Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, rumaze kwemeza ko Philbert Mugisha wayoboraga Akarere ka Nyamagabe arekurwa.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.
Bamwe mu batumva n’ababafasha mu bikorwa by’iterambere bifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa hose, kugira ngo haveho imbogamizi zo kutumvikana hagati y’abatavuga n’abo bakorana.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga cya HVP Gatagara gifatanyije n’umuryango Handicap International, kiyemeje kuzajya kigenderera abafite ubumuga aho batuye kugira ngo basuzumwe bityo bavurwe hakiri kare.
Kubera umusaruro mwinshi kandi mwiza w’icyayi ukomeje kugaragara mu Karere ka Nyaruguru bitumye hagiye kubakwa urundi ruganda rusanga eshatu zari zihasanzwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi, Fulgence Nsengiyumva, avuga ko hari abatangiye gukorana n’abarangije kwiga ubuhinzi muri kaminuza, bikaba byaratangiye gutanga umusaruro.
Kuwa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Kanakuze Anastasie, ufite imyaka 30, akaba avuka mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi, yabyaye abana b’abakobwa babiri bafatanye ku gice cyo ku nda.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya New Vision ry’i Huye bwiyemeje gushyiraho umuganga uzajya avurira abana ku ishuri, kuko ngo hari abana barwara ntibitabweho batashye.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyamagabe yafashe icyemezo cyo guhagarika Philbert Mugisha ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe nyuma y’uko atawe muri yombi na Polisi y’igihugu.
Abahagarariye inzego zitandukanye mu karere ka Huye barazaba ko habaho ikirango cyihariye cya Ndi Umunyarwanda, ukibonye wese kikamwibutsa iyi gahunda.
Deo Ngarukiye w’i Nyaruguru yishimira ubuhinzi bw’icyayi akuramo asaga ibihumbi 500 buri kwezi, none yaniyemeje kureka guhinga ibindi bihingwa.
Mu Karere ka Huye harabarurwa ibigo bishinzwe ibikorwa rusange 66 bidafite umuriro w’amashanyarazi, mu gihe Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) cyabaruraga 37.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Collège St Bernard riherereye i Kansi mu Karere ka Gisagara batangiye gutekereza kwihangira imirimo bagendeye ku masomo biga.
Nyuma y’uko Akarere ka Nyamagabe kabaye aka 27 mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017, Ubuyobozi bwako bwarisuzumye busanga uyu mwanya utari mwiza, ukomoka ku ruhare ruto rw’abaturage mu kugena ibibakorerwa mu mihigo.
Ubuyobozi bwa polisi ya Nyamagabe, buvuga ko iyo hagize abafungwa barwarira aho babafungira bategereje kuburana batabasha kubavuza.
Abaturage batandukanye bo Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye banejejwe no kubona umuhanzi Jay Polly amaso ku maso ubwo yajyagayo kubataramira.
Abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bagaragaza ibyishimo baterwa no kuba basigaye batunga umusatsi, bakarimba nk’abandi.
Abatuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi bise Yeruzaremu umudugudu w’icyitegererezo wubatswe iwabo kuko ngo ubereye ijisho kandi uzababera isoko y’amajyambere.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Huye batangiye kurimbura insina zabo kuko batakibona aho bagurisha ibitoki ubundi byagurwaga n’abengaga inzoga zitemewe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabiye ibihano buri wese wagize uruhare mu makosa yo guhindurira abaturage ibyiciro by’Ubudehe.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose yabwiye abayobozi bo muri iyo Ntara kureka ibyo kujenjeka bagakora ubukangurambaga mu baturage bakitabira gahunda za Leta.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, batangiye kubakira bagenzi babo batishoboye, babicishije mu muganda.
Iyo winjiye mu Gasantere ka Rango ho mu Karere ka Huye, uhasanga abana benshi bazerera, mu gihe bagenzi babo baba bagiye kwiga.
Kuri sitasiyo ya polisi y’i Huye hafungiye abagabo batatu bakurikiranweho kwiba no kugurisha ibyuma by’amapironi n’iby’impombo zifashishwa mu gukora ibiraro.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi muri Huye bwatangije irushanwa ngarukamwaka ry’umupira w’amaguru rigamije gushishikariza abaturage gahunda za leta zitandukanye.
Bamwe mu bakorera mu gakiriro k’i Huye babangamiwe na bagenzi babo bahisemo gusiga imashini zapfuye mu bibanza byabo, bakajya gukorera mu mujyi.
Abaturiye ikimpoteri cya kijyambere giherereye i Sovu Mu Karere ka Huye, barifuza kwimurwa kuko kibakururira umwanda n’umutekano mukeya.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa diyosezi gaturika ya Butare, avuga ko umupadiri atari umukozi w’Imana kuko umukozi aruhuka, nyamara bo bakaba bagomba gukorera Imana ubutaruhuka.
Abitabiriye amatora ya perezida w’u Rwanda baje barimbye, Annonciata Mafurebo Kayitesi bakunze kwita Anita yarushijeho kuko yatamirije ibyanganga.