Imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza hanze byariyongereye mu myaka 13 ishize bituma n’amadovize zinjiza mu gihugu yiyongera ava kuri miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 26 z’Amadorari ya Amerika ubu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemereye kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), inkunga y’ubutaka kugira ngo ibashe kubaka ibitaro yateganyaga byo kwigishirizamo abanyeshuri.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, yasabye Ikigega cy’ingwate (BDF) kuba ari cyo kivugana n’amabanki kugira ngo byorohere urubyiruko kubona inguzanyo kuko ubusanzwe atari ko byakorwaga.
Abahinzi b’ibijumba bya kijyambere bifite imbere hafite ibara rya ‘orange’ bikungahaye kuri vitamine A, bavuga ko ibyo bijumba bikunzwe ndetse ko batangiye kubibonera n’amasoko ku buryo babyitezeho ubukire.
Igihugu cy’u Budage kigiye gufatanya n’u Rwanda ngo hageragezwe igihingwa cy’umuzabibu bityo divayi iwengwamo yaturukaga hanze ihenze ibe yakwengerwa mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ahamya ko imyuga n’ubumenyingiro ari ipfundo ry’iterambere ry’ibihugu, cyane cyane iyo bishyizwemo ingufu bikigishanywa ubuhanga.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi, RAB, gitangaza ko Leta yashyize miliyari 11 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gutunganya umusaruro muri rusange kuko kugeza ubu ngo hakiri mwinshi wangirika.
Abahanga mu by’indimi bemeza ko Ikinyarwanda ari ururimi rwihagije nubwo hatabura gutira amagambo amwe n’amwe, ariko ngo abashaka kugaragaza ko ari abasirimu ni bo baruvangira amagambo y’indimi z’amahanga ngo berekane ko bize.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abana banduzwa SIDA n’ababyeyi mu gihe bababyara bagabanutseho 9.3% mu myaka 18 ishize, ariko ngo intego ni uko bagera kuri 0%.
Uruganda rwa ‘Skol Brewery Ltd’ rwenga inzoga zimenyerewe nka Skol, rurasaba imbabazi Abanyarwanda nyuma yo gushyira urwenya ku macupa y’inzoga yarwo ya Skol Lager, aho rwifuza ko abantu bayinywa baseka ariko hakaba hari urutarakiriwe neza.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) ivuga ko impunzi ibihumbi cumi na bitatu na magana inani na makumyabiri na batanu (13.825) zitaba mu nkambi zashyiriweho gahunda yo kuzishyurira mituweri kugira ngo zibone uko zivuza kuko iziri mu nkambi zifite uko zivurirwayo.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc) irateganya kwimukira mu nyubako yayo nshya ari na cyo cyicaro gikuru cyayo. Iyo nyubako iri iruhande rw’aho yari isanzwe ikorera mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, bikaba biteganyijwe ko izayimukiramo bitarenze Ukwakira uyu mwaka wa 2019.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), Richard Tusabe, aravuga ko yicuza cyane kuba ikigo akuriye cyarubatse gusa inzu zihenze kandi ngo cyagombye kuba cyarubatse n’izihendutse zihwanye n’ubushobozi bw’abanyamuryango bacyo.
Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) gitangaza ko gihomba agera kuri miliyari 20Frw buri mwaka kubera ko amafaranga atangwa n’abanyamuryango ari make ugereranyije n’ayo icyo kigo cyishyura servisi z’ubuvuzi.
Ubuyobozi bushya bw’Umujyi wa Kigali burangajwe imbere n’umuyobozi wawo, Rubingisa Pudence, bwiyemeje kwegera abaturage kurushaho hagamijwe iterambere ryabo.
Mu gikorwa cyo gutora umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, inteko itora ihundagaje amajwi kuri Rubingisa Pudence, waturutse mu Nama Njyanama y’akarere ka Gasabo, aho na bwo yari yatowe muri iki gitondo.
U Buyapani n’u Rwanda byasinye amasezerano y’inguzanyo y’asaga miliyari 83Frw azifashishwa mu kuvugurura ubuhinzi hagamijwe kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana.
Benimana Richard wize iby’uburezi muri kaminuza y’u Rwanda, ntiyakomeje ngo akore ibijyanye n’ibyo yize ahubwo yinjiye mu bukorikori burimo ikoranabuhanga bituma abasha kwikorera ibyuma by’imikino y’amahirwe bimenyerewe ko bituruka hanze.
Perezida Kagame yasabye ko mu mihigo y’umwaka wa 2019-2020, ibijyanye n’imibereho myiza y’abaturage byitabwaho ku buryo buhagije kuko hari bimwe ngo bitahawe umwanya uhagije, ibyo bikaba byatumye iyo mihigo idasinywa.
Mu mpera z’icyumweru gishize, abantu bari uruvunganzoka mu imurikagurisha mpuzamahanga ribera i Gikondo, cyane ko ari yo weekend ya nyuma yaryo, abana na bo bakaba bari benshi ahanini bishimisha mu mikino inyuranye yabagenewe.
Perezida Kagame avuga ko bisaba ubushishozi kugira ngo umuntu yumve ukuntu ibicuruzwa byoroherezwa kwinjira mu bihugu bitandukanye bya Afurika ariko koroshya urujya n’uruza rw’abantu bikaba bitaramera nk’uko byifuzwa.
Hari abitegura kurushinga bajya ku mwanditsi w’irangamimerere ngo bamugaragarize uko bifuza kuzacunga umutungo wabo, ngo ugasanga hari ubwo abahitiramo ntibibashimishe kuko amahitamo ari ayabo.
Uwizeyimana Immaculée wacururizaga muri Nyabugogo ahitwa ku Mashyirahamwe mu murenge wa Kimisagara, ibintu bye byose bikaba byahiriye mu nkongi yadutse muri iyo nyubako ahagana saa sita z’ijoro ryakeye, avuga ko yamuhombeje asaga miliyoni 10.
Marie Chantal Rwakazina wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akaba aherutse kugirwa Ambasaderi, yahererekanyije ububasha ku buyobozi bw’uwo mujyi na Busabizwa Parfait usanzwe ari umuyobozi wungirije wawo ushinzwe iterambere ry’ubukungu.
Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), igiye gutangiza ishami ry’ubuganga rizaba riri ku rwego mpuzamahanga, cyane ko rifite inkomoko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Mutaganda Aloys wo mu karere ka Kicukiro, yakoze mu ruganda rukora ibikomoka ku bitoki mu gihe cy’imyaka isaga 30, bituma ashinga urwe agiye muri pansiyo ku buryo bimufasha mu buzima bwe bwa buri munsi.
Abantu basaga 800 bishimira ko bavuye mu bushomeri kubera guhabwa akazi mu mirimo yo kubaka irimo gukorwa na Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), ku cyicaro cyayo gikuru giherereye i Masoro muri Gasabo.
Ubusanzwe abiga mu bigo by’imyuga n’ubumenyi ngiro (IPRC) barangiza bafite impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1), ubuyobozi bukuriye ibyo bigo bukaba bwifuza ko bakwemererwa gukomeza mu bindi byiciro bya kaminuza.
Iyo kandagirukarabe ikozwe mu buryo bwa kijyambere ariko ukabona yarakozwe hagendewe ku zo tumenyereye, ikaba ifite ahajya amazi meza, ahamanukira ayakoreshejwe n’ahajya isabune y’amazi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), ku ruhererekane nyongeragaciro rw’ibikomoka ku biti bwerekanye ko abakoresha ikoranabuhanga rigezweho ari 1%, bikadindiza iterambere ry’urwo rwego.