Ikipe ya Rayon Sports inganyije na Gorilla FC 0-0, mu mukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona, umukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ‘Rwanda Premier League’ yarakomeje, ahakinwe imino 4 ku ngengabihe isanzwe, aho amakipe ya Musanze FC, Sunrise FC, Mukura VS&L na Kiyovu Sports yitwaye neza.
Mu gihe imikino ya kamarampaka bakina batanguranwa imikino itanu (Best of Five) irimbanyije, ikipe ya APR BBC yongeye gutsinda Patriots, ku manota 70 kuri 62 mu mukino w’umunsi wa 2.
Ikipe ya APR FC isezereye ikipe ya Gaadiidka FC yo muri Somalia ku giteranyo cy’ibitego 3-1 nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino wo kwishyura.
Nyuma y’isozwa rya shampiyona ya basketball mu Rwanda umwaka wa 2023, amakipe 4 yabaye aya mbere mu byiciro byombi abagabo n’abagore, akerekeza mu mikino ya kamarampaka (Playoffs), ubu iyo mikino yatangiye aho amakipe ya REG BBC y’abagabo na APR abagabo n’abagore, zatangiye zitanga ubutumwa.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, yatsinzwe na Misiri muri 1/2 ibura amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, yerekeje muri 1/2 nyuma yo gutsinda ivuye inyuma, ikipe ya Algeria mu mukino wa 1/4 wabaye kuri uyu wa kabiri.
Nyuma yo gusoza imikino yo mu matsinda y’Igikombe cy’Afurika cya Volleyball mu bagore, imikino ya ¼ irakomeza kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, aho ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina n’igihugu cya Algeria.
Nyuma y’ikipe ya Rayon Sports yatangiye itsinda Gasogi United ibitego 2-1, ku wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2023, shampiyona ya “Rwanda Premier League yarakomeje hakinwa n’ubundi imikino y’umunsi wa mbere.
Ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball iherereye muri Cameroon, yabonye intsinzi ya gatatu yikurikiranya nyuma yo gutsinda iya Uganda amaseti 3-0.
Mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali Pelé Stadium mu irushanwa rya CAF Champions League mu mukino w’ijonjora ry’ibanze, ikipe ya APR FC yanganyije na Gaadiidka FC yo muri Somalia igitego 1-1 mu mukino ubanza.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze iya Gasogi United ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, ihita inafata umwanya wa mbere. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu Triki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, yiyongereye amahirwe yo kwerekeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Afurika nyuma yo kwisasira ikipe y’igihugu ya Burkina Faso iyitsinze amaseti 3-0 (25-8, 25-7, 25-14).
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere w’Igikombe cy’Afurika CAVB NATIONS CHAMPIONSHIP 2023, nyuma yo gutsindwa na Kenya ameti 3 ku busa.
Kuri iki cyumweru taliki ya 13 Kanama ni bwo imikino ya shampiyona y’umwaka w’imikino muri basketball mu Rwanda yashyirwagaho akadomo mu mikino ya nyuma ku ngengabihe, aho REG BBC yegukanye intsinzi n’amanota 73 kuri 72 ya PATRIOTS BBC.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 13 Kanama 2023, ubwo hatangizwaga iserukiramuco rya Giants Of Africa ndetse ryanahujwe no kwizihiza imyaka 20 uyu muryango umaze ushinzwe, Perezida Paul Kagame yibukije urubyiruko rwa Afurika ko bagomba kuba ibihangange, kandi ko kuba igihangange nta kindi bisaba usibye kubihitamo.
Mu gihe ibikorwa by’iserukiramuco rya Giants of Africa birimbanyije hano mu Rwanda, ndetse hanizihizwa imyaka 20 umuryango wa Giants of Africa umaze ushizwe, kuri iki cyumweru mu mudugudu wa ‘Agahozo Shalom Youth Village’ mu Murenge wa Rubona, mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, hatashywe ibibuga 2 by’umukino wa (…)
Ku wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa volleyball, yakinnye umukino wa mbere wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Maroc, mu rwego rwo gukomeza kwitegura imikino y’Afurika.
Mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa kane, ikipe y’Igihugu y’abagore mu mukino wa volleyball, yahagurutse i Kigali yerekeza i Yaoundé muri Cameroon.
Ikigega Iterambere Fund gicungwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibigega by’Imigabane ku Ishoramari mu Rwanda (Rwanda National Investment Trust-RNIT), gikomeje kwegera aba siporutifu mu rwego rwo gukomeza kubashishikariza ibyiza byo kwizigamira, bateganyiriza ejo hazaza kandi bidasabye gushora byinshi, Rayon Sports ikaba ishima (…)
Ibirori by’umunsi w’igikundiro kubakunzi ba Rayon Sports byasojwe nabi nyuma yo gutsindwa na Police Kenya 1-0.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball itahanye umwanya wa kane nyuma yo gutsindwa na Mali mu guhatanira umwanya wa gatatu.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, yahuye n’abagize ikipe y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa Basketball, abashimira kuba barabashije kugera muri 1/2 mu irushanwa nyafurika ririmo kubera mu Rwanda.
Abatuye mu Karere ka rubavu n’abakagenda barabarira iminsi ku ntoki, aho ubu habura ibiri gusa irushanwa rya IRONMAN 70.3 rikongera kubera muri aka karere ku nshuro ya 2, nyuma yo kuhabera umwaka ushize nanone mu kwezi nk’uku.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball, ikatishije itike yo gukina imikino ya 1/2 nyuma yo gutsinda abagande amanota 66 kuri 61, umukino wanarebwe na Perezida Paul Kagame.
Mugihe imikino y’igikombe cya Afurika mu bagore mu mukino wa basketball (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) irimbanyije, nyuma kandi yo gusoza imikino yo mu matsinda ndetse na kamarampaka ku makipe ataraboneye itike mu matsinda, ubu hatahiwe imikino ya ¼ ku makipe yakomeje harimo n’u Rwanda.
Mu gihe habura iminsi 17 ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ya 2023-2024 itangire, amakipe arimo Police FC yatangiye gukina imikino ya gicuti mu rwego rwokwitegura umwaka w’imikino.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball mu bagore, itsinzwe na Angola amanota 74 kuri 68 ariko yerekeza mu cyiciro gikurikira.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball, yatangiye neza itsinda igihugu cya Côte d’Ivoire ku munsi wa mbere, amanota 64 kuri 35.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga i Kigali mu Rwanda hatangiye irushanwa nyafurika rya Basketball mu cyiciro cy’abagore (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) aho ibihugu 12 ari byo bizahatanira iki gikombe kigiye gukinwa ku nshuro ya 26 kikaba gikinwa rimwe mu myaka ibiri.