Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball muri Afurika, BAL, ryatangaje abahanzi bazasusurutsa iri rushanwa rigeze mu mikino yaryo ya nyuma yatangiye kuri uyu wa Gatandatu.
Umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yizihirije isabukuru y’amavuko mu gitaramo yafatiyemo amashusho y’indirimbo zizaba ziri kuri Album ye nshya.
Umuhanzi Hagenimana Jean Paul uzwi nka Bushali, mu rukerera rwo ku wa Gatanu tariki 19 Gicurasi 2023, nibwo yerekeje ku mugabane w’i Burayi aho agiye gukorera ibitaramo.
Perezida Paul Kagame yakoranye inama n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano.
Umuhanzi Nsengiyumva Rukundo Christian umaze kwamamara ku izina rya Chriss Eazy, kuri ubu ari kubarizwa i Burundi aho ari mu mushinga wo gusoza indirimbo yakoranye na Kirikou Akili.
Umuhanzi w’igihangange ku mugabane wa Afurika ukomoka muri Nigeria, Damini Ogulu, uzwi cyane ku izina rya Burna Boy, yatangaje ko yayobotse umuziki nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro, Moussa Faki Mahamat, Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AUC).
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yavuze ko u Rwanda rwiyemeje gukorana bya hafi na Zimbabwe mu nzego zitandukanye, mu guteza imbere ubukungu bw’ibihugu byombi.
Kuva ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023, i Harare muri Zimbabwe hateraniye inama ya kabiri ya Komisiyo ihuriweho igamije kwagura ubutwererane hagati y’u Rwanda na Zimbabwe (JPCC).
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda, bahuriye i Dubai mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 yakiriye Lord Popat, Intumwa y’u Bwongereza mu by’ubucuruzi, hamwe n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo kureba amahirwe ahari mu ishoramari.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zashyikirije Minisiteri y’Uburezi ibyumba bitandatu (6) zubatse kuri Ecole Kina.
Igihugu cya Zimbabwe kirimo gukusanya inkunga y’ubutabazi ku bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru n’Amajyepfo y’u Rwanda.
Mu Karere ka Gasabo hatangijwe gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubutaka hagamijwe kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibishushanyo mbonezamiturire.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yashimye ubufatanye bukomeye hagati y’u Rwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gikorwa cyiswe ‘Around the World Embassy Tour 2023’, yakiriye abarenga 2,500 mu rwego rwo kwirebera ibyiza nyaburanga ndetse no gusobanukirwa byinshi bifuza kumenya ku Rwanda.
Umugaba Mukuru w’ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) zikorera mu karere ka Ancuabe, mu Ntara ya Cabo Delgado abashimira akazi gakomeye zimaze gukora muri ako gace.
Ingabo z’u Rwanda (RWABAT2) ziri mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santarafurika(MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe.
Perezida Paul Kagame uyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) muri iki gihe, yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bahuriye muri uyu muryango. Iyi nama yanitabiriwe n’Umwami Charles III w’u Bwongereza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i London mu Bwongereza, aho yitabiriye umuhango wo kwimika Umwami Charles III uzaba tariki 6 Gicurasi 2023.
Umuyobozi w’Ikirenga w’Igihugu cya Qatar (Emir), Amir Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani yoherereje Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ubutumwa bwo kumufata mu mugongo nyuma y’ibiza byahitanye abarenga 130 mu ntara y’Iburengerazuba, Amajyaruruguru n’Amajyepfo.
Perezida Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’Umutekano wa Repubulika ya Czech, Vít Rakušan, n’itsinda ayoboye, bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri, tariki 2 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, intumwa ziturutse mu ishuri Mpuzamahanga ry’Ubucuruzi, INSEAD.
Itsinda rigizwe n’Abanyeshuri n’abarimu babo baturutse mu Ishuri rikuru rya gisirikare muri Ghana, bari mu rugendoshuri ruzamara icyumweru mu Rwanda.
Perezida w’Inzibacyuho wa Guinea-Conakry, Col. Mamadi Doumbouya, yasabye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano agamije ubufatanye, mu bijyanye n’ingendo z’indege zihuza Conakry na Kigali.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko guhindura Umugabane wa Afurika, bisobanuye gushyira imbere ikoranabuhanga mu bukungu bwawo.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwa mbere hagiye gutegurwa amarushwanwa yo Kwibohora mu gihe u Rwanda ruzizihiza uyu munsi ku nshuro ya 29.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba n’itsinda bari kumwe, mu muhango wo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.
Umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje ko ari mu gahinda yatewe no kubura Nyirakuru witabye Imana.
Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, ari mu Rwanda aho aje kwizihiriza isabukuru y’imyaka 49, kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023.