Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema uri mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, maze yunamira inzirakarengane zihashyinguye.
Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema, uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema muri Village Urugwiro. Ni uruzinduko rw’iminsi ibiri umukuru w’igihugu cya Zambia arimo kugirira mu Rwanda hagamijwe gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri. Ni uruzinduko rugamije gushimangira umubano hagati y’u Rwanda na Zambia.
Umuraperi akaba Umunyarwenya n’umukinnyi wa filime, Nick Cannon, amaze kubyara abana 12 kandi yatangaje ko nta gahunda yo guhagarika kubyara afite keretse Imana yonyine ari yo ibimusabye.
U Rwanda na Pologne byasinyanye amasezerano y’ubufatanye ajyanye no guhugura abakora mu nzego za dipolomasi, ndetse hakazashyirwaho Ikigo gitanga ayo mahugurwa.
Umuraperikazi w’umunyamerika Onika Tanya Maraj- Petty uzwi cyane nka Nicki Minaj yashize amanga ahishura ko Lil Wayne ari we mpamvu yatumye ajya kwiyongeresha ibice by’umubiri we birimo n’ikibuno.
Abakozi b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, igikorwa cyabereye ku rwibutso rwa Jali mu Murenge wa Jali, mu Karere ka Gasabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Dr. Victoria Kwakwa, Umuyobozi wungirije wa Banki y’Isi, ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.
Ku nshuro ya mbere i Kigali mu Rwanda hagiye guhurira ibihangange mu muziki ku Mugabane wa Afurika, bizahurira mu Iserukiramuco rizwi nka ‘Giants of Africa Festival’.
Mu kiganiro aherutse kugirana na Million Dollaz Worth Of Game ku ya 12 Kamena 2023, umuhanzi David Adedeji Adeleke cyangwa se Davido yavuze ku ko buri munsi ahorana akababaro kenshi nyuma y’urupfu rw’umuhungu we w’imfura.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Beyoncé Giselle Knowles-Carter, ukomeje kuzenguruka u Burayi mu bitaramo bigamije kumenyekanisha Album ye nshya aheruka gusohora yise ‘Renaissance’, ubwo aheruka muri Suède yateje izamuka ry’ibiciro ku isoko.
Guinness World Records yemeje ko umutetsi wo muri Nigeria Hilda Baci, ari we ufite umuhigo mushya wo kumara amasaha menshi atetse aho yamaze amasaha 93 n’iminota 11.
Babu Tale, usanzwe ari Umujyanama w’icyamamare Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania, yatangaje ko inzu y’uyu muhanzi isanzwe ifasha abahanzi ya Wasafi, yafashe umwanzuro wo kuba yitondeye ibijyanye no gusinyisha abahanzi bashya.
Inteko y’Umuco yahawe inshingano zo gukurikirana no gutegura irushanwa rya Miss Rwanda, yatangaje ko hari gutekerezwa uko ryasubukurwa rigashingira ku gukosora amakosa yarigaragayemo.
Itsinda ry’abanyeshuri 20 bo mu Ishuri rya gisirikare ry’i Hamburg mu Budage, bari mu rugendo mu Rwanda rwatangiye kuva ku ya 10 rukazageza ku ya 17 Kamena 2023.
Umuhanzi Burna Boy ukomoka muri Nigeria, yahaye impano y’umukufi ukoze muri Diyama igihangange akaba n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Thierry Henry, wakiniye ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa na Arsenal.
Umunyamideri Moses Turahirwa wamamaye nka Moshions mu ruganda rw’Imyidagaduro cyane cyane mu ruhando rw’imideri yatakambiye urukiko asaba ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko ari gucikanwa n’amasomo yicyiciro cya gatatu cya Kaminuza.
Kuri uyu wa Mbere, Umuhanga mu guhanga imideri, Turahirwa Moses yitabye urukiko aho agiye kuburana ubujurire yatanze ku cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Umunya-Kenya w’umunyarwenya umaze kwamamara mu Karere no ku mugabane wa Afurika, Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli n’umushabitsikazi, Lynne, batangaje ko bitegura kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Umuhanzi Ossama Masut Khalid, umaze kwandika izina nka Okkama, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka imfura y’umwana w’umuhungu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, Yo-Yo Ma, inzobere mu gucurangisha igikoresho cya Cello, ndetse akaba yaranatsindiye Grammy Award inshuro 19.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro byiyongereyeho 14.1% mu kwezi kwa Gicurasi 2023, ugereranyije na Gicurasi 2022.
Umuraperi w’icyamamare, Tupac Amaru Shakur, umaze imyaka 27 yishwe, yahawe inyenyeri muri ‘Hollywood Walk Of Fame’ ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa yagezeho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi baturutse muri Volkswagen aho bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu y’ubufatanye buri hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, itsinda riturutse mu Ngabo z’u Bufaransa (FAF) riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’Amahanga, ryatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika, Prof. Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye mugenzi we ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P, wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys, aritegura kwerekeza ku mugabane wa Amerika, mu bitaramo bizenguruka Canada.
Damini Ebunoluwa Ogulu uzwi nka Burna Boy, yakoze amateka yamugize Umuhanzi wa mbere wo ku mugabane wa Afurika wagurishije amatike ibihumbi 80 yose y’igitaramo agashira ku isoko.