Abakobwa bataha mu macumbi ari munsi ya katedarali ya Butare bahangayikishijwe n’abajura bahadutse basigaye babambura amasakoshi n’amatelefone, nimugoroba batashye.
Minisitiri w’ushinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi Jeanne d’Arc Debonheur yafashe mu mugongo abaturage b’i Nyabimata muri Nyaruguru babuze ababo bishwe n’inkuba.
Nyuma y’amezi atatu Anastasie Kanakuze abyaye abana babiri bafatanye, hari icyizere ko abaganga bazabatandukanya bagakomeza bakabaho.
Abagore bagororerwa muri Gereza ya Nyamagabe bahingiye umugore utishoboye ubutaka bungana na hegitari ebyiri, mu rwego rwo kwitegura kwizihiza umunsi w’abagore.
Bamwe mu baturage basanga gusabiriza biri mu bituma abantu batagishaka kwitabira umurimo, bakifuza ko hajyaho itegeko rihana abasabiriza ndetse n’ababafasha.
Kuva ishuri TSS Kabutare riatangiriye gutanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya umusaruro w’ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, n’ababyize muri kaminuza bari mu bari kwitabira guhugurwa.
Depite Théogène Munyangeyo, visi perezida wa mbere w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL, avuga ko ishyaka ryabo ryahagurukiye guhashya ubukene mu banyamuryango baryo.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Abanyamuryango ba AERG ishami rya Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye UR Huye, ubwo bizihizaga isabukuru y’Imyaka 21 uyu muryango umaze ushinzwe, batangaje ko hari urwego bamaze kugeraho mu nzira yo kwigirira akamaro batiringiye akazi ka Leta.
Abaturage b’i Gishubi na Mamba ho mu Karere ka Gisagara bariye inka yipfushije, babiri barapfa, 24 bajyanwa kwa muganga baruka banahitwa.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bavuga ko bakoraga itangazamakuru bavuga ko nyuma y’igihe kirekire bakora itangazamakuru bataryiyumvamo, kuri ubu imyumvire imaze guhinduka.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Uwacu Julienne, yavuze ko siporo rusange ikwiye kugera no ku rwego rw’imidugudu.
Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe, atsinze M.Louise Nduwayezu ku majwi 324 kuri 13
Abazatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha ho mu Murenge wa Mamba, bavuga ko viziyo 2020 bagiye kuyigeramo muri 2018, kubera ubwiza butatse uwo mudugudu bazaturamo.
Umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri Indatwa n’Inkesha (GSOB),Padiri Pierre Célestin Rwirangira, avuga ko iri shuri rifite inyubako zishaje cyane, zituma ritabasha kwakira abanyeshuri bahagije, akavuga ko risanwe ryakwakira abana barenga 1200 rifite ubu.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko biteguye gupima Abanyagisagara bose indwara y’umwijima izwi nka epatite C, abo basanze bayirwaye bagahabwa imiti.
Umuyobozi wa Gereza ya Huye, SP Camille Cyusa Zuba, yatangaje ko ibyangijwe n’inkongi iherutse kwibasira igice cy’iyi gereza bifite agaciro k’asaga miliyoni umunani (8,000,000 Frw).
Mu masaa yine z’ijoro yo kuri uyu wa 28 Mutarama, ahakorerwa amasabune muri Gereza ya Huye hafashwe n’inkongi, Polisi itabara bwangu harazimywa.
Minisitiri w’uburezi, Dr Eugène Mutimura, yanenze bamwe mu bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Huye batita ku nshingano zabo, abasaba kwisubiraho cyangwa se akazabafatira ibyemezo.
Guhera muri Werurwe 2020, Megawate 80 z’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri zizatangira kubonera maze byongere umubare w’Abanyarwanda bakoresha amashanyarazi.
Justin Niyigaba ntiyabasha kugenda nta mbago. Nyamara we yivugira ko atifata nk’ufite ubumuga kuko ku bw’insimburangingo atakigenza amaboko n’amaguru.
Ubuyobozi bwa Korali Ijuru y’i Huye buvuga ko iyi Korali yiteguye kuzasusurutsa abanye-Huye ku cyumweru ku itariki ya 07 Mutarama 2018.
Bunani Joseph, ni umunyeshuri ufite imyaka 27 y’amavuko, wiga muri IPRC-South, iherereye mu Mujyi wa Huye.
Musenyeri Philippe Rukamba agaragaza ko ubworohera, kubabarira no kwakira abandi aribyo bigomba kuranga abakristu mu mwaka wa 2018.
Amakuru aturuka mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riri mu Mujyi wa Huye avuga ko inkongi y’umuriro yibasiye icyumba kimwe cy’inyubako nshya y’iryo shuri, ibyari birimo birakongoka.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, rumaze kwemeza ko Philbert Mugisha wayoboraga Akarere ka Nyamagabe arekurwa.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.
Bamwe mu batumva n’ababafasha mu bikorwa by’iterambere bifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa hose, kugira ngo haveho imbogamizi zo kutumvikana hagati y’abatavuga n’abo bakorana.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga cya HVP Gatagara gifatanyije n’umuryango Handicap International, kiyemeje kuzajya kigenderera abafite ubumuga aho batuye kugira ngo basuzumwe bityo bavurwe hakiri kare.
Kubera umusaruro mwinshi kandi mwiza w’icyayi ukomeje kugaragara mu Karere ka Nyaruguru bitumye hagiye kubakwa urundi ruganda rusanga eshatu zari zihasanzwe.