Kuri uyu wa Gatandatu hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 25 wa shampiyona aho Rayon Sports yakomeje kugabanya amahirwe yo gutwara igikombe nyuma yo kunyagirwa na Police FC 4-2.
Kuri uyu wa Gatanu hasubukuwe shampiyona hakinwa imikino ibiri y’umunsi wa 25 aho Rwamagana City yongereye amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere itsinda Rutsiro FC.
Nyuma y’iminsi ine badakora imyitozo kubera kudahembwa,abakinnyi ba Etincelles FC bahembwe ukwezi kumwe bemera ko kuri uyu wa Gatanu basubukura imyitozo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "AMAVUBI" na Bénin mu mukino wo gushaka itike ya CAN wabereye kuri Kigali PELE Stadium
Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima utarahamagawe mu bakinnyi barahatana na Benin kuri uyu wa Gatatu ariko yayifurije amahirwe masa asaba Abanyarwanda kuyishyigikira.
Umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer avuga ko n’ubwo umukino bafitanye na Benin kuri uyu wa Gatatu kuri Kigali Pelé Stadium ukomeye ariko bazakora ibishoboka byose.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere abakinnyi b’ikipe ya Etincelles FC, banze gukora imyitozo kubera kudahembwa.
Ikipe ya Police FC y’u Rwanda yatsinze Police y’u Burundi kuri penaliti yegukana igikombe cya EAPCCO kiri kubera mu Rwanda
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), yemeje ko umukino uzahuza u Rwanda na Benin uzabera kuri Kigali Pelé Stadium, tariki 29 Werurwe 2023.
Nyuma yo kubwirwa na FERWAFA gushaka umutoza wujuje ibyangombwa, ikipe ya Kiyovu Sports izagarura Alain-André Landeut nk’umutoza mukuru wakuwe muri uyu mwanya mu Ukuboza 2022.
Uwo mukinnyi mpuzamahanga wamenyekanye mu makipe atandukanye, ndetse akanitwara neza cyane mu gikombe cy’Isi cya 2014, ibyatumye izina rye rirushaho kwamamara, yafashe uwo mwanzuro ukomeye nyuma yo gukomereka inshuro zitandukanye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI) igarutse mu Rwanda aho ije gutegura umukino wo kwsihyura ugomba kuyihuza na Benin ku kibuga kitaramenyekana kugeza ubu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yanganyije na Benin 1-1 mu mikino w’umunsi wa gatatu w’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 wabereye muri Benin.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Sena y’u Rwanda n’inzego za Siporo, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yasabye ko hagira igikorwa mu kurwanya uburiganya buvugwa mu gushaka intsinzi mu mikino mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ntabwo izakirira Benin kuri Sitade Huye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 kubera hoteli zitari ku rwego rwifuzwa.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Félix Namuhoranye, yatunguye benshi ubwo yagaragazaga ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru.
Mu mukino wabimburiye indi mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba, Police y’u Rwanda yatsinze u Burundi ibitego 3-1
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, ku wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023, rwasinyanye amasezerano n’Ikipe y’Umupira w’amaguru y’abakanyujijeho ku Isi, azatuma u Rwanda rwakira amarushanwa 3 y’abakanyujijeho muri ruhago.
Rutahizamu wa PSG Kylian Mbappé yagizwe kapiteni mushya w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa asimbuye Hugo Lloris wasezeye.
Mu mukino wa gicuti wahuje ikipe y’abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda “AJSPOR” n’abayobozi ndetse n’abatoza ba Rayon Sports, byarangiye AJSPOR yegukanye intsinzi
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 kuri sitade ya Adama STU muri Ethiopia, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yakinnye na Ethiopia umukino wa gicuti, ihatsindirwa igitego 1-0.
Inama ya FIFA yabereye mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2023 yafatiwemo imyanzuro yasize impinduka mu igikombe cy’isi ku makipe kizaba muri 2025 ndetse ni cy’ibihugu kizaba muri 2026.
Nyuma yo gutorerwa manda ya gatatu yo kuyobora impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), Gianni Infantino ari kumwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madamu Munyangaju Aurore Mimosa, umuyobozi w’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru w’abantu bafite ubumuga ku Isi (WAFF), Georg Schlachtenberger (…)
Kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi habereye tombola ya 1/4 na 1/2 cya UEFA Champions League 2022-2023, isiga Real Madrid itomboye Chelsea. Ni tombola yari iyo kugaragaza uko amakipe umunani asigaye muri iri rushanwa ry’uyu mwaka azahura muri 1/4 cy’irangiza ariko hagahita hanagaragazwa uko azahura muri 1/2.
Ni amasezerano agamije gutuma ikirangirire Lionel Messi w’Umunya-Argentine, wakiniraga ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), aba ku ruhembe mu kugaragaza isura y’umupira w’amaguru muri Saudi Arabia.
Mu nama ya FIFA ibera i Kigali, Perezida Kagame yatangaje ko yanyuzwe n’imiyoborere ya Gianni Infantino, wongeye gutorerwa kuyobora iryo shyirahamwe.
Gianni Infantino wari usanzwe ayobora FIFA, yongeye gutorerwa indi manda mu matora yabereye i Kigali muri BK Arena, aho yari umukandida rukumbi.
Umunyezamu Mazimpaka André uheruka gusezera gukina umupira w’amaguru avuga ko amarozi yamuvuzweho mu mwaka wa 2016 ubwo yakiniraga Mukura VS yakinnye na Rayon Sports byari byo kuko yemeraga ko bikora.
Mu rwego rw’imikino yateguwe ihuza abitabiriye inama ya FIFA, ikipe y’u Rwanda yari irimo Perezida Kagame yatsinze iya FIFA ibitego 3-2.