba Scout b’abakobwa) gatolika ku isi, bahuriye i Kigali aho biga ku bumuntu(humanity) bw’ejo hazaza, hashingiwe ku burere bw’umukobwa.
Abashinzwe umuteno baturuka mu bihugu icyenda by’Afurika bari mu Rwanda, aho biga uburyo bushya barindira abaturage umutekano banabashakira imibereho myiza.
Kampanye yiswe "Visit Rwanda" y’Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB) kibifashijwemo n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, irimo kureshya abazaza Kwita izina abana b’Ingagi.
Abayobozi mu Ntara ya Rhenanie-Palatinat yo mu Budage biyemeje gufasha ab’uturere tw’u Rwanda kunoza imikorere no gusangira ubunararibonye n’abaturage.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ivuga ko izakomeza korohereza abacuruzi bato b’ibyambukiranya imipaka, ishingiye ku kamaro bafite mu bukungu no kubanisha neza ibihugu.
Abayobozi n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bagiye kwigana ubutwari bw’Inkotanyi mu kuyobora abaturage.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko nihagira abanyeshuri bagaragarwaho ingengabitekerezo ya Jenoside, bizajya biryozwa ababyeyi babo, ngo kuko ari bo baba bayikongeza mu bana.
Bamwe mu barangije kwiga amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko mu gihe abiga ubumenyi rusange barangiza bakaba abashomeri, bo atari ko bimeze.