Ubwo abatuye Umurenge wa Nyamiyaga, bitabiraga inteko y’abaturage yari iyobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, bamwe mu baturage batishoboye batunguwe no kubona nyuma y’iyo nteko, haza imodoka yuzuye ibiribwa bibagenewe.
Abaturage bari mu cyiciro cy’abazimurwa mu mushinga wo kwagura Pariki y’Igihugu y’ibirunga, biganjemo abatuye Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, basoje amahugurwa bamazemo umwaka ajyanye no kwiga uburyo bwo guhanga imishinga igamije iterambere.
Imyaka imaze kurenga itanu raporo y’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere (RGB), igaragaza ko inzego z’Umutekano (Ingabo na Polisi) ziza ku isonga mu kugirirwa icyizere n’abaturage.
Umupadiri witwa Wycliffe Byamugisha wo muri Arkidiyosezi Gatolika ya Mbarara, yitabye Imana azize impanuka ikomeye y’imodoka ku cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024.
Mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Cyabingo Akarere ka Gakenke, haravugwa impanuka y’abasore batatu bagwiriwe n’ibiti ubwo bari mu kazi ko kubakira ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro, umwe ahasiga ubuzima.
Ibireti ni kimwe mu bihingwa ngengabukungu u Rwanda rwohereza mu mahanga byinjiriza u Rwanda amadovise atubutse, aho buri mwaka icyo gihingwa cy’ibireti cyinjiriza u Rwanda agera kuri Miliyoni 10 z’Amadolari, ni ukuvuga abarirwa muri Miliyari 13 na Miliyoni 581 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ikigo cya HORIZON SOPYRWA Ltd gishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw’ibireti mu Rwanda, cyateguye umunsi wagenewe abahinzi b’ibireti bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Intara y’Iburengerazuba, mu rwego rwo kubashimira uburyo bongereye umusaruro mu bwiza no mu bwinshi.
Ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga byo mu ijoro ryo ku itariki 02 rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, byibasiye uduce dutandukanye tw’Igihugu cyane cyane abatuye Intara y’Iburengerazuba, aho byahitanye abantu 135 bo hirya no hino mu gihugu.
Abarimu 2425 bo mu Turere twose tw’Igihugu bigisha isomo ry’amateka y’u Rwanda, bari bamaze iminsi mu mahugurwa, bavuga ko impamba batahanye ibakuyemo ubwoba bajyaga bagira iyo bigisha iryo somo, bujyanye no kuba bayagoreka biturutse ku mpamvu zitandukanye.
Abasaba serivisi muri imwe mu Mirenge yo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hari inyubako z’Imirenge zitajyanye n’icyerekezo, bavuga ko zafatira urugero ku nyubako nshya y’Akagari ka Kora ko mu Murenge wa Gitega, aho bemeza ko kubatse neza kuruta Imirenge.
Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yandikiwe ibaruwa na Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta (NPSC), imusaba gukuraho icyemezo cyo kwirukana umukozi witwa Ndagijimana Froduald ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.
Imvura yaguye mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, yatumye umugezi wuzura uyobera mu mirima y’abaturage, wangiza imyaka y’ibigori ihinze ku buso bwa hegitari enye.
Urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ll, ruri kubakwa hagati y’Uturere twa Gakenke na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo.
Imvura ivanze n’urubura yaguye ku itariki ya 01 Ukwakira 2024 ikibasira Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, yasigiye abaturage ibibazo bikomeye nyuma y’uko urubura rwangije imyaka yabo, bakaba bibaza ku buzima bwabo bw’ejo hazaza.
Abahanga bavuga ko siporo ari kimwe mu bituma ubuzima bwa muntu burushaho kugenda neza, haba mu mikorere no mu mitekerereze, mu mashuri siporo igafasha abana kuruhuka no gutuma ubwonko bukora neza bakabasha gutsinda, bamwe bakagira siporo umwuga ikaba yabateza imbere.
Mu bakurikiranye ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame, mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, byagorana kubona umuntu utarumvise indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’.
Mu Kagari ka Mucaca Umurenge wa Rugengabali mu Karere ka Burera, haravugwa amakuru y’urupfu rw’umugabo witwa Tuyizere Jean Paul, rutemeranywaho na benshi mu batuye ako gace.
Mu Murenge wa Mukamira ku muhanda Musanze-Rubavu, habereye impanuka ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, aho ikamyo ipakiye umusenyi (garaviye) igwiriye umunyonzi ahita yitaba Imana.
Hirya no hino mu Mijyi itandukanye, hajyaga hagaragara moto zitwaye abagenzi n’imizigo yabo, aho wasangaga umugenzi afite nk’agakapu avuye guhaha umumotari akagashyira imbere mu mahembe mu gufasha umugenzi kwicara neza, hakaba n’ubwo umugenzi agakikiye.
Abatuye akarere ka Gicumbi, byumwihariko abo mu Murenge wa Byumba n’indi iwukikije bahangayikishijwe n’imigenderanire yahagaze, nyuma y’uko ikiraro cyambukiranya umugezi wa Ruhoga kiridutse.
Imisozi itandukanye igize Akarere ka Gakenke yahindutse umweru mu kanya kashize, bitewe n’urubura rwaguye mu mvura idasanzwe yo kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024.
Intara y’Amajyaruguru ifite byinshi yihariye, bikomeje gukurura umubare mwinshi w’abaza bayigana, mu rwego rw’ubukerarugendo.
Benshi bemeza ko umupira w’amaguru ari wo mukino ukunzwe mu Rwanda ndetse no hirya no hino ku isi, hagendewe ku bwitabire bw’abafana kuri sitade.
Kanyamakawa Emmanuel, umwe mu bagabo bafashe icyemezo cyo kuboneza urubyaro yifungisha burundu, araburira abagabo banga kuboneza urubyaro bagendeye ku makuru y’ibihuha, avuga ko nyuma y’uko aboneje urubyaro, urugo rwe rwarushijeho gutera imbere.
Diyosezi ya Kibungo ifite Paruwasi nyinshi zafunzwe muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, ku mpamvu zo kutuzuza bimwe mu bisabwa byagendeweho muri gahunda yo gufunga Kiliziya n’insengero zitujuje ibisabwa.
Uko ubukangurambaga bujyanye na gahunda yo kuboneza urubyaro bukomeje gushyirwamo imbaraga, birafasha abaturage kumva neza iyo gahunda, u Rwanda rukaba rugeze kuri 64% mu gihe intego y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ari ukugera kuri 60%.
Ku wa Mbere, tariki 23 Nzeri 2024 nibwo mu Murenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, hatangirijwe ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka umuhanda mushya wa kaburimbo Nyacyonga-Mukoto, ureshya na kilometero 36.
Ni itsinda ry’Abayobozi mu nzego zitandukanye muri Cameroon, ryakoreye mu Rwanda urugendo shuri, mu rwego rwo kwiga uko umugore akora Politike n’uburyo yitwara mu nzego zifata ibyemezo, by’umwihariko mu nzego z’ibanze, akabasha kwesa imihigo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, nibwo Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, uherutse gutorerwa kuba Umushumba wa Diyosezi ya Butare yageze muri iyo Diyoseze, yakiranwa urugwiro rudasanzwe.
Hirya no hino mu masoko yo mu Karere ka Musanze, haragaragara impinduka ku giciro cy’ibirayi, aho byazamutse mu buryo butunguranye ikilo kigera ku mafaranga 800, aho bikomeje kwibazwaho na benshi barimo abacuruzi babyo n’abaguzi.