Abahinga umuceri mu gishanga cy’Umwaro mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, barinubira ko Koperative Imbereheza-Mwaro bibumbiyemo, yabategetse kwishyura umwenda ngo batazi uko wafashwe.
Dr. Eric Remera ushinzwe ubushakashatsi kuri Sida mu Kigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), avuga ko n’ubwo ufata imiti ya Sida neza agera aho akagira abasirikare bahagije na virus nkeya mu mubiri bityo akaba ashobora kutayanduza, bidakuraho ingamba zo kutayikwirakwiza.
Mu rwego rwo kurwanya ruswa n’akarengane, serivisi z’umuvunyi zegereye abaturage i Nyamagabe, hanyuma mu Murenge wa Gasaka bahereye bagezwaho ibibazo byiganjemo iby’uko abantu bagiye baburana bagatsinda, ariko ntibarangirizwe imanza.
Nyuma y’amezi abarirwa muri atatu gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bihagaritswe no kutabasha kwiyandikisha kubera ikoranabuhanga ritari rigikora, ubu noneho byasubukuwe kuko n’ikoranabuhanga ryakosowe.
Nyuma yo kubona ko umubare w’abatanga amaraso ugenda ugabanuka, Croix Rouge y’u Rwanda irashishikariza urubyiruko kuyatanga, mu rwego rwo gufasha indembe kwa muganga.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA) tariki 9 Ukuboza 2022 cyahembye amatsinda umunani y’urubyiruko rwitwaye neza mu marushanwa ku kubyaza umusaruro ibikomoka ku nka.
Mu rwego rwo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge binyujijwe muri Ndi Umunyarwanda, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Nyaruguru baganirijwe kuri Ndi Umunyarwanda, banasabwa kuyimakaza mu bigo bayobora.
Minisiteri y’ubuzima ivuga ko byagaragaye ko muri iki gihe ubwandu bushya bwa SIDA buri kuboneka cyane mu rubyiruko, cyane cyane kandi mu rw’igitsina gore.
Mu rwego rwo kwimakaza isuku n’isukura mu Karere ka Nyamagabe, abasaga 2400 bafashijwe kubaka ubwiherero muri uyu mwaka, ku bufatanye n’umuryango Water Aid Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ubwinshi bw’imvura imaze iminsi igwa bwatumye inzuzi zuzura zikaba zimaze gutwara abantu batandatu. Ku bw’ibyo, burasaba abaturiye imigezi kwitwararika ntibayambuke igihe yuzuye, kubera ko abo yatwaye bibwiraga ko ibintu ari ibisanzwe nyamara imvura yarabaye nyinshi bityo (...)
Abatuye mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe bifuza uwabafasha kwikorera pepiniyeri y’ingemwe z’imbuto kuko ngo ari byo byababashisha kubona ingemwe ku rugero bifuza.
Abatuye i Nyamirama mu Murenge wa Ngera, bubakiwe irerero ry’abana, maze bitegereje uko ryubatse baryita Konvesheni (Convention). Iryo rerero ryahawe izina ECD Itetero baryubakiwe na UN-Women (United Nations-Women), ku bufatanye n’umuryango AVSI-Rwanda (Association des Volontaires pour le Service International au Rwanda).
Mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru hari abahinzi b’icyayi bavuga ko uko bagenda bongera ubuso gihinzeho ari na ko bagenda babura abasoromyi babigize umwuga. Augustin Rwagasana, ni umwe muri bo. Amaze imyaka ibiri agiteye, kandi cyatangiye kumuha umusaruro kuko hegitari imwe na are 20 afite itamuburira ibihumbi (...)
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati, avuga ko guhanga udushya bigiye kuzashyirwa mu byo abanyeshuri bose baherwa amanota mu ishuri no mu bizamini bya Leta.
Abahagarariye amasosiyete n’amakoperative y’abatwara ibinyabiziga mu Karere ka Huye, batekereza ko haramutse hashyizweho integanyanyigisho ku mategeko y’umuhanda, byakemura ikibazo cy’impanuka mu muhanda.
Uwitwa Samuel Mbarubukeye utuye mu Murenge wa Mukura, Akagari ka Rango A, Umudugudu wa Rwinuma, yaraye apfushije ihene 16 zizize inkongi y’umuriro.
Abaturiye igishanga cy’Akanyaru mu gice cyo mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, barishimira umusaruro kibaha nyuma y’uko bacyitunganyirije mu 2016.
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022, Musenyeri Filipo Rukamba yizihije yubile y’imyaka 25 agizwe umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare. Hari ku itariki ya 12 Mata 1997 ubwo Musenyeri Yozefu Sibomana, akikijwe na Musenyeri Yohani Batisita Gahamanyi na Ferederiko Rubwejanga yamuhaga ubwepiskopi muri Katedarali ya Butare.
Hari abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bajya bitabira amarushanwa y’imivugo, indirimbo n’ubundi buhanzi bushingiye ku muco nyarwanda, bavuga ko kwishyura udufaranga dukeya abatsinze bakabambura uburenganzira ku bihangano byabo, bidakwiye.
Kayitesi w’imyaka 17 wo mu Karere ka Nyanza, avuga ko ababazwa no kuba yaremeye kuryamana n’umusore bakundanaga kuko ngo yari yamubwiye ko namwangira apfa.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, avuga ko abagabo na bo bakwiye kugira uruhare mu kurwanya isambanywa ry’abana babo, babereka ibishuko bashobora kugwamo.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2022, inkuru iri kuvugwa cyane mu Murenge wa Ruhashya na Rusatira mu Karere ka Huye, ni iy’umumotari witwaga Zabuloni Ishimwe, wabuze ku wa gatanu, none umurambo we ukaba wabonetse aho watabwe mu ishyamba, na batatu mu bakekwaho kumwica bakaba bafashwe.
Abasore n’inkumi 29 bize ku ishuri ribanza rya Rwesero (ubu ryitwa GS Rwesero), babonye ko hari barumuna babo bananiwe kwishyura amafaranga 975 basabwa kugira ngo babashe gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri, begeranya ubushobozi bwo gufasha abagera ku 150.
Abarimu batorewe kuba indashyikirwa mu Karere ka Huye, banabihembewe ‘tablets’ ubwo hizihizwaga umunsi wa Mwalimu tariki ya 2 Ugushyingo 2022, bavuga ko mu byo bakesha ibi bihembo harimo guhanga udushya mu myigishirize, no kwiteza imbere bahereye ku mushahara mutoya bahembwaga mbere y’uko wongerwa mu minsi yashize.
Urubyiruko n’Abanyarwanda muri rusange barashishikarizwa gukunda gusoma, kuko bifasha kunguka ubwenge, ariko bagakunda no kwandika inkuru zabo badategereje kuzazandikirwa n’abandi.
Hari abatuye mu Mudugudu wa Gisasa mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze imyaka irenga 10 batujwe, ariko ko bategereje ko bakwegurirwa izo nzu ngo bumve batuje, amaso akaba yaraheze mu kirere.
Abacururizaga hasi mu gasoko k’ikigoroba ka Nyanza mu Murenge wa Ngera, bishimiye isoko bubakiwe, ku buryo ubwo ryafungurwaga abashakaga kurikoreramo batarikwirwagamo, ariko kuri ubu urisangamo abacuruzi batarenga batanu.
Abahinzi b’imbuto bo mu Karere ka Huye binubira udukoko twitwa utumatirizi, twateye mu biti by’imbuto bakaba nta musaruro bakibona, ariko mu kigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), basaba abo bahinzi gukonorera ibyo biti bakanabifumbira, hanyuma bakabitera umuti, kuko ari byo bizabafasha kongera kubona umusaruro.
Abatuye mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, barifuza ibiti by’imbuto bihagije byo gutera, kugira ngo barusheho kurwanya imirire mibi.
Nyuma y’imyaka igera kuri 27 ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riyoborwa na Prof. Elisée Musemakweli, ryahawe umuyobozi mushya ari we Prof. Penina Uwimbabazi, wari usanzwe ari umuyobozi wungirije waryo ushinzwe amasomo.