Mu mpera z’icyumweru gishize, umuryango wo Mujyi wa Kigali wapfushije umuhungu wari umaze igihe gito ashinze urugo, azize indwara y’umwijima. Uyu mugabo witabye Imana yakurikiraga murumuna we na we wari umaze ukwezi kumwe gusa yitabye Imana, na we azize indwara y’umwijima.
Mu rwego rwo kwirinda akajagari no gukoresha ubutaka neza, buri karere kagira igishushanyo mbonera kigaragaza uburyo ubutaka bugomba gukoreshwa bitewe n’agace runaka.
Umusore witwa Nzabonimpa Joseph w’imyaka 25 wari umaze amezi atanu afungiye muri Uganda, avuga ko yagombye kwihindura umurwayi wo mu mutwe, kugira ngo adakubitirwa aho yari afungiye.
Polisi y’igihugu irasaba abayobozi b’ibigo bitwara abagenzi mu modoka, ab’ibigo bitwara imizigo mu makamyo no mu zindi modoka kugira inama abashoferi babakorera, bakajya bitwara neza kugira ngo birinde impanuka.
Kuva mu cyumweru gishize, mu nzego zinyuranye z’akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, cyane cyane muri serivisi zikenerwa n’abaturage cyane, hatangiye gukoreshwa imashini abaturage bakoresha bagaragaza uko bakiriye serivisi bahawe.
Kuva gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP) yatangira muri 2008, amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 290 niyo amaze gukoreshwa muri gahunda zayo uko ari eshatu.
Polisi y’igihugu iratangaza ko nubwo hashyizweho ubukangurambaga bunyuranye bugamije gukumira impanuka zo mu muhanda, hakigaragara abantu bakoresha umuhanda nabi, bigakurura impanuka.
Banki itsura amajyambere y’u Rwanda (BRD) iratangaza ko yatangiye umushinga wo kwishyuza inguzanyo za buruse zahawe abize muri kaminuza, aho iteganya kuzaba imaze kwishyuza miliyari 22.9 z’amafaranga y’u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
Umukobwa witwa Claudine Nyiringabo wo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, yaguye mu mpanuka y’imodoka ajya gukora ikizamini cy’akazi mu karere ka Nyamasheke.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Mbogo riherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye, barasabwa kwiga bashyizeho umwete no kwigira ku bababanjirije muri iryo shuri, kandi ko hari amahirwe menshi yo gutera imbere.
Umugabo witwa Jean Damascene Baziruwiha wari umaze umwaka muri Uganda ari umurobyi mu kiyaga cya Victoria, yavuze uburyo yashinjwe kuba intasi y’u Rwanda muri Uganda akahafungirwa.
Itorero ADEPR Paroisse ya Kinazi mu karere ka Ruhango ryasubitse gahunda yo gusezeranya Uyisenga Ildephonse na Banamwana Sadako bari gushyingirwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, kubera ko umukobwa atwite.
Hagati ya tariki 26 na 30 Kamena 2019, mu turere twose tw’igihugu uko ari 30 harimo hemezwa ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 2019-2020. Uko ingengo y’imari itorwa kandi ikemezwa n’inama njyanama y’akarere, ni na ko igabanywa mu bice, hagendewe ku bikorwa byateganyijwe gukorwa mu karere runaka.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa RCS ruranyomoza amakuru yavuzwe ko abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyarugenge/Mageragere iherereye mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, bigaragambije.
Umuryango ‘Girl Smile Rwanda’ uratangaza ko iyo imiryango mito itegamiye kuri Leta idakora iteganyabikorwa rinoze, ibikorwa byayo bitajya biramba.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye ku rwunge rw’amashuri rwa APACOPE mu mujyi wa Kigali, bikoreye Robot bayiha izina rya Simoni.
Umuryango Faith Victory Association (FVA) n’indi miryango 15 bakorana mu guharanira uburenganzira bw’umwana n’umugore, iratangaza ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko hari abajyanama b’ubuzima batabikira ibanga abaturage babagana, bigatuma hari ababishisha ntibajye kubasaba serivisi ku kuboneza urubyaro.
Kuva kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Kamena 2019, Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka rwatangiye gutanga Pasiporo Nyarwanda y’Afurika y’Iburasirazuba ikoranye Ikoranabuhanga.
Perezida wa Botswana Dr. Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi na Madamu Neo Masisi, kuri uyu wa kane 27 Kamena 2019, bakiriye mu murwa mukuru Gaborone Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri bagiriye muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’ishuri rya IFAK (Institut de Formation Apostolique de Kimihurura) buvuga ko kwigisha abana umuco w’amahoro n’urukundo ari inzira nziza yo guhindura amateka mabi igihugu cyanyuzemo, yakigejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubutabera yagejeje umushinga w’itegeko kuri Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, risaba ko amategeko areba u Rwanda yashyizweho mu gihe cy’ubukoloni yavanwaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe buravuga ko muri aka karere habarurwa abana b’abakobwa barenga 600 babyaye batarageza imyaka 18 y’amavuko, nyamara ababateye inda babihaniwe bakaba batarenga abantu 100.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye arasaba abacungagereza kurushaho kunoza umwuga bakora, bagaharanira kugorora abagororwa kuburyo urangije igihano atongera kwishora mu byaha byakongera kumusubiza muri gereza.
Rev. Pasitoro Singirankabo Jean de Dieu, wari umuvugabutumwa mu itorero ADEPER/PCIU, (Ishami ry’itorero ADEPER muri Uganda), yagiye muri Uganda muri 2006 agiye kwiga no gukomereza umurimo w’ivugabutumwa muri ADEPER.
Minisiteri y’ubuzima MINISANTE yongeye gusaba Abaturarwanda gukaza ingamba zo gukumira ko icyorezo cya Ebola cyagera mu Rwanda.
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Kamena 2019, Madame Denise Nyakeru Tshisekedi, umufasha wa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Madamu Jeannette Kagame yaraye yakiriye ku meza mugenzi we Denise Nyakeru Tshisekedi, Madamu wa perezida wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.
Ababyeyi bo mu karere ka Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku mupaka muto uhuza yu Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, baravuga ko kuva aho baboneye irerero ribasigaranira abana basigaye bakora ubucuruzi bwabo neza.
Imibare yo muri 2015 igaragaza Akarere ka Rubavu mu turere twa mbere mu kugira umubare munini w’abana bagwingiye, ku ijanisha rya 46.3%. Ni ukuvuga ko hafi ½ cy’abana bari munsi y’imyaka itanu muri aka karere bagwingiye.
Urwego rw’umuvunyi ruratangaza ko rwafashe ingamba zo gukaza umurego mu gukurikirana no guteza cyamunara imitungo y’abantu bahamwe n’icyaha cya ruswa.