Igihugu cya Israel cyemeye gufungura umupaka kigenzura kugira ngo igihugu cya Misiri kibashe koherereza imfashanyo abasivili, bahunze intambara mu bice bitandukanye byo muri Gaza.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rutazihanganira ibyaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga bikorwa n’abantu batandukanye harimo n’abitwaje umurimo bakora.
Nyuma y’amezi hafi atatu bategereje guhabwa igihembo cyo gukosora ibizamini bya Leta, abarimu bari bafite iki kibazo akanyamuneza ni kose nyuma y’uko bahembwe.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2023, yakiriye Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Heike Uta Dettmann, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’ibihugu byombi banareba ku bindi bikorwa byakongerwamo imbaraga mu rwego rwo gukomeza gushimangira imikoranire myiza (…)
Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko ba mukerarugendo babiri n’umushoferi bishwe n’igitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF, ubwo abo bantu bari muri Pariki yitiriwe Queen Elizabeth mu gace ka Kasese.
Mu gihugu cya Nigeria abagera kuri 50 barimo abana n’abagore bashimuswe n’abantu bitwaje intwaro mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’iki gihugu.
Ikigo gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko abanyeshuri bose bari basabye guhindurirwa ibigo by’amashuri bari baroherejweho bose bamaze gusubizwa.
Impuguke mu by’ubukungu zivuga ko intambara zirimo kuba mu bihugu bikungahaye ku bikomoka kuri Peterori bigira ingaruka ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ndetse n’ibidafite ubwo butunzi, bigatuma n’ibiciro by’ibikomoka kuri Petrero bizamuka.
Igihugu cya Israel cyasabye ko abaturage basaga miliyoni imwe baba mu Majyaruguru ya Gaza, kwimukira mu Majyepfo yaho mu gihe kitarenze amasaha 24, mu rwego rwo kwirinda kugerwaho n’ingaruka z’intambara irwanamo n’umutwe wa Hamas.
Urukiko Rukuru ruhanishije Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid igifungo cy’imyaka itanu no gutanga ihazabu ya Miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Sylvia Bongo Ondimba Valentin, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida wa Gabon yafunzwe, aho akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta mu gihe umugabo we yayoboraga Gabon.
Umushumba wa Kiriziya Gatolika ku Isi Papa Francis yasabye igihugu cya Israel n’umutwe wa Hamas guhagarika imirwano kuko irimo gutikiriramo imbaga y’abantu b’inzirakarengane.
Zimwe mu mpamvu zagaragaye zituma ahacururizwa inzoga zo mu bwoko bwa ‘Liqueur’ hatagomba kunywerwa inzoga nuko usanga abenshi bajya kunywera yo baba banze kubahiriza amasaha yagenwe yo gufungiraho utubari ducuruza inzoga.
Ku wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, i Bruxelles mu Bubiligi hakomeje urubanza ruregwamo Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa, bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuyahudi Ezra Yachin, wahoze mu gisirikare cya Israel, ku myaka ye 95 yasubiye ku rugamba Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa Hamas.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV. RIB iravuga ko Manirakiza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga 500.000Frw ngo adatangaza inkuru.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko kuva imirwano yakwaduka hagati y’igihugu cya Israel na Palestine nta Munyarwanda wari wahagirira ikibazo cyo kuba yatakaza ubuzima, yashimutwa cyangwa ngo akomerekere muri iyo ntambara.
Mu ijambo Madamu Jeannette Kagame yagejeje ku bitabiriye inama ya kane, y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi ibera mu gihugu cy’u Burundi, kuva tariki ya 9 Ukwakira 2023, yagaragaje ko kuboneza urubyaro bituma umuryango ugira iterambere rirambye.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira 2023 yabonanye na Mike Rounds wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Ron Estes wo muri Kongere y’icyo gihugu, hamwe n’itsinda ayoboye, baganira ku mubano w’u Rwanda na Amerika ndetse n’izindi ngingo zireba Akarere n’Isi muri rusange.
Umubikira witwa Dusenge Enathe na Furere Muhire Jean Pierre biyemeje ku bana nk’umugore n’umugabo, basezera umuhamagaro wo kwiyegurira Imana.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yageze i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023. Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama ya kane y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira 2023, imodoka itwara inzoga za BRALIRWA yafashwe n’inkongi y’umuriro igeze rwagati mu Mujyi wa Musanze, mu Murenge wa Muhoza Akagari ka Kigombe, umudugudu wa Nyamuremure, hafi y’isoko rya GOICO.
Narges Mohammadi w’umunya-Irani, n iwe wahawe igihembo cyitiriwe Nobel (Prix Nobel) kubera ibikorwa yakoze byo guharanira uburenganzira bwa muntu, agihabwa ari mu buroko.
Banki ya Kigali (BK) ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2023, yashimiye abakiriya bayo b’imena bo mu Karere ka Gicumbi uburyo bakorana neza, ibagenera impano ndetse haba n’igikorwa cyo gusangira na bo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Ukwakira 2023, Perezida Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, bafunguye ku mugaragaro ishami ry’Afurika ry’Ikigo mpuzamahanga cy’Ubuvuzi cya IRCAD Africa, rizajya ryifashishwa mu bushakashatsi n’Amahugurwa ku ndwara ya kanseri ifata urwungano ngogozi.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza mu Kagari ka Shara mu Mudugudu wa Gakenke, tariki ya 6 Ukwakira 2023, habereye impanuka y’imodoka itwara abarwayi (Ambulance) yagonganye n’uwari utwaye igare, ahita yitaba Imana.
Bamwe mu barimu bakosoye ibizamini bya Leta batangarije Kigali Today ko bategereje amafaranga bagombaga guhemberwa uwo murimo ariko na n’ubu amaso akaba yaraheze mu kirere.
Ku munsi mpuzamahanga wa mwarimu uba tariki ya 5 buri mwaka, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), cyatangaje ko umwarimu azakomeza gushyigikirwa kugira ngo arusheho gutanga uburezi bufite ireme.
Tariki 4 Ukwakira 2023, Urukiko rw’i Buruseli mu Bubiligi, rwatangiye kuburanisha Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa, baregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ahazwi nko kuri Peyaje, ku muhanda uva mu Mujyi wa Kigali rwagati werekeza i Remera, habereye impanuka ya bisi itwara abagenzi mu buryo bwa rusange.