Abatwara ibinyabiziga bakunda gukoresha umuhanda Sonatube-Gahanga-Akagera uhuza akarere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali n’aka Bugesera mu ntara y’Uburasirazuba barishimira ko uyu muhanda ugiye kwagurwa, kuko wari ubateye impungenge.
Guhera tariki ya 09 Werurwe 2019, mu Rwanda haratangira umwiherero wa 16 w’abayobozi bakuru. Ku nshuro ya 16, abayobozi bazamara iminsi ine mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kiratangaza ko ibikoresho bya pulasitike n’amasashi bikoreshwa mu Rwanda ari byinshi cyane, ku buryo uburyo bwo kubikusanya no kubibyazamo ibindi bikoresho bitoroshye.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Authentic International Academy riherereye mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali barigisha ababyeyi umuco w’isuku n’isukura kugira ngo babone isoko ry’isabune bikorera.
Mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 saa tanu n’iminota 37, icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina ‘Icyerekezo’ cyoherejwe mu kirere. Ni icyogajuru cyoherejwe mu kirere ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho cyitwa ‘One Web’.
Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), Hon. Dr. Frank Habineza, aratangaza ko kuva iri shyaka ryabona imyanya mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, abarwanashyaka baryo ku nzego z’ibanze batongeye guhutazwa nk’uko byabagaho mbere.
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Rwanda, aho abazirya bazibatije amazina nka ‘akabenzi’, ‘misaya myiza’, ‘inka y’I Butare’, n’andi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko kuba hari abanyamahanga basura u Rwanda inshuro nyinshi bikurikiranya, ari uko baba baruhoza ku mutima n’abaturage barwo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) kiratangaza ko imvura y’itumba iteganyijwe izaba nyinshi mu turere hafi ya twose tw’igihugu.
Abakecuru n’abasaza batujwe mu rugo rw’Impinganzima ya Bugesera barasaba urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu kwirinda kwambara imyambaro ibagayisha, mu rwego rwo kwihesha agaciro.
Ishami rya polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda riratangaza ko mu gihe cya vuba ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga z’agateganyo n’iza burundu byazajya bikorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Vincent Biruta, yasabye umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) n’abo bakorana ko bagomba kujya batanga amakuru y’iteganyagihe yizewe, ariko bakanongeraho gusobanurira abaturage, icyo bakwiye gukora.
Umwarimu mu ishuri ry’itangazamakuru n’itumanaho muri Kaminuza y’u Rwanda, Paul Mbaraga, ni we wahawe kuyobora Radio Salus, isanzwe ari iya Kaminuza y’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije REMA kiratangaza ko u Rwanda rugiye gutunganya imijyi ishobora guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ikigo gishinzwe gucuruza, kwamamaza no kumenyekanisha igihugu (Rwanda Convention Bureau) kiratangaza ko kuva mu kwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2018, inama mpuzamahanga zabereye mu Rwanda zinjije miliyoni 52 z’Amadolari ya Amerika.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko buhora iteka bushakisha uburyo bwafata abantu bakomeye barya ruswa (abakunze kwitwa ‘ibifi binini’) kugira ngo bahanwe n’amategeko.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Jeanne d’Arc Gakuba asaba abaturage batuye umujyi wa Kigali kugira umuco w’isuku mu mitekerereze yabo, bagahora iteka batekereza kuyinoza badategereje ababibibutsa.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko ibyaha bikorerwa ku mugabane wa Afurika bigira ingaruka ku bukungu bwayo no ku baturage b’inzirakarengane.
Minisiteri y’Ubuzima irahamagarira abagabo kujya bita ku buzima bw’abagore babo bakabafasha kwisuzuma indwara ya kanseri y’ibere. Iyi minisiteri kandi isaba Abanyarwanda gukunda no gutoza abana siporo, mu rwego rwo kwirinda indwara nka kanseri, diyabete, ndetse n’izindi.
Ikigega gifasha imishinga mito n’iciriritse BDF kiratangaza ko muri uyu mwaka wa 2019, kizakuba inshuro ebyiri imishinga cyateye inkunga muri 2018, kandi kikazibanda ku mishinga mitoya.
Tariki ya 23 Mutarama 2019, uwitwa Fausta Mugiraneza yanyujije ubutumwa kuri Facebook, asaba ikigo Millennium Savings & Investment Cooperative (MISIC), cyahoze cyitwa Kigali Veterans Cooperatives Society (KVCS), kurekera aho kumwoherereza ubutumwa bumubwira ko imodoka yabo yavuye muri parikingi itishyuye, nyamara (...)
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Guhera mukwezi kwa Werurwe uyu mwaka wa 2019, umushahara wa mwalimu uzongerwaho 10% ku barimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya leta n’afashwa na leta.
Ni ubucuruzi butemewe bukorwa igihe umuntu ukeneye amafaranga asanga uyafite akayamuguriza, bakavugana igihe azayamwishyurira hiyongereyeho inyungu bumvikanye.
Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Mutarama 2019, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame arataha ku mugaragararo kaminuza y’icyitegererezo mu buvuzi (University of Global Health Equity), yubatswe mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera mu Majyaruguru.
Itsinda ry’abantu 16 barimo abayobozi muri kaminuza ya Gitwe, kuri uyu wa gatatu 23 Mutarama 2019 ryakiriwe mu nteko ishingamategeko, muri komisiyo y’uburezi ngo basobanure birambuye ibyo bita akarengane bavuga ko bakorerwa n’inama nkuru y’uburezi (HEC).
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye aratangaza ko u Rwanda na Maroc bagiye kugirana amasezerano y’ubufatanye mu gutanga ubutabera hifashishijwe ikoranabuhanga (Digital Courts).
Minisitiri w’Ubutabera wa Maroc, Mohamed Auajjar, aratangaza ko we n’intumwa ayoboye, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali biboneye akaga gakomeye u Rwanda rwanyuzemo, ariko bakaba banahaboneye isomo ku byo u Rwanda rwabashije kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nagapfura Brigitte wari usanzwe akora akazi ko kudoda, mu ijoro ryo ku wa kane tariki 17 Mutarama 2019 yavuye ku kazi nk’ibisanzwe atahana icupa rya gaz yari avuye kugura kuko indi yari yashize.
Hirya no hino mu gihugu aho abaturage bubakiwe ibigega bya biogaz, bamwe baratangaza ko izo biogaz zitagikora, ndetse ngo n’aho zikora ntizikora uko bikwiye.