Imibare y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) igaragaza ko icyayi cyagurishijwe mu mahanga muri 2018 cyiyongereyeho 10.73%, ugereranyije n’umwaka wa 2017.
Abakora imirimo ibahuza n’abanyamahanga kenshi, barasaba bagenzi babo bakora imirimo imwe kujya bafata umwanya uhagije bagasobanurira abanyamahanga babagana amateka y’u Rwanda bakumira ko hari abayafata uko atari.
Miss Josiane Mwiseneza wambitswe ikamba rya ‘Miss Popularity’ (umukobwa wakunzwe na benshi), muri Miss Rwanda 2019, aranyomoza amakuru yamuvuzweho arebana n’ivangura ry’amoko mu gihe yiyamamazaga ndetse na nyuma y’uko yambitswe iri kamba.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko ibyo Abanyarwanda bakora byose bishoboka iyo igihugu gifite umutekano, abasaba kubigiramo uruhare.
Bitarenze ukwezi kwa Kamena 2019, mu Rwanda hagiye gukorwa ‘porogaramu’ (Application) izashyirwa muri telefoni zigendanwa, ikajya ifasha Abanyarwanda kuemenya amakuru ku mihindagurikire y’ikirere, bityo bigire uruhare mu kubungabunga ibidukikije.
Ikigega cya Leta cyihariye gishinzwe gutanga indishyi (Special Guarantee Fund) kiratangaza ko kuva mu kwezi kwa Nyakanga 2018, kugera mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2019, abakoze cyangwa bagateza impanuka bakiruka ari abatwara abagenzi kuri moto.
Bamwe mu barokokeye I Nyanza ya Kicukiro mu karere ka Kicukiro, umujyi wa Kigali bavuga ko inzira y’umusaraba banyuzemo, ndetse n’ibikomere Jenoside yabasigiye aribyo bibatera imbaraga zo kubaka igihugu.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Marie Francine Rutazana, avuga ko kwiyubaka no kwiteza imbere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango yabo ari intambwe ishoboka.
General James Kabarebe avuga ko ingabo za RPA zahuye n’ikigeragezo gikomeye mu guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi, zikabasha kurokora bamwe mu bicwaga.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonné uzwi ku izina rya Mibirizi, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abantu benshi b’inzirakarengane, ariko yagera ku bana b’ibitambambuga ikabigirizaho nkana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo ugomba kuba mwiza, kubera ko hari ibyo ibihugu byombi biri gukora ngo uwo mubano wongere ube mwiza.
Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bubiligi, Charles Michel, yatangaje ko mbere y’uko uku kwezi kwa Mata 2019 kurangira, inteko ishinga amategeko y’Ububiligi izaba yamaze gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, avuga ko urugendo igihugu cy’u Rwanda cyahisemo rwo kubaka ubumwe ruzakomeza kuranga Abanyarwanda bakaruhererekanya.
Umushinjacyaha ukomoka mu Bufaransa yateje umwiryane mu bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yaberaga I Kigali, nyuma yo kuvuga ko n’igihugu cye (Ubufaransa) nta bushobozi buhagije gifite bwo kuburanishiriza abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku butaka bwacyo.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere Major general Charles Karamba yavuze ko ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army) zahagaritse jenoside yakorewe Abatutsi zikanatsinda urugamba kuko zari zifite umugambi wo kubohora u Rwanda.
Tariki ya 18 Mata 2019, i Gahini mu Karere ka Kayonza hazatahwa ku mugaragaro ikigo gikora inyunganirangingo n’insimburangingo zigenerwa abafite ubumuga.
Mu bihe bitandukanye, abayobozi mu nzego zinyuranye bagiye bagaragaza ibikorwa bisa n’ibitangaza bazakora mu gihe runaka.
Tuyisenge Clementine w’imyaka 19 atuye mu kagari ka Shara,umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke. Afite umwana w’amezi arindwi, ukurikira undi w’imyaka ibiri yabyaye afite imyaka 17.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba Paul Kagame yasabye abayobozi b’uwo muryango bateraniye mu mwiherero I Kigali kuvugisha ukuri kugirango ibibazo biri muri uwo muryango bibashe gukemuka ku neza y’abaturage bawutuye.
Ikigo BK Group Plc cyatangaje ko mu mwaka ushize wa 2018 cyungutse miliyoni 30 n’ibihumbi 700 by’amadolari, ni ukuvuga agera kuri miliyari 27 na miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda.
Jean Pierre Habimana, umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 utuye mu murenge wa Kanjongo ho mu karere ka Nyamasheke, amaze amezi atanu avuye kugororerwa mu kigo ngororamuco cy’ Iwawa.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na kompanyi yitwa Kigali City Tour batangije ubukerarugendo buzenguruka mu mujyi wa Kigali hifashishijwe imodoka nini (Bus) ikoze ku buryo bugerekeranye (Double decker bus).
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na sosiyete ‘Kigali City Tour Ltd’ kuri uyu wa kane tariki 21 Werurwe 2019 batangije ubukerarugendo bwifashisha imodoka igerekeranye (Double – decker bus), izajya ifasha ba mukerarugendo n’abandi bashaka kumenya umujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko kuba hari imiryango myinshi ikigaragaramo abantu badakora ariyo ntandaro y’imirire mibi ikigaragara muri ako karere.
Mu gihe akarere ka Karongi ari kamwe mu tukibonekamo umubare munini w’abana b’inzererezi, ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko buteganya gukemura ibibazo mu miryango bituma aba bana bajya kumihanda cyane ko benshi usanga bafite aho bakomoka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bitarenze impera z’ukwezi kwa Gicurasi muri uyu mwaka wa 2019, abaturage bose b’akarere bazaba bafite ubwiherero bwujuje ibisabwa.
Abatwara ibinyabiziga bakunda gukoresha umuhanda Sonatube-Gahanga-Akagera uhuza akarere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali n’aka Bugesera mu ntara y’Uburasirazuba barishimira ko uyu muhanda ugiye kwagurwa, kuko wari ubateye impungenge.
Guhera tariki ya 09 Werurwe 2019, mu Rwanda haratangira umwiherero wa 16 w’abayobozi bakuru. Ku nshuro ya 16, abayobozi bazamara iminsi ine mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kiratangaza ko ibikoresho bya pulasitike n’amasashi bikoreshwa mu Rwanda ari byinshi cyane, ku buryo uburyo bwo kubikusanya no kubibyazamo ibindi bikoresho bitoroshye.