Abashoferi batwara imodoka mu muhanda Ruhuha- Nyamata mu karere ka Bugesera baratangaza ko mu masaha ya nijoro hari abajura babategera mu nzira bagafungura imodoka zigenda bakiba imizigo y’abagenzi.
Uyu mwaka wa 2019 watangiranye impinduka zidasanzwe muri Minisiteri y’uburezi mu Rwanda.
Binyuze mu kwishakamo ubushobozi ubwabo, abaturage bo mu mirenre ya Kanombe na Nyarugunga yo mu karere ka Kicukiro biyubakiye imihanda ya kaburimbo ireshya n’ibirometero bitatu na metero 850 (3.850 km).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yibukije abayobozi ko gusenga ari ingirakamaro, ariko bidakwiye gutuma abantu bahunga inshingano bari bafite.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, iratangaza ko irimo gukoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo ibitabo byandikwa ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bigere ku Banyarwanda benshi bashoboka.
Ambasade y’u Bubiligi mu Rwanda iratangaza ko guhera tariki ya 15 Mutarama 2019, abashaka Visa zibemerera kujya mu Bubiligi no mu bihugu bikoresha Visa Schengen bazajya bazisabira mu kigo gishya kibishinzwe kitwa “Belgium Visa Center Application”.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (Rwanda Cooperative Agency) kiratangaza ko abakora imirimo yo gutwara abagenzi bakoresheje amagare bazwi nk’ Abanyonzi bakorera mu mujyi wa Kigali,batemerewe kurenza saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba bakiri mu muhanda igihe badafite amatara yabigenewe.
Aborozi bo mu turere dutatu tuzwiho kugira umukamo utubutse ari two Nyagatare, Gatsibo na Gicumbi baravuga ko batewe igihombo kinini n’icyemezo cy’uruganda Inyange Industries cyo kudafata amata yabo iminsi ibiri mu cyumweru.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko hari amashuri arindwi yigishaga imyuga n’ubumenyingiro yafunzwe kuko byagaragaye ko atujuje ibisabwa mu gutanga ireme ry’uburezi mu myuga n’ubumenyingiro.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda iravuga ko gukoresha imikwabu nk’uburyo bwo gufata abagabo bakekwaho gutera inda abana ari bwo buryo bwatuma hafatwa benshi.
Gukemura ikibazo cya Buruse zari zaratinze ku banyeshuri, Perezida Kagame akanizeza ko agiye kubyikurikiranira, ni kimwe mu byaranze uburezi muri 2018.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Jonston Busingye yasabye abakora umwuga wo kunganira abantu mu nkiko bazwi nk’aba Avoka kutarangwa n’umwambaro wabo gusa,ahubwo bakaba abo gufasha ababiyambaje mu mategeko no kunganira mu gutanga ubutabera.
Minisitiri wa siporo n’umuco (MINISPOC) Nyirasafari Esperance arasaba Abanyarwanda muri rusange, by’umwihariko Abatuye mu Mujyi wa Kigali kwishimira iminsi mikuru ariko birinda guhungabanya umutekano no gusesagura.
Umujyi wa Kigali hamwe n’umuryango Caritas baravuga ko gufasha abana kuva mu muhanda utitaye ku babyeyi babo n’abo bavukana bidashobora gukemura burundu ikibazo cy’abana bo mu muhanda.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) itangaza ko ubushakashatsi iheruka gukora, bwagaragaje ko 40% by’abafite ihungabana batewe na Jenoside yakorewe abatutsi bagishakira ibisubizo mu madini n’amasengesho aho kugana inzego z’ubuvuzi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yahishuye ko mu gitero ingabo zikekwa kuba ari iz’umutwe wa FDLR zagabye mu karere ka Rubavu mu ntangiriro z’iki cyumweru cyaguyemo n’abasirikare b’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko mbere yo kunenga umuturage ufata inguzanyo ntayishyure cyangwa agatinda kuyishyura, hakwiye kubanza kunengwa imikorere y’abayobozi batuzuza neza inshingano zabo.
Umushinjacyaha Mukuru Jean Bosco Mutangana avuze ko ubushinjacyaha buzajurira ku cyemezo cy’urukiko cyo kugira Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara abere, kuko ngo hari ibimenyetso simusiga byirengagijwe mu mikirize y’urubanza rwa mbere.
Minisitiri w’ibikorwa remezo w’u Rwanda Ambasaderi Claver Gatete aratangaza ko gahunda yo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uva Isaka muri Tanzania ugera I Kigali mu Rwanda byateganywaga gutangizwa muri uku kwezi bishobora kwigizwa inyuma kuko hari imirimo ibanziriza icyo gikorwa itaratungana.
Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi n’umuryango Imbuto Foundation yahaye abana bafashwa n’uyu muryango imikoro yo guhangana n’ikibazo cy’abangavu batwara inda imburagihe, kurwanya sida ndetse no kwirinda amavuta ahindura uruhu.
Ntiruginama Jean de la Croix, umwe mu bafashwa n’ Imbuto Foundation, yasabye Madamu Jeannette Kagame, kumusengera akazagera ku nzozi ze, maze umushinga we w’urubuga rutangaza amakuru ukazabasha kwakuga ukaba waha akazi benshi mu rubyiruko.
Abarimu bigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Pawulo I Kibeho mu karere ka Nyaruguru, baratangaza ko nyuma yo gusura ingoro igaragaza amateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside yakorewe abatutsi no kubohora igihugu, basanze ari irindi shuri bongeye kunyuramo.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yasabye abatuye isi kuvanaho imbogamizi zose zabangamira gahunda yo guha urubuga umugore n’umukobwa ngo nawe yerekane ko ashoboye.
Bamwe mu rubyiruko ruri kugerageza kwihangira umurimo, baravuga ko bakomererwa no kutabona aho gukorera kuko amazu y’ubucuruzi yishyura amafaranga kandi bo igishoro kinini baba bafite ari ibitekerezo.
Inzego zishinzwe gutegura igenamigambi n’ingengo y’imari by’uturere ziratangaza ko ibitekerezo by’abana mu gutegura igenamigambi ry’akarere ari ingenzi kuko ari icyiciro gikunze kwibagirana.
Aborozi bo mu Ntara y’Uburasirazuba baravuga ko bashimishijwe cyane no kubona umuti mushya wica uburondwe witwa RABCIDE, ngo kuko kuva aho batangiriye kuwukoresha nta ndwara ziterwa n’uburondwe zikirangwa mu matungo yabo.
Polisi y’igihugu irasaba abafatanyabikorwa bayo mu bijyanye n’umutekano wo mu muhanda gufatanya, abatwara ibinyabiziga bakajya babitwara babifitiye ibyangombwa by’umwihariko abatwara abantu mu buryo rusange bakarushaho kurangwa n’ubunyangamugayo.
Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa APACOP mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko bakurikije ubumenyi abana bahiga bagaragaza,bitanga ikizere ko mu bihe biri imbere bazafasha igihugu kurushaho kugira isura nziza mu ruhando mpuzamahanga.
Ihuriro ry’amaradiyo y’abaturage mu Rwanda riratangaza ko aya maradiyo kuva yajyaho yabaye umuyoboro uhuza abaturage n’ubuyobozi,agafasha abaturage gutanga ibitekerezo byabo.
Imibare y’abana batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza yiyongereyeho 7,6% muri uyu mwaka wa 2018, ugereranije n’umwaka ushize wa 2017.