Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abagatuyemo bahuriye ku kicaro cy’akarere mu gikorwa cyo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 19, cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013.
Urwibutso rwa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo habereye igikorwa cyo kwimura imibiri yari ishyinguye mu rwibutso rwa kiziguro, muri zimwe mu mva zagaragaraga ko zitakimeze neza, igikorwa cyabaye Kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batakamba ngo uwo ariwe wese waba azi ahari umubiri w’umwe mu bazize Jenoside utarashyingurwa mu cyubahiro gukoresha umutima nama akhagaragaza kugira ngo ushyingurwe mu cyubahiro, abavandimwe be babashe kuruhuka no gutuza ku mutima.
Mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro tariki 18/04/2013 habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya gatatu abantu baguye mu kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 2000 bagiye kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri, abakozi n’abarimu bakomoka mu bihugu 100 bo mu ishuri UNESCO-IHE (Institute for Water Education) ryigisha ubumenyi bw’amazi mu Buholandi bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi banahamagarira amahanga yose gushyikiriza ubutabera abakekwa kuyigiramo uruhare.
Abanyarwanda n’inshuti batuye mu mujyi wa Edmonton muri Canada, tariki 13 Mata bakoze imihango inyuranye yo kwibuka ndetse no kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Manchester, mu gihugu cy’Ubwongereza, barimo gutegura igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu mwaka wa 1994. Icyo gikorwa giteganyijwe tariki 20/04/2013 ahitwa Eccles.
Tariki 17/04/2013, bamwe mu bakozi ba ECOBANK bayobowe n’umuyobozi wabo, Gilles Guerald, basuye urwibutso rwa Rusiga mu karere ka Rulindo banahasiga inkunga y’amafaranga miliyoni yo gufasha abacitse ku icumu.
Mu kagari ka Ngoma umurenge wa Gishyita mu karere ka Karongi tariki ya 16 Mata 2013 hashyinguwe imibiri isaga 60 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Abanyarwanda baba muri Cote d’Ivoire bafatanyije n’inshuti zabo bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri uwo muhango Abanyarwanda baba muri Cote d’Ivoire nk’abandi Banyarwanda bose bacanye urumuri rw’ikizere.
Kuri uyu wa gatatu tariki 17/04/2013 Polisi y’igihugu mu Ntara y’amajyepfo yakoze urugendo rwavuye ku cyicaro cy’akarere ka Nyanza bugana ku rwibutso rwa Jenoside rwa Busasamana rwari rugamije kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abatuye mu mirenge ya Ntarama mu karere ka Bugesera hamwe n’inshuti zabo bakoze urugendo rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi biciwe mu rufunzo rwo mu murenge wa Ntarama rwari rwarahawe izina rya CND.
Urwibutso rwa Jenosiderwa Kibungo rugiye kubakwa bijyanye n’igihe mu rwego rwo guha icyubahiro abahashyinguwe bazize Jenosideno kubungabunga amateka ya Jenosidemu gihe kirekire.
Umusozi witwaga Gitwa wo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro wafashe izina rishya witwa Nyamagumba guhera tariki 15/04/1994 kubera Abatutsi ibihumbi 13 biciwe kuri uwo musozi no mu nkengero zawo mu gihe cya Jenoside.
Senateri Kalimba Zephyrin atangaza ko u Rwanda ari cyo gihugu cyonyine cyabashije komora abaturage bacyo ibikomere by’umutima nyuma y’amateka mabi nka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda babarizwa muri Korea y’Amajyepfo bafatanyije na Ambassade y’u Rwanda muri Koreya y’amajyepfo bibutse Jenoside yakorwe Abatutsi. Iyi mihango yabereye mu mujyi wa Seoul ari nawo murwa mukuru w’icyo gihugu taliki 13/04/2013.
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo cya Jenocide, imibili 5142 yakuwe mu nzibutso zitari zimeze neza mu mirenge ya Mugesera,Zaza,Karembo na Gashanda yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Zaza.
Urupfu rwa Thomas Nzamwita wari utuye mu cyahoze ari segiteri Buhinga, komini Mabanza ku Kibuye ni kimwe mu bigaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoranywe ubugome bw’indengakamere kuko bamwishe babanje kumubamba hagati y’abagore babiri.
Mu rwibutso rw’akarere ka Nyabihu hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 35 yakuwe mu murenge wa Jenda, Mukamira na Muringa, isanga imibiri 2020 yari isanzwe ishinguwe muri urwo rwibutso.
Sinangumuryango Moise na Ndagijimana Jean Bosco bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu bagize ubutwari n’umutima wa kimuntu wo gufasha Abatutsi mu gihe cya Jenoside, ubu abo bafashije baracyariho kandi barabifuriza ngo Imana izababahembere.
Intumwa ya rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umuraza Landrada, yagaye cyane abagore bateshutse ku bubyeyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ariko ashima n’uruhare abagore bakomeje kugira mu kubaka u Rwanda.
Abanyarwanda bakwiye kumenya imvano ya Jenoside, bagasubiza amaso inyuma bakareba ibibi yakoze bikabafasha kuyikumira; nk’uko byasobanuwe na Minisitiri Sheikh Moussa Fazil Harerimana, ubwo yasuraga umurenge wa Save mu karere ka Gisagara akabaganirira ku mateka ya Jenoside.
Abaturage bagera ku bihumbi bitatu bo mu Murenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 19 cyatangiye itariki 07/04/2013, cyanabereye mu ntara ya Darfur mu gace ka Elgeneina muri Sudani, giteguwe n’Ingabo na Polisi y’u Rwanda bashinzwe kugarura amahoro muri ako gace.
Abakozi ba Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET) batangajwe ndetse banababazwa cyane n’ibyo babonye mu nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi za Ntarama n’urwa Nyamata ziri mu karere ka Bugesera.
Mu gihe cy’ibiganiro bijyanye no kwibuka ku nshuro ya 19 Abatutsi bazize Jenoside byabeyere mu nzu mberabyombi y’Akarere ka Huye kuwa 10/4/2013, abaturage bo mu Kagari ka Butare bagaragaje ko gufasha inshike ari ngombwa, ariko bakibaza bati “tubafashe gute?”
Umukuru w’ingabo mu turere twa Rusizi na Nyamasheka, Brig Gen Karamba Charles, aranenga abagize uruhare muri Jenoside bagahabwa imbabazi none bakaba batitabira ibiganiro bijyanye no kwibuka ku ncuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu kiganiro Gen. Alexis Kagame uyobora ingabo mu Ntara y’amajyepfo yagejeje ku baturage bo mu Kagari ka Butare, umurenge wa Ngoma ku karere ka Huye, kuwa 09/04/2013, yagaragaje ko Jenoside yo mu Rwanda ifite umwihariko wo kuba yarifashishije abicanyi benshi.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) yamuritse urwibutso rukubiyemo amazina y’abakozi bakoraga muri iyi minisiteri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyabaye ubwo bongeraga kunamira izo nzirakarengane ku nshuro ya 19, tariki 09/04/2013.
Bamwe mu barokokeye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rugango barasaba byimazeyo ubuvugizi n’ubufasha mu kubaka urwibutso no gushyingura imibiri ahasubiza icyubahiro n’agaciro abavandimwe babo bahashyinguwe.