Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, muri muzika nyarwanda, yashimangiye ko ubufatanye bw’abahanzi mu bikorwa bimenyekanisha igihugu bukwiye kuza mbere y’ibindi byose kurusha ihangana.
Theophile Twagirayezu nyuma y’imyaka 15 ahagaritse umuziki, yawugarutsemo ahita asubiramo imwe mu ndirimbo ze yakoze mu bihe byashize yise ‘Iri Maso’ yaririmbanye n’abanyeshuri biganaga muri St André.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yahuye n’abanyarwanda batuye muri Sénégal baganira ku gukunda igihugu.
Major General Vincent Nyakarundi Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, (SAF) Gen Mbaye Cissé, baganira ku gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo yakiriye Nyakubahwa Muhamma B.S. Jallow, Visi Perezida wa Gambiya n’intumwa ayoboye.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe yagaragaje ko u Rwanda ari urugero rwiza rwo kureberwaho ku gukemura amakimbirane akomeje kugaragara hirya no hino mu bihugu by’Afurika.
Bruce Melodie na Shaggy nyuma yo gukorana indirimbo bise ‘When she is around’, bwa mbere bahuye imbonankubone muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye no guhurira mu bitaramo bizwi nka ‘iHeartRadio Jingle Ball Tour’.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa mbere tariki 27 Ugushyingo yatangije ihuriro ry’ubukungu ryitwa “Kigali Economic Forum” rihurije hamwe impuguke muri politiki, mu bukungu hagamijwe kurebera hamwe amahirwe y’iterambere umugabane wa Afurika ufite.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe ari I Dakar muri Senegal aho yitabiriye inama y’ihuriro yiga ku mahoro n’umutekano (Dakar International Forum on Peace and Security in Africa).
Umuhanzi Bruce Melodie yavuze ko ibintu byo guhangana na The Ben mu gihe bitazamuzanira amafaranga nta mwanya abifitiye ndetse ashimangira ko byagiye bizamurwa na bamwe mu bantu baba mu myidagaduro.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye, aho kuri uyu wa Mbere kizibanda ku kugenzura uburezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iya kure.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023 Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri diviziyo ya 5 zatsinzwe kuri penailti (5-4) mu mukino wa gicuti mu mupira w’amaguru zakinnye na Brigade ya 202 mu ngabo za Tanzania Force Defence Force (TPDF).
Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka zibarizwa muri batayo ya 59, ziri mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA) zashimiwe ku bw’igikorwa cy’ubukangurambaga bwo gutanga amaraso zatangije.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri (RWANBATT3) ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani yepfo (UNMISS) zifatanije n’ubuyobozi bw’umujyi wa Juba n’abaturage mu gukorwa cy’umuganda.
Itahiwacu Bruce Melodie umaze kwamamara mu ruhando mpuzamahanga, nyuma yo gukorana indirimbo na Shaggy bise ‘When She’s Around’ ni we muhanzi Nyarwanda ugiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abahanzi b’ibyamamare ku rwego rw’isi barimo Usher, Nicki Minaj na Flo Rida.
David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido ku munsi yizihiraho isabukuru ye y’amavuko, yerekanye bwa mbere abana be b’impanga aherutse kwibaruka n’umugore we Chioma Rowland.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye inama ya 44 y’Abaminisitiri ba EAC i Arusha, muri Tanzania.
Ngabo Richard umaze kwamamara muri muzika nyarwanda nka Kevin Kade, akaba n’umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda yateguje abakunzi Album ye ya mbere yise ‘Baho’ agiye gushyira hanze.
Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubutasi bwa Amerika, Avril Haines n’itsinda yari ayoboye, baganira ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika Iharanida Demokarasi ya Congo (RDC).
Sosiyete ya Sony Entertainment Group, yatangaje ko ifite gahunda yo gushora miliyoni 10 z’amadorali ya Amerika mu bigo bigitangira bifite aho bihuriye n’imyidagaduro ku mugabane wa Afurika.
Umuhanzi Davido yatangaje ko igihe kigeze ngo umuco wa Afurika ukwirakwire ndetse umenyekane mu mpande zose z’isi, binyuze mu iserukiramuco yise (A.W.A.Y), rizajya ribera ku mugabane itandukanye.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yavuze ko atifuza igitaramo cyo guhangana we na Bruce Melodie, ahubwo hagateguwe igitaramo cyabahuza bombi bagashimisha abafana babo.
Perezida Paul Kagame yakiriye ndetse agirana ibiganiro na Visi Perezida wa Cuba Salvador Valdés Mesa n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda rugamije gushimangira umubano n’ubufatanye bisanzwe biri hagati y’ibihugu byombi.
Calvin Cordozar Broadus Jr. wamamaye mu njyana ya rap ku Isi, nka Snoop Dogg, yatangaje ko nyuma y’ibiganiro yagiranye n’umuryango we yafashe umwanzuro wo kutazongera gutumura ku rumogi.
Urubyiruko rw’abaririmbyi b’abanyeshuri babarizwa mu itsinda rya “We for Them & Music”, barasaba bagenzi babo gukora ibikorwa by’ubutwari no kugira umutima wo gufasha kuko bizatuma u Rwanda rw’ahazaza rugira sosiyete ishyize hamwe bikarushaho guteza imbere igihugu.
U Rwanda rwakiriye abimukira n’abasaba ubuhungiro 169 baturutse muri Libya bakomoka mu bihugu bitandukanye birimo Eritrea, Sudani, Ethiopia, Somalia na Sudani y’Epfo.
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent uzwi ku izina rya Yago Pon Dat, yavuze ko atajya acibwa intege n’abantu bamurwanya ko adashoboye mu muziki, kuko mu buzima bwe aharanira gukora ibiganisha ku byiza gusa.
Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru, Arthur Nkusi, umuhanzikazi Ariel Wayz, na Dj Toxxyk umaze kwamamara mu kuvanga imiziki, biyongereye ku rutonde rw’abazafatanya n’umuraperi Kendrick Lamar Duckworth mu gitaramo cy’amateka kizabera mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023 yayoboye Inama Nkuru ya Gisirikare.
Visi perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon. Espérance Nyirasafari, yagaragaje ko ihame ry’uburinganire hagati y’umugabo n’umugabo, ari imwe mu nkingi u Rwanda rwubakiyeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.