Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi aributsa abatuye akarere ka Gisagara, kuzafata neza imbuto y’imyumbati bahawe kuko ifatiye runini abanyarwanda.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, afunzwe akekwaho kwiba umucuruzi utanga serivisi ya Mobile Money, amafaranga ibihumbi 27 frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratinyura abagore bafite ibitekerezo by’imishinga kugana banki n’ibigo by’imari,kuko babihugurirwa ariko ntibabyitabire.
Abaturage bakoze imihanda muri gahunda ya VUP mu murenge wa Mukindo, akarere ka Gisagara baravuga ko bugarijwe n’ubukene kubera kudahembwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko bukurikije uko Akarere ka Huye kamaze imyaka kesa imihigo neza,bwifuje kumenya ibanga gakoresha.
Abatuye akagari ka Cyamukuza mu murenge wa Ndora, akarere ka Gisagara,bavuga ko babangamiwe n’abagore bakora uburaya bagateza umutekano muke.
Abarezi bo mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo barahiriye, kugirango uburezi burusheho gutera imbere.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru burasaba abanyamuryango kugira uruhare mu kugenzura imikorere n’imicungire y’ibimina bya mituweri.
Abanyeshuri 43 bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bunge mu Karere ka Nyaruguru, borojwe ihene, kugira ngo bibafashe gukurana umuco wo kwikorera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko umunyamuryango nyawe akwiye kurangwa n’ubunyangamugayo,kandi akubaha gahunda leta igenera abaturage.
Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyaruguru, ryavuze ko ryiyemeje gukumira umufatanyabikorwa wategura imishinga itazagerwaho bita “baringa”.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batujwe mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bategereje amasambu bemerewe n’akarere bagaheba.
Abacuruzi bacururiza ku mupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko inyubako yagenewe ubucuruzi bwambukiranya imipaka begerejwe ihenze kuyicururizamo, ari na yo mpamvu batayikoreramo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuhanda uhuza Akarere ka Huye n’aka Nyaruguru ukozwe byatuma Kibeho itera imbere ndetse igasurwa kurushaho.
Umurambo w’umugabo witwa Seruzamba Jean Pierre wasanzwe mu icumbi rya New Motel Gratia Ltd iherereye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye.
Bamwe mu baturiye umupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru bakunda kujya guhahira i Burundi baravuga ko bari kwangirwa kwambukana ibyo bahashye.
Mu nteko rusange y’ikipe ya Mukura VS yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Huye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Kanama 2016, ubuyobozi bwamurikiye abafana abakinnyi bashya ikipe yasinyishije, bakazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016/2017.
Nyaminga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly, yifatanyije na ’Association Mwanukundwa’ maze atangiza ku mugaragaro ikigega kizarihira kaminuza abana batishoboye.
Abakorera umurimo wo kuvunja amafanga (Abavunjayi) ku mupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuva imodoka zitwara abagenzi zahagarikwa bagize igihombo.
Abarundi bakora ingendo mu modoka zitwara abagenzi bambuka umupaka w’Akanyaru mu Karereka Nyaruguru, baravuga ko kuba igihugu cyabo cyarahagaritse imodoka zitwara abagenzi, byabagizeho ingaruka zikomeye.
Abaturage b’Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, bakusanyije ubushobozi bageza umuriro mu biro by’akagari kugira ngo serivisi bahabwa zihute.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko imbuto nziza y’ibirayi ihenze ku buryo buri wese atabasha kuyigurira.
Abaturage bahinga mu gishanga cya Rwoganyoni kiri mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru,baravuga ko kuva cyatunganywa batagihinga mu kajagari.
Ababyeyi bakura abana mu bigo by’imfubyi bakajya kubarerera mu miryango baributswa kubaha urukundo mbere y’ibindi byose, kuko ari cyo kintu gikomeye babuze.
Abahinzi b’i Nyaruguru baravuga ko batinyutse gutera ibiti bivangwa n’imyaka mu mirima yabo kuko birinda isuri kandi bikagaburirwa amatungo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buramagana abaturage bavuga ko badashaka kubana n’abandi bitwaje ko batamenyeranye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho, Tuyisenge Henriette, n’uwa Rusenge, Nsanzintwali Celestin, batawe muri yombi bakekwaho kwaka ruswa muri “Gira inka”.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kiravuga ko gifite gahunda yo guca abitwaza ko imisoro iri hejuru bakajya gushora imari mu bindi bihugu.
Abakiriya ba I&M Bank mu Karere ka Huye barasabwa kwirinda ubujura bukorerwa kuri interineti bugatwara amafaranga y’abantu benshi.
Bamwe mu bahinzi b’icyayi mu Murenge wa Kibeho ho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko koperative yabo ibariganya amafaranga y’umusaruro wabo.