Indirimbo yari itegerejwe kubera ko Knowless uzwi nka Butera Jeanne d’Arc yari yateguje abakunzi be ko iri hafi gusohoka, yagiye hanze aho mu mashusho agaragara ari mu ngobyi bamuteruye.
Umuhanzi Phocas FASHAHO yabaye umunyamakuru kuri Radiyo na Televiziyo by’u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi (1991-1992), nyuma aza kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) aho yakoze kuri Radiyo Ijwi rya America VOA (1996 - 2007).
Umuhanzi umaze kwandika izina hano mu Rwanda Niyo Bosco yashyize hanze indirimbo ‘Urwandiko’ akebura abantu bibagirwa aho bavuye iyo bamaze kubona ibintu cyangwa se iyo bamaze gukira.
Umuhanzi Eliazar Ndayisabye yasohoye indirimbo yise ‘Imana ni yo nkuru’, ashimira Imana irokora abantu mu bibazo byabo bitandukanye, kabone n’ubwo abantu baba bamaze kwiheba nta kindi cyizere bari bagifite.
Ku wa Gatandatu tariki 19 Gashyantare 2022, nibwo i Rebero ahazwi nko kuri Canal Olympia, habereye igitaramo Drip City Concert, aho umuhanzi mukuru yari Ruger.
Umuhanzi ukunzwe mu njyana gakondo, Clarisse Karasira, yateranye imitoma n’umugabo we bashimangira ko isezerano bagiranye bakirikomeyeho, kandi ko bakomeje kwibera mu munyenga w’urukundo kuva babana.
Jane Uwimana ni umunyamakuru ndetse akaba n’umuririmbyi uzwi cyane mu gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi akoresheje umuziki (instrumental) ibizwi nka Karaoke.
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda no mu Karere, Bruce Melodie, yemereye Kigali Today ko azitabira Igitaramo cy’abakundana cyiswe ‘Concert des Amoureux pour la Paix’, kikazabera mu mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru
Nyuma y’inkuru zavuzwe ko abakobwa, Charlotte uzwi nka Charly ndetse na Umuhoza uzwi nka Nina bari bagize itsinda Charly na Nina batandukanye, bongeye kwihuza ndetse bemeza ko basubiranye, bakaba bagiye gutangira ibitaramo.
Umuhanzi Bureke Marcellin yavukiye muri Komini Cyungo mu Miyove ahahoze ari muri Perefegitura ya Byumba, avuka ku mubyeyi w’umucuruzi wakoreraga hagati y’u Rwanda na Uganda ahagana mu 1950.
Umuhanzi Sibomana Josph Ali uzwi ku izina rya Sing Star Ali ufite imyaka 23, uvuka mu bana icyenda, ubumuga bwo kutabona afite yabutewe n’indwara y’iseru, gusa yabashije kwiga umuziki akaba ubu ari umuhanzi, ndetse abasha no kwikorera indi mirimo ya ngombwa mu buzima.
Rubayiza Julien ni umuhanzi akaba n’umucuranzi wabigize umwuga ariko ufite ubumuga bwo kutabona. Umwihariko we ni ugucuranga gitari mu manota yose ashoboka ku buryo iyo umureba cyangwa umwumva utahita wemera ko afite ubwo bumuga.
Umuhanzi Harerimana Charles uzwi nka Ras Giseke ukomoka mu Karere ka Nyaruguru, yasohoye indirimbo ‘Umuntu ni nk’undi’, nyuma yo gushegeshwa n’ubuzima yasanze abantu babamo.
Yankurije Maria Goretti, mushiki wa nyakwigendera Ngarambe François, (umuhanzi waririmbaga indirimbo z’urukundo mu njyana ituje), avuga ko indirimbo yitwa ‘Tereza mwana nkunda’ ntaho ihuriye n’uwari warashakanye na nyakwigendera Gakuba Joseph na we wari umuhanzi (ni we waririmbye Iribagiza), akaba yari inshuti magara ya (…)
Kazigira Adrien ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda rwo mu myaka itari iya vuba; ariko ntiyagize amahirwe yo kwamamara cyane nk’abandi bahanzi kuko abibangikanya n’akazi ko guhinga.
Ibinyamakuru birenze umunani bimaze kwandika kuri iyo nkuru ngo: umupadiri w’umunyarwanda wiga kuri Université ya Erfurt arakora ivugabutumwa ritari rimenyerewe muri kiliziya.
Abashinzwe inyungu z’umuhanzikazi Ariel Wayz umaze iminsi agarukwaho mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, batangaje ko yahagaritse kujya yikoreshereza imbuga nkoranyambaga ze, bikaba bigiye kujya bikorwa n’abo bashinzwe kumureberera.
Tariki 2 Mutarama 2022 nibwo indirimbo umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yakoranye na Diamond wo muri Tanzania yasohotse mu buryo bw’amajwi(audio) ariko nyuma y’iminsi ibiri gusa, ni ukuvuga tariki 4 Mutarama 2022, basohora n’amashusho yayo (video). Iyo ndirimbo yabo bayise ‘Why’.
Alain Mukuralinda ni umuhanzi akaba n’umwe mu bareberera inyungu z’abahanzi (Manager). Mukuralinda aherutse kugirwa umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda.
Umuhanzikazi Aline Gahongayire uririmba indirimbo zo kuramya Imana, yatangaje ko ageze kure imirimo ya nyuma yo gutunganya Album ye ya karindwi, akavuga ko imuteye amatsiko kuko mu ndirimbo zose yasohoye mu 2019 kugeza mu 2021 nta n’imwe izumvikanaho.
Umuhanzi ukomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Lulendo Matumona wamenyekanye mu njyana ya Rumba nka Général Defao, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, aguye i Douala muri Cameroun.
Hari imirimo yagiye ifatwa nk’iy’abahungu hashingiwe ku myumvire yagiye iranga umuryango yo guheza umwana w’umukobwa cyangwa se na we ubwe akumva ko iyo mirimo atayikora ndetse atanayishobora.
Sam Gody Nshimiyimana ni umunyamakuru wikorera akaba afite ubunararibonye bw’igihe kirekire kuko yatangiye ako kazi mu 1991, anabijyanisha n’ubuhanzi n’ubwo yaje kugera aho akabihagarika.
Habaruremana Manasseh utakiri kuri iyi si, ni we waririmbye indirimbo yitwa ‘Esiteri mwana wanshavuje’ benshi bakunze kwita ‘ku gicamunsi cya Noheli’.
Umwana w’umuhungu wa Mariya Yezu Kirisitu Yavutse kuri Noheli Kandi umuntu azabaho iteka Kubera umunsi wa Noheli
Nyakwigendera Mwitenawe Augustin yatabarutse muri 2015 afite imyaka 60 azize urupfu rutunguranye kuko yagiye yari akiri mu mwuga w’ubuhanzi nk’uko byemezwa n’umuhungu we Niyigena Mwite Louis, na we wakurikije se, hamwe na barumuna be babiri. Mwitenawe yasize abana batanu na nyina (abahungu 3 n’abakobwa 2).
Umuhanzi ukorera ubuhanzi bwe mu Karere ka Musanze, unakunzwe cyane cyane muri ako gace, yashyize hanze indirimbo yitwa “Aramurika” yakoranye n’umunya-Uganda Raster JB.
Umuhanzi Ntamukunzi Théogène wamenyekanye cyane mu ndirimbo zishishikariza abasirikare bo mu ngabo zatsinzwe (EX-FAR) gutahuka ku mahoro, na we yabaye muri izo ngabo kuva mu 1990, zimaze gutsindwa zihungira muri Zaire (Congo Kinshasa), nyuma aza kwiyemeza kurambika intwaro hasi agaruka mu Rwanda yinjira mu gisirikare (…)
Abahanzi nyarwanda bagize uruhare mu guhangana n’icyorezo cya Covid-1,9 baravuga ko ubwo icyorezo cyari kicyaduka byasabye ko buri wese ashyiramo uruhare rwe kugira ngo bafashe abaturage kwitabira gahunda za Leta zirimo gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 no Kwikingiza.
Nzobonimana François wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Franco mu ndirimbo nka ‘Brigitte’, ‘Amabaruwa’, ‘Umuhinzi nyakuri’, ‘Nta mpuhwe ukigira’, ‘Manyinya’ n’izindi…akomoka mu Burundi ariko yageze mu Rwanda mu 1972 ahunze imidugararo n’intambara byari muri icyo gihugu, ageze mu Rwanda yifatanya na bagenzi be bashyiraho (…)