Umuryango Plan International Rwanda wubakiye ibyumba by’amashuri y’incuke abana bo mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera, bituma baruhuka kwigira munsi y’ibiti hatabafashaga kwiga no kwitabwaho nk’uko bikwiye.
Ikigo kizobereye mu bwishingizi cya Sanlam cyaguze sosiyete nyarwanda y’ubwishingizi (SORAS), yari ibimazemo imyaka isaga 30, kivuga ko cyatangiye kuvuza hanze abo cyishingira mu rwego rwo kongera serivisi gitanga.
Bamwe mu bakozi b’ikigo cy’ubwikorezi ndengamipaka ku muhora wo hagati bakunze kwita ‘Central Corridor’ (CCTTFA) bari mu ruzinduko mu Rwanda, barashima iterambere ry’ibikorwa remezo mu Rwanda, bigatuma gutwara imizigo byihuta.
Umunyamabanga uhoraho w’Ikigega cy’Abongereza gishinzwe iterambere mpuzamahanga (DFID), Matthew Rycroft, avuga ko igihugu cye cyishimira iterambere u Rwanda rugenda rugeraho ari yo mpamvu ngo kizakomeza kurushyigikira.
Abaturage batuye munsi y’umusozi wa Rebero mu karere ka Kicukiro bemeza ko ibiti 4,500 byatewe kuri uwo musozi bizabarinda isuri yari igiye kuzabasenyera, bakavuga ko bahoranaga ubwoba mu gihe cy’imvura.
Shallon Abahujinkindi warangije kaminuza mu ishami ry’icungamutungo n’ibaruramari, yahisemo kwiga umwuga ujyanye n’ubwiza harimo no gutunganya imisatsi, kuko yabonaga kubona akazi kajyanye n’ibyo yize bitoroshye none ubu biramutunze.
Abana b’abakobwa batewe inda bakabyara imburagihe, bahamya ko imyuga bize babifashijwemo n’umuryango ‘Safi Life Organization’ izabafasha kwikura mu bukene, bityo ntibongere kugira ibyo bararikira byatuma bashukwa bakongera guterwa inda.
Abitabiriye ibiganiro byateguwe na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) bigamije kureba uko imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaboneka, barasaba ko Leta yashakisha ikoranabuhanga rigezweho ryakwerekana ahari iyo mibiri kuko ngo hari aho rikoreshwa ku isi.
Uwineza (izina yahawe) w’imyaka 17 y’amavuko, arimo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye ku wa mbere tariki 04 Ugushyingo 2019. Arabikora ari kumwe n’uruhinja rwe rw’ibyumweru bibiri kandi ngo yiteguye kubirangiza akazakomeza amashuri yisumbuye.
Bamwe mu banyeshuri batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bemeza ko bazabitsinda neza kuko ikizamini bahereyeho bivugira ko kitabagoye, cyane ko biteguye neza.
Umuryango ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane Transparency International Rwanda (TI-R) wemeza ko ubushakashatsi uheruka gukora ku mishinga ikorerwa abaturage ibafitiye inyungu, bwagaragaje ko 55% by’abagenerwabikorwa batamenya iby’iyo mishinga.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC) gitangaza ko cyatangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ku basaba amazi bwa mbere, bakuzuza ibisabwa bitabaye ngombwa ko bajya ku biro by’icyo kigo nk’uko byari bisanzwe.
Muhawenimana Jeanne (izina yahawe) yabyaye afite imyaka 15 bituma ata n’ishuri. Avuga ko kugira ngo aterwe inda byavuye ku kutamenya amakuru ngo bimufashe kwirinda icyo kibazo.
Urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo gusuzuma ubwiregure bw’abaregwa, rutegetse ko bafungwa mu gihe cy’ukwezi, kubera ko rutinya ko batoroka ubutabera.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame ahamya ko umuntu ahitamo uko abaho n’aho aba nk’umuntu ubwe, ariko ko atabihitiramo undi batabanje kubiganiraho ngo amenye impamvu.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’ubwiyunge, Bishop John Rucyahana, avuga ko urugamba rwo kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside rutararangira bityo ko buri Munyarwanda agomba guhora ari maso.
Madame Jeannette Kagame avuga ko Ndi Umunyarwanda ari igitekerezo cy’ingenzi Abanyarwanda bagombye gukomeza kugenderaho kuko ari na cyo cyabaye imbarutso yo kubohora u Rwanda.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko abatera u Rwanda baturutse hanze yarwo abafata nk’abiyahuzi, cyane ko batera ariko ntibasubireyo kuko inzego z’umutekano ziba ziri maso.
Urubuga ngishwanama rw’inararibonye z’u Rwanda (REAF), ruri mu gikorwa cyo gufatanya n’inzego zitandukanye ngo haboneke igisubizo cy’imanza 52.226 zirebana n’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zaciwe na Gacaca ariko ntizirangizwe.
Ubushakashatsi bwiswe RPHIA bwari bumaze iminsi bukorwa bwerekanye ko SIDA mu Rwanda itiyongereye muri rusange mu myaka isaga 10 ishize, kuko ubushakashatsi buheruka bwa 2005 na bwo bwari bwerekanye ko yari kuri 3%, ari wo mubare wagenderwagaho kugeza ubu.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro icyambu cyo ku butaka cyiswe ‘Kigali Logistics Platform’, cy’ikigo ‘Dubai Ports World’, kikazorohereza abantu bagera kuri miliyari imwe na miliyoni 200 barimo Abanyarwanda, Abanyafurika muri rusange ndetse n’abo hanze y’uwo mugabane.
Maj (Rtd) Habib Mudathiru uri mu itsinda ry’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe wa RNC yemeye ibyaha byose aregwa, mu gihe abo bareganwa 24 babwiye urukiko ko hari ibyaha bemera n’ibyo batemera.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangizwa uburyo bwo guha abagenzi serivisi inoze, hakoreshwa imodoka zihagurukira ku gihe, bityo umuntu akajya gutega imodoka azi ko ahita ayibona adategereje cyane.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU) ugiye guha u Rwanda asaga miliyari 4.5 z’Amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu gukomeza kubona ibicanwa bitangiza ikirere mu rwego rwo kurengera ibidukikije.
Kuri uyu wa 14 Ukwakira 2019, urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rwasubukuye urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa RNC, aho haburanwa ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ubushize rukaba rwari rwasubitswe kubera ko abaregwa batari bafite abunganizi.
Abamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda batangije ihuriro bise RECOPDO (Rwanda Ex-Combatants and Other People with Disabilities Organization), uyu ukaba ari Umuryango w’abamugariye ku rugamba n’abandi bafite ubumuga, uzabafasha kwiga imyuga inyuranye kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2019, mu Karere ka Rusizi hatashywe ku mugaragaro urugo rw’Impinganzima rwatujwemo Intwaza 40, zikaba zishimira Leta y’u Rwanda kubera ko ihora izitaho.
Perezida Kagame avuga ko urwango rugirirwa abanyamahanga (Xenophobia) nta mwanya rufite ku mugabane wa Afurika, kandi ko ari inshingano za buri wese kubirwanya.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abana bazakora ibizamini bya Leta mu byiciro byose biyongereye, nk’abo mu mashuri abanza bakaba bariyongereyeho 12% ugereranyije n’abakoze umwaka ushize.
Urubuga ngishwanama rw’inararibonye z’u Rwanda (REAF), ni urwego rwashyizweho ku busabe bwa Perezida wa Repuburika, itegeko rirushyiraho rikaba ryaragiyeho muri 2013, naho abarugize bakaba baragiyeho muri Werurwe 2015. Itegeko nomero 39/2013 ryo ku wa 16 Kamena 2013 ni ryo ryashyizeho urwo rwego.