Abafite ibigo byita ku bana barwaye indwara yitwa ‘Autisme’ ituma abana bagira imyitwarire itandukanye n’iy’abandi, bavuga ko bakwiye kwitabwaho kuko ngo usanga bafite ubwenge n’ubushobozi nk’ubw’abandi, iyo babonye ibyangombwa bibafasha kwiga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyatangaje ko cyazanye intama zororoka kabiri mu mwaka, zikazagezwa ku baturage ku giciro cyunganiwe na Leta.
Mu rwego rwo gukomeza gusigasira umuco nyarwanda no kubungabunga amateka yarwo, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abagize Inteko Izirikana gushyira ubumenyi n’ibikorwa byabo mu nyandiko no mu buryo bw’ikoranabuhanga, ku buryo n’abazavuka bazabukoresha mu (…)
Umusozi w’Urukari uherereye mu Mudugudu wa Rukari mu Kagari ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, ubu ukaba uriho Ingoro z’Abami hakaba n’urugo rw’Umwami Mutara wa III Rudahigwa Charles Léon Pierre, watwaye u Rwanda kuva mu 1931 kugeza mu 1959.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko Atari byiza gutekesha amavuta y’ubuto inshuro nyinshi, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu.
Muri Iran, Urukiko rwategetse Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kwishyura Amadolari Miliyari 49.7, nk’igihano n’indishyi z’akababaro, n’ikiguzi cy’ibintu byangiritse mu gitero cya ‘drone’ y’Amerika yahitanye General Qassim Soleimani w’imyaka 62, wari umugaba mukuru w’ishami ry’ingabo za Irani zirwana hanze y’igihugu gusa.
Kominote ya Emanweri ifatanyije na CECYDAR umuryango washinzwe na Rugamba Sipiriyani n’umugore we Daphroze Mukansanga bagamije kwita ku bana batishoboye bajya mu muhanda n’imiryango yabo, bateguye icyumweru cyahariwe Rugamba Sipiriyani na Daforoza Mukansanga mu rwego rwo gutanga inyigisho ku miryango bifashishije urugero (…)
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’amwe mu mazina y’ahantu hatandukanye mu bice bigize igihugu cyacu yabakusanyirije inkomoko y’Izina Cyasemakamba.
Tariki 05 Ukuboza 2023 hasohotse Igazeti ya Leta yasohotsemo amategeko abiri: Itegeko nº 058/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ndetse n’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 (…)
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ugushyingo 2023 yafunze uruganda rwenga inzoga zitujuje ubuziranenge rwakoreraga mu Murenge wa Ndera akagari ka Rudashya umudugudu wa Akamahoro mu karere ka Gasabo.
Dr Anicet Nzabonimpa akaba inzobere mu bijyanye n’imyororokere avuga ko imiterere y’umubiri w’umugore ndetse n’iy’umugabo ari bimwe mu mpamvu zituma abagore baramba kuruta abagabo.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda tariki 4 Ukuboza 2023, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kongerera imbaraga urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Minisiteri y’Uburezi yahembye abanyeshuri 17 bo mu mashami atandukanye batsinze neza kurusha abandi ubwo yatangazaga amanota y’abatsinze ibizamini bya Leta kuri uyu wa mbere tariki 4 Ukuboza 2023.
Indwara y’ubushita bw’inguge izwi nka Monkeypox nubwo yandura mu buryo butandukanye ishobora no kwandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yafunze amavuriro umunani yavuraga mu buryo bwa gakondo kubera ko amwe muri ayo mavuriro yakoraga adafite ibyangombwa mu gihe andi yamamaje ibikorwa byayo kandi bitemewe.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye muri Nouvelle-Zélande bahawe itegeko ryo kudakoresha za terefone kuko biri mu byasubije ireme ry’uburezi inyuma.
Uburezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iyakure bworohereje abanyeshuri ndetse n’abarezi mu gutanga no kwiga amasomo yabo. Ibi byatangajwe n’abatumirwa bitabiriye ikiganiro EdTech Monday kivuga ku burezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iyakure cyatambutse kuri KT Radio tariki 27 Ugushyingo 2023 aho cyagarutse ku kamaro ko (…)
Madamu Jeannette Kagame yasabye abafite inshingano z’ubuyobozi guhuza imbaraga zituma abo bayobora bagira imibereho myiza, no kurushaho kurangwa n’ubumwe n’urukundo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abantu bane bo mu Itorero rya ADEPR bakurikiranyweho guhimba inyandiko bagamije kweguza Umuyobozi Mukuru w’iri torero.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Ukuboza 2023 yifatanyije n’abayobozi bakomeye ku rwego rw’isi, mu birori byo gufungura Inama ya Loni yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP28).
Abanya-Israel 97 nibo barekuwe n’umutwe wa Hamas ndetse na Israel irekura imfungwa z’Abanye -Palestine zigera kuri 210 mu gahenge k’iminsi itandatu Israel na Hamas byari byemeje yo kuba bahagaritse intambara.
Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru, gukoresha ibikangisho no gutangaza amakuru y’ibihuha kuri uyu wa kane tariki 30 Ugushyingo 2023 yaburanye Ubujurire yongera gusaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumurekura agakurikiranwa adafunzwe.
Inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ugushyingo 2023, yagize Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga Ambasaderi w’u Rwanda muri Turukiya.
Ubwo yagezaga ijambo ku Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’umuryango, EALA, bateraniye i Kigali mu Nteko Rusange kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ugushyingo 2023 Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko asanga hakwiye kongerwa ibikorwa bihindura imibereho y’abatuye mu bihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika y’i (…)
Nyuma y’igihe mu Mujyi wa Kigali hagaragara imirongo miremire y’abategereje imodoka by’umwihariko mu masaha y’igitondo abantu bajya mu kazi ndetse na nimugoroba bataha abagenzi batega imodoka mu buryo bwa rusange barishimira uburyo bushya Leta yashyizeho bwo kwemerera sosiyete ndetse n’undi muntu wese ufite ubushobozi kuba (…)
Iteka rya Minisitiri ryasohotse tariki 28 Ugushyingo 2023 ryatangaje ibiciro bishya ku musoro w’ubutaka mu bice by’umugi wa Kigali ndetse n’ibice by’icyaro no ku bundi butaka bukorerwaho ibikorwa by’iterambere bitandukanye.
Inteko Rusange ya Sena kuri uyu wa kabiri tariki ya 28 Ugushyingo 2023 yatoye Itegeko Ngenga rihindura Itegeko Ngenga n° 001/2019.OL ryo ku wa 29/07/2019 rigenga amatora aho biteganijwe ko amatora y’umukuru w’igihugu n’ay’Abadepite azabera umunsi umwe.
Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS rihangayikishijwe n’indwara y’ubushita bw’inguge bwibasiye abatuye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 27 Ugushyingo 2023 Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), Joseph Ntakirutimana, yavuze ko abagize Inteko ya EALA bo muri Congo batazitabira ibikorwa bizabera mu Rwanda.
Kiliziya Gatolika kuri iki cyumweru tariki 26 Ugushyingo 2023 yizihije umunsi mukuru wa Kirisitu Mwami wabaye impurirane n’isabukuru y’imyaka 15 Kiliziya ya Regina Pacis imaze ishinzwe.