Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge(NURC) ikomeje gusaba amadini n’amatorero yose mu gihugu guhuriza hamwe imbaraga bagashyigikira imibereho y’abaturage, n’ubwo bafite ukwemera gutandukanye.
Mu ngamba Perezida mushya wa Komisiyo yo kuvugurura Amategeko (Law Reform Commission), Domitilla Mukantaganzwa avuga ko azanye, harimo gufatanya n’abaturage gutora amategeko ndetse no kuyabigisha.
Isabukuru yiswe ‘Kusi Ideas Festival’ y’ikigo cy’Itangazamakuru n’Itumanaho, ‘Nation Media Group(NMG)’ cy’Umunyakenya Aga Khan, irahuza impuguke zirimo n’abakuru b’ibihugu, aho baganira kuri ejo hazaza ha Afurika mu myaka 60 iri imbere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, asaba urubyiruko kwigira ku Banyarwandakazi, Kwizera na Kagirimpundu baheruka guhabwa ibihembo by’umuherwe w’Umushinwa Jack Ma.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba inzego z’ubutabera kwirinda ruswa kugira ngo batange urugero rwiza ku Banyarwanda bose.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo(MININFRA) ibinyujije mu kigo gishinzwe Ingufu(REG), yagaragaje ibikorwa remezo byubatswe guhera muri Werurwe 2019, bizanyuzwamo amashanyarazi aturuka cyangwa yoherezwa hose mu gihugu no hanze yacyo.
Urugaga rw’abavuzi b’amatungo(abaveterineri) rufitanye ibiganiro n’inzego zitandukanye kuva tariki 04-06/12/2019, kubera ikibazo cy’ubuzima bw’amatungo kinafite ingaruka ku buzima bw’abantu.
Uruganda rw’imodoka za Volks Wagen (rukorera mu Rwanda), rubifashijwemo n’ikigega cy’Abadage gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (GIZ) ndetse na Leta y’u Rwanda, rwatanze bwa mbere impamyabumenyi ku bashoferi 159 bazabikora kinyamwuga.
Ndayambaje Jackson, umusore w’Umunyarwanda w’imyaka 26, agaragaza kwiheba gukabije bitewe no gufungirwa mu magereza menshi mu gihugu cya Uganda, aho avuga ko yakubitiwe, akicishwa inzara ndetse akanakoreshwa imirimo y’agahato.
Abapolisi 240 b’u Rwanda, kuri uyu wa mbere basimbuye bangenzi babo 240 bamaze umwaka mu muri Sudani y’Epfo, aho bajya kurinda ibigo by’Umuryango w’Abibumbye (UN), abakozi bawo ndetse n’inkambi z’impunzi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame asaba ko imihanda yose mu mujyi wa Kigali igomba kuba isukuye nk’iyegereye amahoteli manini.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) hamwe n’imiryango Mastercard Foundation na VVOB w’Ababiligi, basabye abarimu kurushaho gutanga uburezi bufite ireme.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) hamwe n’Urugaga nyarwanda rw’Abikorera(PSF), baravuga ko Ihuriro mpuzamahanga riteza imbere ubuhinzi muri Afurika(AGRF), rigiye kuba umusanzu ukomeye mu kurwanya imirire mibi.
Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisite b’Umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati n’uburasirazuba, Dr. Blassious Ruguri yashimye Perezida Kagame wabahaye ikibanza i Gacuriro, bakaba bagiye kucyubakamo ibitaro biri ku rwego mpuzamahanga.
Hitamana Emmanuel w’imyaka 22 hamwe na Muhawe Elia w’imyaka 21, bagarutse mu Rwanda nyuma yo kurekurwa na Uganda muri uku kwezi k’Ugushyingo 2019, aho bavuga ko bacitse imirimo y’agahato, gukubitwa no kwicishwa inzara.
Uzamukunda Anne-Marie, ni umwe mu babyeyi b’abana 336,210 kuri ubu barererwa mu ngo mbonezamikurire z’abana bato (ECDs), bakomoka ahanini mu miryango itishoboye.
Muri kaminuza y’amahoteli, ikoranabuhanga n’ubukerarugendo (UTB) ku Kicukiro, umunyeshuri wese winjiramo abanza gukoza ikarita ku kuma kari ku rukuta, agahita abona ifoto ye n’andi makuru amuranga ku rundi rukuta rw’imbere ye.
Ni kenshi uzabona ko iyo imvura iguye izuba rirasiramo, mu kirere hahita hishushanyamo umukororombya ndetse n’imvura yari igiye kugwa ikayoyoka cyangwa ikagabanya ubukana yari izanye.
Umuhoza Charlotte ni umwe mu babyeyi bitabiriye umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana ku bana bavuka badashyitse wizihirijwe ku bitaro by’akarere ka Kirehe kuwa kabiri tariki 19 Ugushyingo 2019.
Nsengiyumva Emmanuel w’imyaka 25 y’ubukure, ni umwe muri 320 bambitswe ipeti rya ‘sous-lieutenant’ na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2019 i Gako mu karere ka Bugesera.
Abanyeshuri bagaragarije inzego zitandukanye uburyo Abanyarwanda (kugera ku badafite amikoro ahagije), bashobora kubeshwaho n’ubumenyi bwigishwa mu Rwanda.
Lt Gen.(Rtd) Romeo Dallaire, wigeze kuyobora ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda(MINUAR) muri 1994, yasabye ibihugu birimo u Rwanda gufasha amahanga kurwanya iyinjizwa ry’abana mu gisirikare.
Abaturage barimo abo mu karere ka Ngoma bavuga ko gushyirwa mu byiciro by’ubudehe bitajyanye n’ubukungu bafite, bigatuma Leta itabitaho uko bikwiye.
Umuryango RPF-Inkotanyi usaba abagore bawugize kurwanya ubukene n’ihohoterwa byugarije ingo, bakirinda kunyurwa manuma (kwishima ntacyo bagezeho).
Abanyasuwede bashinze itorero rya ADEPR mu Rwanda babisikanye n’Abanyakoreya, Leta zunze ubumwe za Amerika na Canada, aho barimo kugenzura niba bakongera kurifasha.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aremeza ko ibyo u Rwanda rushinjwa byo kuneka ibindi bihugu cyangwa abaregwa guhungabanya umutekano warwo ari ukuri.
Umuryango w’Abanyarwanda biyemeje kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside, ‘Umurinzi Initiative’ (hamwe n’inshuti zawo), uravuga ko uwitwa Charles Onana abifashijwemo na televiziyo y’Abafaranga ‘LCI’ bakomeje gukorera Abatutsi Jenoside.
Umusaza w’imyaka 77 y’ubukure utuye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, kuri ubu aricuza kuko ab’urungano rwe bakiriho ngo bamerewe neza, mu gihe we yifuza uwamuha n’ikirahure kimwe cy’amata akamubura.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo, batoranyije imishinga 10 y’urubyiruko, igomba kuvamo ifasha Leta kurinda abangavu gutwita no kwandura indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagaragarije Urugaga rw’abagore bashamikiye kuri FPR-Inkotanyi muri Nyarugenge, ko umuryango Nyarwanda utorohewe n’amakimbirane.