Igenzura ryakozwe n’abakozi ba REG tariki 19 Nzeri 2019 ryafashe zimwe mu ngo ziba amashanyarazi ziherereye muri Karitsiye bakunze kwita Yapani, mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba.
Ku ishuri rya Kabusanza (GS Kabusanza), riherereye mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye, abana 170 biga mu mwaka wa kane A na B bigira mu mashuri y’ibirangarizwa atagira inzugi n’amadirishya.
Nyuma y’uko ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byatanze amatangazo ahamagarira abantu kwikingiza ku buntu indwara ya Hépatite B, abivuriza kuri RAMA ntibahawe servise bari bijejwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri iki gihe abahinzi bagomba guhinga bashyizemo ubwenge.
Nyuma y’uko mu Karere ka Nyamagabe hasezeye abakozi icyenda, umwe muri bo akagirwa inama yo gusaba ikiruhuko cy’iza bukuru, mu Karere ka Gisagara n’aka Huye ho hasezeye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge umwe umwe.
Nyuma y’uko ikipe ya Mukura yatsinze iya Rayon Sport ikayitwara igikombe cy’amarushanwa y’ikigega ‘Agaciro’, umufana umwe yayihaye ikimasa mu rwego rwo kwishimira iyo ntsinzi.
Abafana b’ikipe y’umupira w’amaguru ya Mukura Victory Sports, baravuga ko ikipe yabo yihesheje agaciro na bo ikakabahesha nk’abafana.
Mu mvura yaguye ku gicamunsi cyo kuwa gatanu 13 Nzeri 2019, inkuba yakubise Jonathan Mpumuje wari ucumbitse mu mu mudugudu w’Agasharu, Akagali ka Rukira, Umurenge wa Huye arapfa.
Nyuma y’inkubiri yo kwegura kw’abayobozi b’uturere tumwe na tumwe mu minsi ishize, mu karere ka Nyamagabe ho ntihasezeye abayobozi b’akarere, ahubwo abakozi 10 bo ku nzego zitandukanye nobo basezeye ku mirimo yabo.
Abatuye mu Kagari ka Rango A mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bibaza niba hari igihe bazizera ko bashobora kubona ibyangombwa byo kubaka nta nkomyi.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Bamwe mu bakangurambaga mu byo kurwanya ihohoterwa mu ngo bavuga ko amafaranga y’insimburamubyizi imiryango nterankunga igenera imiryango irangwamo amakimbirane mu gihe babigisha, akwiye gukurwaho, bakayahabwa mu bundi buryo.
Abarokotse Jenoside 10 bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, kuwa gatandatu tariki 7/9/2019 baremewe inka n’abakozi b’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), bahita biyemeza kuzakora ikimina cyo kuzivuza.
Mu gitaramo umuhanzi w’indirimbo nyarwanda, Jean Baptiste Byumvuhore yakoreye i Huye ku wa gatanu tariki 6 Nzeri 2019, abacyitabiriye babyinnye ataha bagaragaza ko bari bagishaka gutaramana na we.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko icyayi bakigereranya n’inka ihora ikamwa (idateka), cyangwa peterori, ku buryo bituma abagihinga bagenda biyongera uko umwaka utashye.
Ubuyobozi bwa RIB mu Karere ka Nyaruguru burasaba umenye wese umwana waba wasambanyijwe kubabwira kugira ngo uwabikoze akurikiranwe, kuko ari akazi kabo kugenza icyaha.
Mu gihe Leta ishishikariza Abaturarwanda kugira ubwiherero bwujuje ibisabwa, abaturiye n’abarema isoko rya Rango mu Karere ka Huye bavuga ko ubwiherero bwo muri iri soko butujuje ibisabwa.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2019, mu Karere ka Huye hari aho yangije imirima inasenyera bamwe, ariko Vincent Twizeyimana we yamwiciye inkoko 1000.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu karere ka Nyaruguru burishimira ko kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 2019, bwari bumaze kwishyura abahinzi b’icyayi miliyari imwe na miliyoni 56 z’amafaranga y’u Rwanda.
Padiri Kizito Kayondo, umupadiri wo muri Diyosezi ya Butare, avuga ko nyuma y’imyaka 25 abuhawe, icyo yishimira cyane ari intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bumwe n’ubwiyunge.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Huye yangije byinshi birimo inkoko 1000 z’uwitwa Twizeyimana Vincent.
Abagororwa 250 bo muri Gereza ya Huye, ku wa kabiri tariki 27 Kanama 2019 bahawe seritifika (impamyabushobozi) zemeza ko bashoboye umwuga w’ubwubatsi.
Ubuyobozi bwa serivisi y’ubutaka mu Karere ka Huye, buvuga ko guhera mu cyumweru gitaha abatuye mu mujyi wa Huye bashaka kubaka inzu zo guturamo bifashishije rukarakara bazatangira kubiherwa impushya.
Umugabo utuye i Kibinja mu Karere ka Nyanza, afatwa n’ikiniga akanihanagura amarira iyo umugore we atanze ubuhamya bw’ukuntu yamuhohoteraga, atarabyihana.
Musenyeri Philippe Rukamba, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, avuga ko abakobwa babyarira iwabo kabiri gatatu hanyuma bakajya kwaka imfashanyo, bakwiye kumenya ko umuntu yigira yakwibura agapfa.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari twa Muhambara, Rusenge na Bunge mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko ukwezi kwa karindwi kwarangiye abaturage bose baramaze kwitabira mituweli, kandi ko babikesha kuba hafi abo bayobora.
Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu Karere ka Nyanza basinyanye n’ubuyobozi bw’aka karere imihigo yo guhashya amakimbirane, kuri uyu wa 22 Kanama 2019.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, arasaba abayobozi ku nzego zinyuranye kureka gukomeza guhimba imibare ijyanye n’abakeneye gufashwa, ibizwi nko ‘gutekinika’.
Aborozi b’inkoko bo mu Karere ka Huye bavuga ko n’ubwo begerejwe uruganda rw’ibiryo by’amatungo ntacyo rubamariye, kuko ibiryo rukora aho kuzamura umusaruro biwugabanya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe hamwe n’abafatanyabikorwa bako biyemeje ko uyu mwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 uzarangira abatishoboye 499 batari bafite aho kuba bahafite.