Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abagore bo mu Rwanda no ku Isi yose, mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore.
Iri soko ryubatswe mu mujyi wa Mocimboa da Praia, ryuzuye mu minsi 54, rikaba rifite agaciro ka miliyoni 25Frw, nk’uko byatangarijwe muri uwomuhango.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, ku gushimangira ubufatanye bugamije gukemura ikibazo cy’abimukira, n’abakora ubucuruzi bw’abantu.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku Cyumweru tariki 05 Werurwe 2023, yitabiriye itangizwa ry’Inama ya 5 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku ngamba zo kwivana mu bukene kw’ibihugu bikennye kurusha ibindi ku Isi (LDC).
Perezida Paul Kagame yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yarenze umurongo utukura ubwo yafashaga umutwe w’inyeshyamba wa FDRL, kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda no kwica abaturage.
Ambasaderi Valentine Rugwabiza, intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Umuryango ugamije kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), basuye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu Karere ka Sam- Ouandja.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yagize Umunyarwandakazi Aissa Kirabo Kacyira, Umuyobozi w’ibiro by’uyu muryango muri Somalia, United Nations Support Office in Somalia (UNSOS).
Itsinda ry’abacuruzi n’abashoramari baturutse mu Rwanda bitabiriye inama y’ubucuruzi ibahuza na bagenzi babo bo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu mu rwego rwo kugaragaza amahirwe y’ishoramari n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Bénin, Patrice Talon, yagize Umunyarwanda Pascal Nyamulinda, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishizwe Irangamuntu (Agence Nationale d’Identification des Personnes/ANIP).
Ambasaderi w’u Rwanda muri Sudani, Abel Buhungu, yagaragaje ko uyu munsi u Rwanda ari icyerekezo nyacyo mu ishoramari mu nzego zitandukanye.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Gatete Claver, yagaragaje ko u Rwanda rufite ubushake muri gahunda n’ibiganiro by’Akarere, bigamije gushakira umutekano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), asaba imiryango mpuzamahanga gufata ingamba zihamye.
Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Maj. Gen. Albert Murasira, ku wa Kane tariki 16 Gashyantare 2023, yahuye ndetse agirana ibiganiro na mugenzi w’Ubwami bw’u Buholandi, Hon. Kajsa Ollongren.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe gutabara aho rukomeye rizitabira amarushanwa ahuza andi mashami y’abapolisi baturutse mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku isi, azabera I Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Umuyobozi mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), ushinzwe ibijyanye n’igenamigambi rya gisirikare, Admiral Herve Blejean, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu karere ka Mocimboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ishuri rikuru rya gisirikare, Rwanda Defense Force Command and Staff College (RDFCSC), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), batangije urugendoshuri rugamije gusobanurira abanyeshuri imikorere y’Urwego rw’Ubuzima Rwanda.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente, yagaragaje ko ikoranabuhanga no guhanga udushya biri mu byo guverinoma y’u Rwanda yashyize imbere mu cyerekezo cyigana ku iterambere yihaye.
Robyn Rihanna Fenty uzwi cyane nka Rihanna ubwo yari mu gitaramo cya Super Bowl Halftime Show cyabaye mu rukerera rwa tariki 13 Gashyantare 2023, yahishuriye abakunzi be ko atwite umwana wa kabiri w’umuraperi A$AP Rocky.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku Cyumweru tariki 12 Gashyantare 2023, yageze i Dubai aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga ihuza za Guverinoma ku Isi, yiswe World Governement Summit (WGS).
Umuraperi w’icyamamare wo muri Afurika y’Epfo, Kiernan Jarryd Forbes (AKA), yitabye imana arasiwe ku muhanda wa Florida i Durban.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof. Shyaka Anastase, yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abasenateri b’icyo gihugu, byari bigamije kuganira kuri gahunda z’ubufatanye mu bihe biri imbere.
Minisitiri w’Ingabo muri Mozambique, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, aherekejwe n’Umugaba wungirije w’ingabo, Lt General Beetolino Capetine, basuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Ancuabe, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), baganirijwe ku mutekano w’Igihugu n’uruhare Ingabo z’u Rwanda zigira mu mutekano wo mu Karere no ku rwego mpuzamahanga, banatemberezwa mu bice bibitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya akaba ari we muhuza mukuru mu biganiro byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa DR Congo yasabye ko habaho Inama yihutirwa y’abajyanama ba EAC mu gusuzuma ibibazo by’umutekano bikomeje kwifata nabi muri icyo gihugu.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde Madamu Mukangira Jacqueline yafunguye ku mugaragaro ibiro by’uhagarariye inyungu z’u Rwanda muri leta ya Bengal y’iburengerazuba no muzindi leta umunani z’u Buhinde.
Roger Winter, umwanditsi w’Umunyamerika akaba n’umugiraneza wemeye gushyira ubuzima bwe mu kaga ubwo yazaga mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma akaza kugirwa Umurinzi w’Igihango, yitabye Imana afite imyaka 80, ku ya 25 Mutarama 2023.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), Claver Gatete, yagaragaje ko urugomo rukabije rw’ihohoterwa rikorerwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanita Demokarasi ya Congo (DRC), cyane cyane kurwanya Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, bishingiye ku kuba Leta yarananiwe gukemura ibibazo by’umutekano.
Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), watangije ku mugaragaro gahunda yo gusuzuma niba Repubulika ya Somaliya yiteguye kwinjira muri uyu muryango.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ku wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, yagiriye uruzinduko muri Congo-Brazzaville, aho yashyikirije Perezida Denis Sassou-N’Guesso, ubutumwa bwa mugenzi we, Perezida Paul Kagame.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ku mugabane wa Afurika, yiga ku guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura yakiriye ndetse agirana ibiganiro n’abayobozi ba Kaminuza ya Kent State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bayobowe na Visi Perezida wayo, Dr Marcello Fantoni.