Abakozi bakorera kuri kontaro muri kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko bategereje imishahara y’ukwezi kwa Gashyantare ariko amaso yaheze mu kirere.
Abagore 32 bibumbiye muri “Koperative Ingoro Ihuje Ababyeyi” bo mu Karere ka Huye, biyemeje kubumba amatafari mu buryo bw’umwuga, birabatunga.
Abashinzwe ubuhinzi (Agoronome) mu mirenge y’Akarere ka Huye basabwe umusanzu mu kongera ubukangurambaga bwo kwitabira ubwisungane mu kwivuza.
Itorero Indangamuco rya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, rigiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rimaze ryimakaza umuco nyarwanda mu mbyino n’indirimbo gakondo.
Igitangazamakuru cyo mu Buhinde cyatangaje kuri uyu wa kabiri tariki 1 Werurwe ko abakoze ibizamini byanditse byo kwinjira mu gisirikare bategetswe gukuramo imyenda.
Abatuye mu mirenge ya Maraba na Simbi muri Huye, barataka inzara bavuga ko batewe n’igihembwe cy’ihinga gishize kitabaye cyiza, bakarumbya.
Ubuyobozi w’Akarere ka Huye buvuga ko itumba ryo muri Mata 2016 rizasanga abatishoboye icyenda bahoze batuye mu Rwabuye mu mazu bwabubakiye.
Kangabe Melena utuye mu Mudugudu wa Rutovu ho mu Kagari ka Shanga i Maraba y’Akarere ka Huye, yize gusoma no kwandika ku myaka 68 y’amavuko.
Hagamijwe kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wahoze ayobora ishuri GSOB, muri iri shuri habaye imikino ya Volleyball kuva tariki 13-14 Gashyantare 2016.
Abiganjemo abagore batuye mu Mudugudu wa Magonde mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye bafite ibibazo mu ngo, ntibishimiye ugutorwa kwa Jacqueline Mukeshimana.
Imodoka ya Sosiyete itwara abagenzi “Impala Express” yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, ku mugoroba wa tariki 6/02/2016, yagonze ikamyo y’inya-Tanzaniya iyiturutse inyuma, ku bw’amahirwe nta wagize icyo aba.
Ubuyobozi bwa Gereza ya Karubanda mu Karere ka Huye buvuga ko budaha abagororwa 10% by’imirimo ibyara inyungu baba bakoze.
Ubuyobozi bwa Gereza ya Karubanda buvuga ko ikibazo cy’ubucucike bw’imfungwa n’abagororwa bafite kizakemuka vuba, kuko hari amazu mashya bujuje.
Abanyehuye bavuga ko n’ubwo bababajwe n’uko u Rwanda rwavuye mu marushanwa rutsinzwe na Congo tariki 30/1, byibura CHAN yabasusurukije.
Abanyehuye bafite amazu acumbikwamo n’abagenzi hamwe n’abafite amaresitora, bavuga ko CHAN itabagendekeye uko bari babyiteze, kuko abafana bari biteguye kwakira batababonye.
Imikino ya CHAN mu Karere ka Huye yajyanishijwe n’imurikagurisha, n’abaryitabiriye bararyishimiye. Ngo icyabaha n’andi mamukagurisha akajya abera mu mugi hagati.
Sotra yavaga i Kigali yerekeza i Rusizi, mu ma saa munani n’igice yo kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 yakoze impanuka babiri barakomereka.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rucuruza ikawa iri mu dufuka tw’ibitenge kuko basanze ari yo igurwa kurusha ipakiye mu bipapuro gusa.
Mu gice cyagenewe inganda i Sovu mu Karere ka Huye, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo.
Uwitwa Jean Marie Vianney Mutabaruka wo mu Karere ka Huye, yapfuye azize kuboneza icyuma yahirishaga ibyatsi mu rusinga rw’amashanyarazi rutabye.
Umuvundo waranze kwinjira muri Sitade Huye abantu bajya kureba imikino ya CHAN watumye hari abicaye ahadatwikiriye kandi bari barishye ahatwikiriye.
Abaturage benshi b’Akarere ka Huye baravuga ko babukereye kugira ngo birebere imbonankubone imikino ya CHAN yabegerejwe.
Bamwe mu baturiye umusozi wa Huye bavuga ko bajya bumva amateka yo mu bisi byawo kwa Nyagakecuru, ariko ngo ntibarajyayo.
Abahabwa amafaranga y’ingoboka b’i Gishamvu mu Karere ka Huye biyemeje kwigomwa 70% buri kwezi none biyubakiye inzu y’ubucuruzi ibinjiriza ibihumbi 250 ku kwezi.
Ubwo abanyehuye batahaga sitade yabo, ariyo Sitade Huye, Club Ibisumizi yaboneyeho gukora gahunda yayo ngarukamwaka yo guteza imbere siporo.
Abanyehuye bavuga ko biteguye kuzareba imikino ya CHAN, ariko ngo bafite n’ubwoba bwo kuzanyagirwa nk’uko byabagendekeye bataha Sitade.
Ubwo abanyehuye batahaga Sitade Huye kuri uyu wa 9/1/2016, bamenyeshejwe ko uretse CHAN, n’indi mikino y’amakipe akomeye izakinirwa iwabo.
Tariki 30/12/2015, abanyeshuri biga umuziki ku Nyundo bagejeje ku banyehuye umuziki wihuse(live). Igitaramo cyitabiriwe n’abantu bake, ariko abaje cyarabashimishije.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2015, Korari Ijuru ya Paruwasi Katedarari ya Butare yasusurukije Abanyehuye mu gitaramo cy’urunyurane rw’indirimbo za Noheri.
Béatrice Mukasarambu, umupfakazi w’abana batatu, avuga ko yifuza uwamuha igishoro agashaka imibereho kuko yakeneshejwe no kuvuza umugabo we bikarangira anapfuye.