Nyiramugisha Nadia wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze arashimira Kigali Today yamukoreye ubuvugizi, umwana we akaba yatangiye kuvurwa nyuma y’uko yari amaze imyaka itatu afashwe n’indwara idasanzwe akabura amikoro yo kuvuza uwo mwana we.
Abagize Umuryango w’ihuriro ry’abayobozi b’amadini n’amatorero mu Rwanda witwa “Rwanda Religious Leaders Initiative”, bari mu mahugurwa mu turere tunyuranye tw’igihugu agamije kurwanya amakimbirane akorerwa mu miryango, by’umwihariko ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana.
Mu ijambo Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi akaba na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yagejeje ku bitabiriye inama ya komite nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi, yamaganye abakomeje gucamo Abanyarwanda ibice bagamije gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda no gusubiza inyuma iterambere igihugu kimaze kugeraho, yifashisha (...)
Amatsinda y’abana mu mirenge itanu yo mu Karere ka Burera baratabariza abana bagenzi babo bakigaragara ko bakoreshwa imirimo mibi, ibyo bikaba intandaro yo guta ishuri.
Iradukunda Vincent wo mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, akubiswe n’inkuba ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30 Mata 2021, ubwo yari ageze mu muryango agiye kwinjiza mu nzu intama yari avuye gucyura ahita ahasiga ubuzima n’iyo ntama ye.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bushyizeho amabwiriza ajyanye n’imyubakire ibereye umujyi wa Musanze, ubuyobozi buremeza ko ibikorwa byo kubaka inzu zijyanye n’igihe biri kugenda neza aho bigeze kuri 65%.
Abenshi mu batuye umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bahangayikishijwe n’ubujura buri gufata indi ntera aho ubyutse mu gitondo agasanga inzu ye itatobowe yiruhutsa, abaturage bakavuga ko basigaye bararana ubwoba.
Ntibisanzwe ko umukino uhagarikwa wamaze gutangira mu bihugu byateye imbere mu mupira w’amaguru bitewe n’uburangare bw’imyiteguro ku kibuga, ariko muri Shampiyona y’u Rwanda ho bimaze kumenyerwa aho bifatwa nk’ibisanzwe umukino ugahagarikwa hatitawe ku bihombo amakipe agira mu gihe umukino uhagaritswe.
Mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rutunguranye rw’umusore w’imyaka 22 witwa Niyonzima Alexis, aho mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Mata 2021 bamusanze ari umurambo uziritse umugozi mu ijosi.
Mu gihe kirekire abaturiye ikibuga cy’indege cya Ruhengeri babwiwe ko bazimurwa ku mpamvu zo kwagura icyo kibuga, ariko amaso agahera mu kirere bamwe inzu zikabasaziraho nyuma y’uko babujijwe kubaka no gusana izishaje, icyo kibazo ngo cyaba kigiye gusubizwa bakimurwa dore ko n’ingengo y’imari izakoreshwa mu kubimura isaga (...)
Mu mujyi wa Musanze hamuritswe ikiribwa gishya cy’inyama z’ibinyamujonjorerwa (Ibinyamushongo), abaturage baziriye bemeza ko ziryoshye kurenza inyama basanzwe barya zirimo n’inyama z’inkoko.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda bakomeje kongererwa ubumenyi ku bihumanya ikirere, binyuze mu mushinga The Rwanda Climate Change Observatory wa Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ku bufatanye na Kaminuza yo muri Amerika, Massachusetts Institute of Technology, mu rwego rwo guhangana n’ibitera ihumana ry’ikirere.
Minisiteri y’Uburezi iremeza ko u Rwanda ruri mu bihugu byateye imbere mu bushobozi bwo gupima ibyuka bihumanya ikirere, ndetse rukaba n’igihugu gifite ikigo cyabugenewe mu gucunga ubuziranenge bw’umwuka.
Muhayemungu Abel wari ufite imyaka 14 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu buhamya yatanze yagaragaje uburyo yarokokeye aho yihishaga mu rukuta rukozwe n’imirambo, aho yari yihebye azi ko adashobora kubaho.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, INES-Ruhengeri, ryazamuye urwego rwaryo rwa Laboratoire aho rimaze kwakira imashini z’ubwoko icumi bunyuranye, zije kunganira Laboratoires 10 z’iyo kaminuza hagamijwe kuzamura ubushakashatsi, kuzamura ireme ry’uburezi no gufasha abaturage hirya no hino mu gihugu mu birebana n’amazi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze FC, bwemeza ko budatewe ubwoba no kuba bari mu itsinda rikomeye bise iry’urupfu, aho ngo biteguye kuzasoza amajonjora mu matsinda bayoboye iryo tsinda rigizwe na Police FC, As Kigali, Musanze na Etincelles.
Abenshi mu bamenye amateka yaranze icyahoze ari Komini Kinigi, bahafata nk’ahantu hadasanzwe mu kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside, aho bemeza ko ariho habereye igeragezwa rya Jenoside mu gihugu ndetse Umututsi wa mbere akicwa n’abagore ku itariki ya 26 Mutarama 1991, bamwicishije amabuye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi JMV, yayoboye inama ya nyuma asezera ku nshingano yari afite zo kuyobora FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, atanga impanuro zagenderwaho kugira ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi ukomeze kuzamura iterambere ryawo muri iyo Ntara.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ifite icyizere cy’uko ibyumba by’amashuri byubakwa mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi bitangira kwakira abana muri Nzeri uyu mwaka, ibyo bikazagabanya ubucucike mu mashuri binafasha abana bajyaga biga bakoze ingendo ndende.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe burashimira abatuye Umurenge wa Nyarubuye kuba ku mwanya wa mbere muri gahunda yo kwimakaza Ubumwe n’ubwiyunge, bigahesha ako karere kuza ku isonga muri gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge hagendewe kuri raporo y’umwaka ushize.
Urwibutso rwa Kinigi mu Karere ka Musanze rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 166, rufite amateka adasanzwe kuko imibiri irushyinguyemo ari iy’Abatutsi bishwe mbere ya 1994.
Mukamugema Immaculée wo mu murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze avuga ko mu gace atuyemo, ubukangurambaga ku bumwe n’ubwiyunge butarashinga imizi, aho yumva mu tundi duce tw’igihugu habaho gahunda yo gusaba imbabazi ku bakoze Jenoside no kuzitanga ku bayikorewe, ariko we akaba amaranye intimba igihe kinini, aho yifuza (...)
Hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, ibikorwa by’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biragenda byigaragaza, aho bakomeje kwibumbira mu matsinda abafasha guharanira gukira ibikomere basigiwe na Jenoside, bagana inzira yo kwiyubaka.
Ku muhanda wa Kaburimbo Musanze-Burera werekeza ku mupaka wa Cyanika, mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, ariko umwirondoro we ntiwahise umenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwatangiye umushinga ukomeye wo kubaka inzu nini yakira inama mpuzamahanga bamaze guha izina rya Musanze Convention Centre, muri gahunda y’ivugurura ry’umujyi rigiye gukorwa, aho igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Musanze kigaragaza ko uwo mujyi uzaba uri ku buso bwa hegitari (...)
Ubuyobozi bw’Urwego bw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Ntara y’Amajyaruguru bwagaragaje ko ibikorwa bitatu by’ingangabitekerezo ya Jenoside byabonetse muri iyo Ntara ku munsi wo gutangiza gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mukanoheli Josée wari ufite imyaka 10 muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aravuga ingorane yagiriye mu ivangura, ubwo yatotejwe yiga mu mashuri abanza kugeza ubwo yari mu bo batoranyaga mu ishuri ryabo ngo baheke isanduku yabaga yuzuyemo imitumba mu rugendo rwakorwaga rwitwaga urwo“Guhamba Rwigema”.
Abatuye umurenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bakomeje gufasha Leta mu bikorwa binyuranye aho bemeza ko iterambere n’umutekano urambye ari bo bagomba kuba ku isonga mu kubiharanira, cyane ko baherutse kugurira DASSO moto ifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 300.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal Jean Pierre Karabaranga, avuga ko umuco wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umaze gushinga imizi muri icyo gihugu, dore ko ari n’igihugu cyamenye ububi bwayo kuva igitangira, aho cyari gifite ingabo mu mutwe wa L’ONU wari mu Rwanda.
Imbabazi Dominique Xavio wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, avuga ko ageze ku iterambere abikesha umushinga wo gukora ifumbire yifashishije iminyorogoto, akaba anorora n’inyo nk’ibiryo by’amatungo ndetse yorora n’ibinyamushongo nk’uburyo bwo gukemura ikibazo cy’imirire mibi.