Abacururizaga hasi mu gasoko k’ikigoroba ka Nyanza mu Murenge wa Ngera, bishimiye isoko bubakiwe, ku buryo ubwo ryafungurwaga abashakaga kurikoreramo batarikwirwagamo, ariko kuri ubu urisangamo abacuruzi batarenga batanu.
Abahinzi b’imbuto bo mu Karere ka Huye binubira udukoko twitwa utumatirizi, twateye mu biti by’imbuto bakaba nta musaruro bakibona, ariko mu kigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), basaba abo bahinzi gukonorera ibyo biti bakanabifumbira, hanyuma bakabitera umuti, kuko ari byo bizabafasha kongera kubona umusaruro.
Abatuye mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, barifuza ibiti by’imbuto bihagije byo gutera, kugira ngo barusheho kurwanya imirire mibi.
Nyuma y’imyaka igera kuri 27 ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riyoborwa na Prof. Elisée Musemakweli, ryahawe umuyobozi mushya ari we Prof. Penina Uwimbabazi, wari usanzwe ari umuyobozi wungirije waryo ushinzwe amasomo.
Abayobozi b’amashami 13 y’Umuryango w’Abibumbye (UN) akorera mu Rwanda, basuye ibikorwa bimwe na bimwe by’urubyiruko mu Karere ka Huye, ku wa Gatatu tariki 26 Ukwakira 2022.
Kaminuza Gatolika y’u Rwanda (CUR), ku wa 22 Ukwakira 2022 yatangiye gahunda yo guhugura mu ikoranabuhanga abakobwa n’abagore barangije amashuri yisumbuye na kaminuza, badafite akazi.
Umugabo witwa Jean Damascène Nyandwi w’i Kigoma mu Karere ka Huye, avuga ko umugore we yamusabye kujya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya akamureba ikijisho, ariko ko aho yabyemereye bakanafatanya ubu babasha kurya na saa sita.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kigeme biherereye mu Karere ka Nyamagabe, buvuga ko mu bahivurije kuva muri 2015 hari abatarishyura bafitiye umwenda ukabakaba miliyoni 200 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Abahinga mu gishanga cya Cyogo mu Karere ka Nyamagabe, baravuga ko rwiyemezamirimo bahaye ibigori byabo yabasezeranyije kubishyura tariki ya 23 Kanama 2022, ariko bakaba na n’ubu batarishyurwa.
Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yashyizeho ko abana biga mu mashuri y’incuke n’abanza bazajya batanga amafaranga 975 ku gihembwe kugira ngo babashe gufatira amafunguro ku ishuri, abana babaye benshi mu mashuri y’incuke.
Mu Karere ka Nyamagabe, ikigo cy’imari iciriritse, ASA International, cyatanze mituweli ku bantu 700, kinarihira amafaranga y’ibitaro 13 bari barananiwe kubyikorera kubera ubukene.
Abagore bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, batekereza ko baramutse bahuguwe ku gukora ibibateza imbere bakanahabwa igishoro, batera imbere.
Leta y’u Rwanda igenda iteza imbere ikoranabuhanga (ICT), ku buryo biteganyijwe ko mu 2024, imirimo irishingiyeho izaba ifite uruhare rwa 5% mu musaruro mbumbe w’Igihugu (GDP).
Catherine Nyirahabimana w’ahitwa i Mbogo mu Kagari ka Kabatwa mu Murenge Kigoma mu Karere ka Huye, avuga ko atagishaka kubarirwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe kuko abona hari intambwe yateye ava mu bukene.
Nyuma y’uko tariki 4 Ukwakira 2022 Béatrice Munyenyezi yari yifuje ko abamushinja Jenoside baza mu rukiko bagatanga ubuhamy imbonankubone, urukiko rwisumbuye wa Huye aburaniramo na rwo rukabyemeza, kuri uyu wa 13 Ukwakira rwanzuye ko batatu mu bamushinja bazatanga ubuhamya mu muhezo.
Mu gihe byari bimaze kumenyerwa ko ahanini abanyeshuri batsinze ibizamini bya Leta neza bahabwa ibigo batse, ubundi bakoherezwa ku bigo bibegereye, muri uyu mwaka habonetse ababyeyi benshi bibaza icyagendeweho mu gushyira abanyeshuri mu myanya.
Mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturage bubakiwe ibigega by’amazi hifashishijwe imbaho na shitingi. Bavuga ko ibi batari babizi, ariko ko aho babiboneye babonye bihendutse ku buryo n’ufite ubushobozi buringaniye yabyifashisha.
Mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, hari ababyeyi bakuze bifuza gufashwa mu buvuzi bw’amaso kuko ngo indwara y’umuvuduko w’amaraso ibatera kutabona. Ku kigo nderabuzima cyo mu Murenge wa Ngoma, ni ho usanga aba babyeyi ku munsi bahawe wo kuza gufata imiti y’umuvuduko w’amaraso.
I Kaduha mu Karere ka Nyamagabe, hari abahinzi b’imyumbati bavuga ko bigishijwe kuyihinga mu binogo bamwe bita ibiroba, bikaba bibaha umusaruro batari barigeze banarota, kuko igiti kimwe cyeze neza gishobora kuvaho ibiro 40.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Assoumpta Ingabire, arasaba abakiri batoya kuzigamira amasaziro yabo, akanagaya abana batererana ababyeyi babo bageze mu zabukuru ababwira ko ibyo atari iby’i Rwanda.
Mu gihe ubwiyongere bw’amakimbirane mu ngo bwatumye hari amadini ashyiraho gutegura abagiye gushinga ingo mu gihe cy’amezi atandatu byibura, hari abavuga ko hari abasore n’inkumi batabikozwa, ariko hakaba n’ababigezeho.
Abatuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza bafite cyizere cy’uko bagiye kongera kujya bahinga imyumbati, bakeza, bakihaza mu biribwa bakanasagurira amasoko, ku bw’umutubuzi w’imbuto z’iki gihingwa, AMPG Ltd, waje gukorera iwabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri, gufatanya n’abarimu bayobora mu gukangurira abana n’urubyiruko ndetse n’umuryango muri rusange, kwitabira ubwishingizi bw’igihe kirekire bwa Ejo Heza.
Abanyamuryango ba Koperative Jyamberemuhinzi yo mu Karere ka Nyaruguru, ntibishimiye kuba uruganda batijwe n’Akarere ngo rujye rubatunganyiriza umusaruro w’ibigori rumaze amezi arindwi rudakora, bakifuza ko ibibura byakwihutishwa kuboneka rukongera gukora.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, asaba abarimu gushira ubute bagasoma ibitabo, kuko ari byo bizabafasha kwiyungura ubwenge mu buryo buhagije, banabashe kwigisha neza.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza bavuga ko bakeneye ababafasha mu miyoborere y’ibigo, kuko ngo bisanga babazwa byose bonyine, bikababana byinshi.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyoseze Gatolika ya Gikongoro, bwagaragaje ko abasigajwe inyuma n’amateka bafite ibibazo byihariye kandi ko bakeneye ubufasha bwihariye, kugira ngo na bo babashe gutera intambwe ibaganisha ku iterambere.
Abafana b’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’abanyenyanza muri rusange, bishimiye gusabana n’iyi kipe bakunda ku wa 24 Nzeri 2022. Bahuriye muri gahunda yiswe ‘Gikundiro ku ivuko’ yabimburiwe n’umuganda wo gutunganya umuhanda uturuka ahitwa Kwa Hadji ukanyura mu Mudugudu wa Kavumu ukomokamo abakinnyi benshi batangije iyi (...)
Bamwe bamwita ‘Umukecuru wa Mukura’, abandi bakamwita ‘Mama Mukura’ kubera ko ari umufana uzwi w’iyi kipe y’umupira w’amaguru yo mu Karere ka Huye. Ariko ubundi yitwa Madeleine Mukanemeye.
Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze (REB), Dr. Nelson Mbarushimana, avuga ko mu myaka ibiri iri imbere abarimu bose bazaba barahawe mudasobwa zizabafasha kunoza umurimo bakora.