Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta n’intumwa yari ayoboye, ku wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Santrafurika, abagezaho ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yageze i Riyadh muri Arabie Saoudite, aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ishoramari yitwa Future Investment Initiative (FII7).
Umutwe wa Hamas watangaje ko ku wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023, warekuye abagore babiri bageze mu kigero cy’izabukuru bakomoka muri Israel, mu bo wari warafashe bugwate muri Gaza.
Uwahoze ari Perezida wa Sena muri Nigeria, Dr. Bukola Saraki, yishyuriye John Okafor, wamamaye muri sinema amafaranga yose yasabwaga kwishyura ibitaro nyuma y’uburwayi bwamwibasiye agasaba ubufasha bwo kwivuza.
Umuhanzikazi Madonna Louise Ciccone, yavuze ko atatekerezaga ko azarokoka uburwayi bwatumye ajyanwa igitaraganya mu bitaro, ndetse bigatuma asubika ibitaramo yari afite bizenguruka Isi mu buryo butunguranye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, hamwe n’itsinda ayoboye bitabiriye inama igamije gusuzumira hamwe ingamba zashyizweho, zijyanye n’amasezerano y’amahoro mu gihugu cya Santrafurika.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023 ahagana saa sita n’igice z’amanywa, hari umuturage wo mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda, wakomerekejwe n’isasu ryaturutse mu mirwano ishyamiranyije imitwe ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hafi y’umupaka (…)
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria, Nollywood, John Okafor, uzwi cyane ku izina rya Mr Ibu, amaze iminsi mu Bitaro aho bivugwa ko uburwayi afite atabonye ubuvuzi bwisumbuye ashobora gucibwa akaguru.
Perezida Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye bamwe mu bahanzi begukanye ibihembo bya #TraceAwardsRwanda2023, byatangirwaga bwa mbere mu Rwanda.
Umuhanzikazi ukomoka muri Afurika y’Epfo, Nomcebo Nothule Nkwanyana uzwi mu muziki nka Nomcebo Zikode, wamamaye mu ndirimbo ‘Jeruzalema’, yakeje ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, amushimira ko ayoboye igihugu cyuje amahoro n’umutekano.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Sam Lukas Lugolobyo, uzwi cyane nka Levixone, yavuze ko kuba ahatanye mu bihembo bya Trace Awards ahagarariye Uganda, bikabera mu Rwanda ariho avuka ari iby’agaciro.
Umuhanzi Nyarwanda, Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yishimiye guhura n’icyamamare mu muziki, Shawn Mendes uri mu Rwanda mu kiruhuko.
Khadija Kopa, nyina wa Zuchu yahakanye ko atazi ibimaze iminsi bivugwa ko umukobwa we akundana n’umuhanzi Diamond Platnumz, kuko atarigera amumwereka nk’umuntu bazashyingiranwa.
Icyamamarekazi mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatangaje ko abaye ahagaritse ibitaramo yateganyaga gukora ku mpamvu z’uburwayi bwibasiye ijwi rye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ari i Alger muri Algeria, aho yitabiriye inama ihuza Abaminisitiri bo mu bihugu byo mu majyaruguru y’u Burayi na Afurika.
Icyamamare muri muzika yo muri Nigeria, akaba na rwiyemezamirimo, D’Banj, afatanyije n’umunyamideli w’icyamamare Maria Borges, nibo bazayobora ibirori byo gutanga ibihembo bya Trace ku nshuro ya mbere mu Rwanda.
Umuhanzi Diamond Platnumz, mu mpera z’icyumweru gishize yajyanywe mu bitaro, nyuma yo gufatwa n’uburwayi mbere yo gutaramira mu mujyi wa Arusha muri Wasafi festival.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, General Brice Clotaire Oligui Nguema, Perezida w’inzibacyuho wa Gabon, baganira ku bibazo birimo ibijyanye n’inzibacyuho muri icyo gihugu.
Umuhanzi MUGISHA Benjamin uzwi nka The Ben, yatangaje ko impamvu adakunda kwirukira gukora ibihangano byinshi, bishingiye ku kuba kuri we akunda guha abakunzi be indirimbo nziza zifite ireme kurusha kuzuza umubare gusa.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Oluwatobiloba Daniel Anidugbe, uzwi cyane nka Kizz Daniel, yahakanye amakuru yavugaga ko yafungiwe muri Côte d’Ivoire azira kwishyurwa ntaririmbe mu gitaramo yari yatumiwemo.
Mugisha Benjamin wamamaye muri muzika nyarwanda nka The Ben, yatangaje ko tariki 23 Ukuboza 2023, aribwo azakora ubukwe na Uwicyeza Pamella bamaze umwaka urenga basezeranye mu Murenge.
Mu gihe hasigaye gusa ibyumweru bibiri ngo abanya-Kigali bataramirwe mu gitaramo cy’amateka n’itsinda rikomeye mu njyana ya RnB, ‘Boys II Men’ amatike yaguraga ibihumbi 100Frw, yamaze gushira ku isoko, n’aho abazakoresha ikarita ya BK Arena Prepaid card’ bagabanyirizwaho 30%.
Itsinda rizwi cyane ry’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu njyana zigezweho (Urban Gospel), “Victorious Team”, rikorera umuziki mu Burundi biyemeje kumenyekanisha no kwagurira ibikorwa byabo mu Rwanda.
Umukinnyi wa filime w’Umunyamerika, Jada Pinkett-Smith, yahishuye amakuru yatunguye abantu mu mpande z’Isi, nyuma yo gutangaza ko we n’umugabo we Will Smith kuva mu 2016 batandukanye.
Umunyarwenya Japhet Mazimpaka, uzwi cyane byumwihariko mu Itsinda rya “Bigomba Guhinduka”, ageze kure imyiteguro y’igitaramo cye cyo gusetsa yise “Upcoming Diaspora Comedy Show” kiri mu bitegerejwe muri uyu mwaka.
Perezida Paul Kagame yabonanye n’itsinda riturutse mu Kigo LG Corporation, riyobowe n’Umuyobozi Mukuru wacyo, Kwang Mo Koo, baganira ku byo bafatanyamo n’u Rwanda mu bucuruzi.
Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Afrobeats, Davido, yihanangirije abantu bakomeje gukwiza ibihuha by’uko yibarutse impanga no gusakaza amafoto ye ya kera ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubireka.
Joshua Tuyitakire, wagize igitekerezo yise “Gospel Club” yasobanuye ko abantu babyumvise nabi bakabyita akabyiniro k’abarokore nyamara agamije guhuriza hamwe abantu bakaganira, bagasabana babyina indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana.
Abanyamategeko ba Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu mu Bwongereza babwiye urukiko rw’ikirenga ko u Rwanda rukwiye kugirirwa ikizere kuko rwujuje ibisabwa mu gufata neza abimukira n’asaba ubuhungiro.
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Mocimboa da Praia, mu birori byo gutaha ibikorwa remezo birimo ikibuga cy’indege ndetse n’icyambu giherere muri uyu mujyi, ashima uruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda zatumye hagaruka ituze.