Perezida wa Sénégal Macky Sall yatangiye uruzinduko mu Rwanda, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere aza kwitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’Abagore mu Iterambere.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Gen Mubarakh Muganga, yahuye ndetse agenera ubutumwa inzego z’umutekano ziteguye koherezwa mu Ntara ya Cabo Delgado, iherereye mu majyaruguru ya Mozambique.
Ku nshuro ya 16 hagiye gutangwa ibihembo bya The Headies Awards 2023 bihabwa abahanzi b’inkingi za mwamba muri Afurika ndetse n’abandi mpuzamahanga mu guteza rya muzika muri Nigeria.
Umuhanzi Diamond Platnumz yavuze ko kugeza ubu abana yabyaranye na Zari Hassan yirinze gutuma bamenya ko batandukanye mu kwirinda ko byabagiraho ingaruka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyagaragaje ko igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 13,7% mu kwezi kwa Kamena 2023 ugereranyije na Kamena 2022.
Umuhanzi Jose Chameleone Mayanja, yatunguranye ataramira abakunzi be mu gitaramo cyabereye mu mujyi wa Toronto muri Canada, nyuma y’amasaha make asezerewe mu Bitaro.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis, byibanze ku guteza imbere ubufatanye bw’u Rwanda na Bahamas.
Umuhanzi David Adeleke wamamaye nka Davido, ubuyobozi bw’umujyi Huston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwategetse ko tariki 07 Nyakanga buri mwaka ari umunsi wahariwe uyu muhanzi ‘Davido Day’.
Umuhanzi Diamond Platnumz usanzwe ufite abana bane ku bagore batandatukanye, yatunguye abakunzi be ubwo yabateguzaga ko muri Mutarama umwaka utaha azibaruka Umwana wa Gatanu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe ku meza mu musangiro wo kwizihiza ibirori bya yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa Bahamas.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yaganirije abanyeshuri baturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RICA) riherereye mu Karere ka Bugesera, ku kamaro ko gukomeza gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho no gukomeza kunga Ubumwe mu rubyiruko rw’igihugu.
Angel Divas Amber Rose umunyarwandakazi umaze imyaka irenga 13 mu Bufaransa yiyemeje kumenyekanisha umuziki Nyarwanda mu Burayi.
Perezida Kagame yagaragaje ibihugu bihuriye mu miryango itandukanye ihuza y’ubukungu bikwiriye gushyira hamwe mu kwishakira ibisubizo by’ibibazo bihura nabyo hatabaye gutegereza ubufasha bw’ahandi.
Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), baganirijwe ndetse basobanurirwa uko umutekano uhagaze imbere mu gihugu, no mu bihugu Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga umutekano.
Umuhanzi wamamaye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone , arembeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, John Ighodaro wamenyekanye nka Johnny Drille agakundirwa cyane indirimbo ze z’urukundo, yatunguye benshi ubwo hajyaga amafoto hanze y’ubukwe bwe yakoze mu ibanga.
Umuhanzi ukomoka muri Kenya, Jacob Obunga wamamaye ku izina rya Otile Brown, ari mu gahida nyuma yo kubura umwana we wari utaravuka.
Umuhanzikazi w’icyamamare Madonna Louise Ciccone, wari wajyanywe mu bitaro mu cyumweru gishize, yasezerewe n’abaganga asubira iwe mu rugo I New York, ndetse akaba ameze neza.
Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack, wamamaye nka Diamond Platnumz, yatangaje ko muri uku kwezi kwa Nyakanga atangira gushyira hanze indirimbo, nyuma y’igihe afashe akaruhuko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yahagarariye Perezida Paul Kagame, mu nama ya 23 isanzwe ihuza abakuru b’ibihugu byo mu muryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS).
Umuhanzi Adedeji Adeleke uzwi nka Davido arashinjwa guca inyuma umugore we Chioma, agatera inda abakobwa babiri mu bihe bimwe.
Umunyamideri akaba n’umumurika mideri w’Umwongereza, Naomi Campbell, ari mu byishimo byo kwibaruka umwana wa kabiri ku myaka 53.
Abasirikare barenga ibihumbi bitatu (3,000) bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), barimo aba Ofisiye bakuru, aba Ofisiye bato n’abafite andi mapeti, basoje imyitozo ihanitse igenewe abarwanira ku butaka (Advanced Infantry Training/AIT) bamazemo amezi atandatu.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kumenyakana nka Alyn Sano akaba umwe mu b’igitsinagore bari kwigaragaza cyane mu muziki w’u Rwanda, yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘RUMURI’.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yatangaje ko Seychelles n’u Rwanda ari ibihugu bisangiye icyifuzo cyo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage babyo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, bageze mu mujyi wa Victoria muri Seychelles, mu ruzinduko batangiye rw’iminsi ibiri.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya (KDF), Gen. Francis Ogolla uri mu ruzinduko mu Rwanda, ku wa Kabiri tariki 27 Kamena 2023, yakiriwe ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Lt Gen. Mubarakh Muganga.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kamena 2023, yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse, i Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ategerejwe nk’umushyitsi w’imena muri Seychelles, mu kwizihiza ibirori by’umunsi Mukuru w’ubwigenge uteganyijwe ku ya 29 Kamena 2023.
Simisola Bolatito Kosoko, uzwi nka Simi mu muziki, akaba n’umwe mu bahanzikazi bakundirwa ijwi rye ku mugabane wa Afurika, yahishuye ko imyaka ibiri ishize abaye umubyeyi yamubereye iy’ibyishimo mu buzima.