Kuri uyu wa Mbere, Umuhanga mu guhanga imideri, Turahirwa Moses yitabye urukiko aho agiye kuburana ubujurire yatanze ku cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Umunya-Kenya w’umunyarwenya umaze kwamamara mu Karere no ku mugabane wa Afurika, Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli n’umushabitsikazi, Lynne, batangaje ko bitegura kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Umuhanzi Ossama Masut Khalid, umaze kwandika izina nka Okkama, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka imfura y’umwana w’umuhungu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, Yo-Yo Ma, inzobere mu gucurangisha igikoresho cya Cello, ndetse akaba yaranatsindiye Grammy Award inshuro 19.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro byiyongereyeho 14.1% mu kwezi kwa Gicurasi 2023, ugereranyije na Gicurasi 2022.
Umuraperi w’icyamamare, Tupac Amaru Shakur, umaze imyaka 27 yishwe, yahawe inyenyeri muri ‘Hollywood Walk Of Fame’ ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa yagezeho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi baturutse muri Volkswagen aho bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu y’ubufatanye buri hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, itsinda riturutse mu Ngabo z’u Bufaransa (FAF) riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’Amahanga, ryatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika, Prof. Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye mugenzi we ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P, wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys, aritegura kwerekeza ku mugabane wa Amerika, mu bitaramo bizenguruka Canada.
Damini Ebunoluwa Ogulu uzwi nka Burna Boy, yakoze amateka yamugize Umuhanzi wa mbere wo ku mugabane wa Afurika wagurishije amatike ibihumbi 80 yose y’igitaramo agashira ku isoko.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga ryo muri Uganda, Ghetto Kids, ryahabwaga amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’abanyempano rya Britain’s Got Talent ntiryahiriwe.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, aho Juvenal Marizamunda yagizwe Minisitiri w’Ingabo, naho Lt Gen Mubarakh Muganga agirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo.
Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, sosiyete y’imikino y’amahirwe, Premier Bet Rwanda, na Rotary Club Kigali Gasabo, bageneye abarokotse Jenoside inkunga izabafasha gutwara no kugabanya ikiguzi cyo kugeza umusaruro ku isoko no kwinjiza amafaranga.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga bo muri Uganda bazwi nka ‘Ghetto Kids’ryakoze amateka yo kugera mu cyiciro cya nyuma (Final) y’irushanwa ry’abanyempano rya Britain’s Got Talent.
Guverinoma y’u Rwanda na Sosiyete ikomeye y’Abongereza ARC Power, izobereye mu bijyanye n’ingufu zisubira, basinyanye amasezerano yo gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku ngufu zisubira.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Nyiricyubahiro Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yahaye umudali w’ishimwe Ambasaderi Emmanuel Hategeka wasozaga inshingano ze, ku bw’uruhare yagize mu guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.
Umuhanzi ukomoka muri Nijeriya, Oluwatobiloba Daniel Anidugbe uzwi cyane ku izina rya Kizz Daniel yahishuye ko yibarutse umwana wa gatatu w’Umuhungu ariko akaza kwitaba Imana.
Perezida wa Santarafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yagiranye ibiganiro n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’izi iki gihugu ziri mu murwa mukuru, Bangui.
Perezida Paul Kagame yageze i Ankara muri Turukiya, aho azifatanya n’abandi bayobozi bitabiriye irahira rya Perezida, Recep Tayyip Erdoğan kuri uyu wa Gatandatu.
Televiziyo Mpuzamahanga y’Imyidagaduro ya Trace Africa, ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, batangaje ko bwa mbere mu Rwanda hagiye gutangirwa ibihembo byiswe Trace Awards and Festival Africa ku banyamuziki batandukanye bo hirya no hino muri Afurika.
Bienvenue Redemptus wakoreye igihe kinini Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Igihozo Divine bari bamaze imyaka itatu mu munyenga w’urukundo.
Abahanzi barimo Riderman, B Threy na Niyo Bosco, bagiye guhurira ku rubyiniro mu gitaramo ‘European Street Fair’ gisanzwe gitegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU).
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, yashyizwe ku rutonde rw’abazahabwa umudari wishimwe wo ku rwego rw’igihugu, nk’abakoze ibikorwa byindashyikirwa ‘Order of the Niger (OON)’.
Ikiganiro EdTech igice cyo mu kwezi kwa Gicurasi 2023 kiribanda ku bumenyi mu ikoranabuhanga nk’igice cy’ingenzi cyane muri iki kinyejana cya 21, mu gusubiza bimwe mu bibazo birimo uburyo bw’ishoramari, kubasha kugera no gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga mu burezi.
Umuraperi mu njyana ya Trap, Muheto Bertrand umaze kwamamara ku izina rya B-Threy ari hafi kwibaruka imfura ye n’umufasha we Keza Muheto Nailla.
Umuraperi Semana Kevin umaze kwamamara ku izina rya Ish Kevin, mu njyana ikunzwe n’urubyiruko ya ‘Trappish’, yateguje abakunzi be album yise ‘Blood, Sweat and Tears”.
Pedro Pauleta wamenyekanye cyane ubwo yakiniraga Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 26 Gicurasi 2023.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu babo baturutse mu ishuri rya gisirikare rya Joaan Bin Jassim Academy ryo muri Qatar, ku wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, basuye ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda riri mu Karere ka Musanze i Nyakinama, berekwa imikorere yaryo.