Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Kanama 2023, yakiriye Gen (Rtd) Roméo Dallaire, washinze Dallaire Institute for Children, Peace and Security uharanira kurwanya ikoreshwa ry’abana mu gisirikare, ndetse no kugarura amahoro n’umutekano.
Abaraperi bakomoka muri Afurika y’Epfo, Nasty C na Cassper Nyovest bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe ‘Ferwaba All Star Game Concert’ kizabera muri BK Arena tariki 23 Nzeri 2023.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, bakiriye Lt Gen (Rtd) Roméo Dallaire n’itsinda bari kumwe.
Umuhanzikazi Robyn Rihanna Fenty wamamaye mu muziki ku izina rya Rihanna n’umugabo we ASAP Rocky bibarutse umwana wabo wa kabiri (ubuheta) w’umukobwa.
Umunyamuziki ukomoka muri Tanzania, Naseeb Abdul Juma Issack uzwi nka Diamond Platnumz, yishimiye gukabya inzozi yahoranaga zo guhura na Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 13 Kanama 2023.
Madamu Jeannette Kagame yabigarutseho ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, byitabiriwe n’urubyiruko 2000 ruturutse hirya no hino mu gihugu, no mu bihugu 16 byo muri Afurika.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Korea y’Epfo Jin Park, kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023 yatangiye uruzinduko mu Rwanda rw’iminsi ibiri, rugamije kunoza umubano w’Ibihugu byombi, akaba yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.
Perezida Paul Kagame yakiriye Park Jin, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Koreya y’Epfo, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta n’itsinda ayoboye, yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Ethiopia rugamije kurushaho kunoza ubutwererane hagati y’Ibihugu byombi.
Umuhanzi wo muri Uganda, Joseph Mayanja wamamaye nka Dr Jose Chameleone, yasoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Ao) mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), rwatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 1 Nzeri 2023, hateganyijwe Umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 23 bavutse mu mezi 12 ashize.
Umuhanzi Engineer Santé Robert, uri kuzamuka neza muri muzika y’u Rwanda, yatangaje ko intego afite ari ukuba umwe mu bahanzi beza abanyarwanda bazamenya binyuze mu butumwa bwiza bw’isanamitima ndetse no muri muzika muri rusange.
Umunya-Kenya wabigize umwuga mu gutera urwenya Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli akaba umukinnyi wa filime n’umushabitsikazi, Njihia Lynne bari mu byishimo byo kwibaruka umwana w’umukobwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Biruta Vincent, n’intumwa ayoboye, kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Kanama 2023 yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri i Amman mu Bwami bwa Yorodaniya rugamije gushimangira ubutwererane bw’ibihugu byombi.
Umuhanzi Ngabo Medard Jorbet umenyerewe nka Meddy, ni we muhanzi wenyine ukomoka mu Rwanda uhatanye mu bihembo bya All Africa Muzik Magazine (AFRIMMA 2023), bigiye gutangwa ku nshuro ya cumi.
Abahanzi batandukanye b’ibihangage ku mugabane wa Afurika biyemeje kunagura zimwe mu ndirimbo za Bob Marley zigize album yiswe ‘Africa Unite’ ikubiyemo indirimbo 10 z’uyu mugabo wamamaye mu jyana ya Reggae.
Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwagerageje kwikemurira uruhuri rw’ibibazo rwari rufite mu buryo bwose bwashobokaga, kandi ko ibyo ariko bizahora kabone nubwo hari ababifata ukundi.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Leta zunze Zbumwe za Amerika, zikorera ku mugabane wa Afurika (USAFRICOM) n’izo muri Leta ya Nebraska, zatangije ibikorwa by’iminsi itanu byo kuvura abaturage mu Karere ka Bugesera.
Umuhanzi Victor Rukotana watangaje ko ubu yahisemo kwiyegurira gukora umuziki wubakiye ku muco kandi ubyinitse mu buryo bwa Gakondo yashyize hanze EP (Extended Play) ye yise ‘Rukotana I’ iriho indirimbo eshatu.
Umuryango wa Céline Dion watangaje ko nubwo atari kugaragaza ibimenyetso byo gukira ariko bafite icyizere cyo kubona umuti wo kumuvura indwara ya ’Stiff-Person Syndrome (SPS), yibasira ubwonko.
Umuryango w’abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Bushinwa bateraniye hamwe bifatanya mu kwizihiza umunsi w’Umuganura wabereye kuri Ambasade y’u Rwanda i Beijing.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’abayobozi bashya n’abacyuye igihe b’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado.
Umuhanzi Nzamwita Olivier Joseph, uzwi mu muziki w’u Rwanda nka M1, yahishuye ko ari mu rukundo n’umunyarwandakazi w’umunyamideli wibera mu Bufaransa, Angel Divas Amber Rose.
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Palma, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Proscovia Musoke nyina wa Jose Chameleone yavuze ko we na se Gerald Mayanja, batifuzaga ko uyu muhungu wabo ajya mu bikorwa by’umuziki ahubwo agakomeza amashuri.
Umuhanzi Josh Ishimwe umaze kwigarurira imitima y’abakunda indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu buryo bwihariye bwa gakondo agiye gukora igitaramo cye cya mbere yatumiyemo Chorale zikomeye zirimo Christus Regnat.
Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro yakiriye Dr Ron Adam, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda waje kumusezeraho.
Muheto Bertrand umaze kubaka izina mu njyana ya Trap Music nka B-Threy n’umugore we Keza Nailla bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’imfura.
Dr Mukeshimana Gérardine wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, yagizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga cyita ku iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ku Isi (IFAD).