Komite nyobozi y’Umudugudu wa Karehe mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, yahawe smartphone nk’igihembo cy’uko umudugudu bayobora wabimburiye indi mu kwitabira mituweli 100%.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza avuga ko Nyanza yavuye ku mwanya wa 30 ikaza kuwa 5 mu kwesa imihigo, kandi ko ibyagezweho babikesha ubufatanye, dore ko nta visi meya w’imibereho myiza bari bafite guhera mu ntangiriro za Gashyantare 2020.
Jean-Louis Karingondo, Komiseri mukuru wungirije akaba na komiseri ushinzwe imirimo rusange mu Kigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), avuga ko RRA igiye gushyiraho uburyo abasora bazajya bamenya imisoro barimo bifashishije telefone.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020 cyashimiye abasora bo mu Ntara y’Amajyepfo bitwaye neza kurusha abandi, umwe umwe muri buri Karere.
Clémentine Nyirambarushimana utuye mu Mudugudu wa Uwimfizi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru, hamwe n’umuryango we bashyikirijwe inzu bubakiwe n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, ahita asaba kuzafashwa kuyibamo mu mutekano.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru François Habitegeko, avuga ko mu myaka ibiri iri imbere nta kibazo cy’imbuto y’ibirayi kizaba kikirangwa mu karere ayobora.
Mu masaa moya n’igice mu gitondo kuri uyu wa mbere tariki 09 Ugushyingo 2020, ikamyo yaturukaga i Huye yateje impanuka, i Save, umuntu umwe ahita apfa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba abaveterineri gufatanya n’abafashamyumvire mu by’ubworozi bahuguwe n’umushinga wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi wo guteza imbere umukamo (RDDP), kugira ngo ubworozi bw’inka burusheho kwitabwaho bikwiye, hanyuma n’umusaruro w’amata urusheho kwiyongera.
Charles Munyaneza utuye mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko akarere atuyemo kari gasanzwe kaza mu myanya y’inyuma mu mihigo, ariko ko kuba barabaye aba mbere noneho bitamutunguye.
Mu rwego rwo gufasha abanyamuryango kwirinda Coronavirus, impuzamakoperative Unicoopagi yatanze kandagirukarabe n’amasabune ku makoperative 34 ayigize, ku wa 28 Ukwakira 2020.
Nyuma y’uko hari abagaragaje ko hari aho Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwibeshye mu kugena ibiciro by’ingendo, rwasohoye ibiciro bishyashya birimo ko Nyabugogo-Huye ari amafaranga 2,560, naho Huye-Kibeho bikaba amafaranga 630.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’amajyepfo, CSP Innocent Kanyamihigo Rutagarama, yemereye abamotari ko buri wa Gatandatu guhera saa moya za mu gitondo, ufite ikibazo wese azajya ajya kukimugezaho akamufasha kugikemura.
Abakora ingendo hagati ya Huye na Nyaruguru bibaza igihe ibiciro bagenderaho bizakosorerwa bigashyirwa ku mafaranga 21 kuri kilometero, nk’uko byagenwe n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), tariki 21 Ukwakira 2020.
Amanota uturere twagize mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020, yashyize uturere tune two mu Ntara y’Amajyepfo mu myanya itanu ya mbere, binyuranye no mu mihigo iheruka, aho uturere two mu Majyepfo twarwaniraga mu myanya ya nyuma.
Nsengimana Jean Baptiste bitaga Gicumba, uzwiho kugira akabari gacururizwamo inyama z’ingurube ziteguye neza bita Akabenzi, yaraye apfuye.
Raporo y’isuzuma ry’ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge byaranze umwaka 2019-2020 mu Karere ka Nyamagabe, igaragaza ko gahunda ya ‘Ngira Nkugire’ ndetse n’amatsinda ya ‘Mvura Nkuvure’, byatumye batera intambwe mu bumwe n’ubwiyunge.
Abakene batuye i Ngeri mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru basanzwe bafashwa n’Umuryango Compassion, uyu muryango wabahaye inka batangira kwibona bavuye mu bukene, abandi batangira kubona ingo zabo zasusurutse.
Mu dusantere tw’Imirenge ya Kinazi, Rusatira na Ruhashya, mu Karere ka Huye, abaturage n’abayobozi babyutse bishimira umwanya wa kabiri akarere kabo kagize mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no guharanira imirire myiza, Umuryango AEE watanze ibiti 2,080 bya avoka byo gutera muri Huye na Nyaruguru, biba bikeya kuko byifuzwaga na benshi.
Umubyeyi witwa Kwizera wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko ahohoterwa n’umugabo we kuva muri 2012, biturutse ku kuba umugabo yarafunguwe agasanga umugore we yaranduye Sida.
Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS hamwe n’umutoza wabo ndetse n’abandi bakozi bakurikirana iyi kipe, kuri iki cyumweru tariki ya 25 Ukwakira 2020 bapimwe Coronavirus.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe amahame y’imyitwarire mu bacungagereza, CSP Thérèse Kubwimana, avuga ko hari abagororwa babarirwa mu bihumbi 18 hakenewe ko binjizwa muri gahunda yo kwegera abo bahemukiye bakabasaba imbabazi, kuko byagaragaye ko bivura abahemutse n’abahemukiwe.
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Huye tariki 23 Ukwakira 2020 bifatanyije n’abatuye mu Murenge wa Huye mu gikorwa cyo gutera ibiti bivangwa n’imyaka bigera ku 7,750.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko bari gushaka uko inganda zahoze mu Karere ka Huye zafunze imiryango zakongera gukora, kugira ngo zongere gutanga akazi.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyosezi gaturika ya Gikongoro, iya Cyangugu (mu Rwanda), iya Goma n’iya Bukavu muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, ku ihohoterwa rikorerwa abagore mu karere k’ibiyaga bigari, bwagaragaje ko abagore bahishira ihohoterwa ribakorerwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge bishingira ku bakiri bato bigenda bigaragara hamwe na hamwe muri aka akarere, bikwiye gushyigikirwa kuko bitanga icyizere ku bihe biri imbere.
Consolée Mukamana w’i Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, avuga ko kuba mu itsinda rimwe n’abo bahuje ikibazo cy’ubukene bukabije, byamubashishije kubuvamo.
Abaturage bo mu Karere ka Huye babarizwa mu isibo ya mbere yo mu Mudugudu wa Ngoma ya Mbere mu Murenge wa Ngoma, bashimye kuba abantu bazashyirwa mu byiciro by’ubudehe n’inteko z’abaturage.
Abarimu bigisha mu mashuri y’imyuga binubira ko guhera mu mwaka wa 2009 basumbanyijwe n’abigisha mu mashuri yandi, byageze n’aho bagenzi babo bazamurwa mu ntera ariko bo na n’ubu ntibarabikorerwa.
Bamwe mu babitsa muri Banki y’Abaturage (BPR) ya Ngoma mu Karere ka Huye, bavuga ko hashize igihe bifuza gusubizwa imigabane yabo, ariko bakaba babona baratindiwe.