Ikipe ya APR FC yasanze muri ¼ cy’irangiza andi makipe ya Police FC na Rayon Sport zihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup ubwo yabonaga inota rimwe nyuma yo kunganya na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali ku wa gatanu tariki 15/8/2014.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryatangaje ko rutahizamu w’ikipe y’u Rwanda Daddy Birori yamaze guhagarikwa mu marushanwa nyafurika mu gihe kitazwi, ashinjwa guhinduranya ibimuranga mu mikino mpuzamahanga akinira ikipe ye ya AS Vita Club ndetse n’Amavubi.
Ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwasohotse ku wa gatatu tariki ya 13/8/2013, u Rwanda rwazamutseho imyanya umunani, bituma ruva ku mwanya wa 109 rugera ku mwanya wa 101 ku isi, imibare ikaba igaragaza ko rwazamutseho imyanya 30 mu mezi atatu ashize.
Ikipe ya APR FC yongereye amahirwe yo kujya muri ¼ cy’irangiza mu mikino ya ‘CECAFA Kagame Cup’, ubwo yatsindaga Telecom yo muri Djibouti igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatatu tariki ya 13/8/2014.
Ikipe ya Police FC niyo yabaye iya mbere mu gutsindira kujya muri ¼ cy’irangiza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup, ubwo yatsindaga Vital’o yo mu Burundi ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa mbere tariki 11/8/2014.
Rutahizamu wa Rayon Sport Kambale Salita Gentil yafashije Rayon Sport kubona intinzi ya mbere mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2014 irimo kubera i Kigali, ubwo yatsindaga Adama City yo muri Ethiopia ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri stade Amahoro ku cyumweru tariki 10/8/2014.
Amakipe ya APR FC na Police FC yabonye amanota atatu mu mikino yayo ya mbere yakinnye ku wa gatandatu tariki 9/8/2014 mu irushanwa rya ‘CECAFA Kagame Cup’ ririmo kubera i Kigali.
Ubwo kuri uyu wa gatanu tariki ya 8/8/2014 i Kigali hatangiraga imikino ngarukamwaka ya ‘CECAFA Kagame Cup’,Rayon Sport ihagarariye u Rwanda yatangiye inganya ubusa ku busa na Azam yo muri Tanzania, naho ikipe ya KCCA yo muri Uganda iba iya mbere mu kubona amanota atatu ubwo yatsindaga Gor Mahia yo muri kenya ibitego 2-1.
Nyuma yo gutsinda ikipe y’Akarere ka Kayonza ibitego 6 kuri 5 mu irushanwa ryiswe Airtel Raising Star, ikipe y’Akarere ka Gatsibo ni yo izahagararira u Rwanda mu marushanwa ateganijwe mu gihugu cya Gabon, nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’Akarere nyuma yo gushyikirizwa igikombe.
Mbere y’uko Rayon Sport ikina umukino wayo wa mbere muri CECAFA Kagame Cup ikina na Azam yo muri Tanzania kuri uyu wa gatanu tariki 8/8/2014, umutoza wayo Jean Francois Lusciuto yatangaje ko afite icyizere cyo kuzitwara neza kuko ikipe ye yakoze imyiteguro ihagije.
Nyuma y’iminsi ishize yaranze kumvikana na Rayon Sport gukomeza kuyikinira, Mwiseneza Djamal yamaze gusinya amasezerano yo gukinira APR FC igihe cy’imyaka ibiri nk’uko bitangazwa na Gatete George, umuvugizi wayo, ndetse akaba yahise atangira imyitozo hamwe n’abakinnyi basanzwe muri iyo kipe.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yamaze kuvanwa mu irushanwangarukamwaka rya ‘CECAFA Kagame Cup’ rigomba kubera i Kigali kuva kuri uyu wa gatanu tariki ya 8/8/2014, isimbuzwa Azam, nyuma yo kugaragaza ubushake bukeya nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa CECAFA.
Ali Bizimungu wari umaze iminsi atoza AS Muhanga, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Kiyovu Sport akaba azanye gahunda yo kubaka ikipe y’igihe kirekire kandi ngo izagarurira abakunzi b’iyo kipe ibyishimo kuko n’ubuyobozi bwemeye kumushyigikira.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda Stephen Constantine asanga kuba Amavubi yarasezereye Congo Brazzaville benshi batabyizeraga ari ikimenyetso cy’uko no mu mikino y’amatsinda Amavubi yarekejemo azitwara neza akaba yagera kure muri aya amarushanwa.
APR FC yari imaze iminsi itozwa na Mashami Vincent nk’umutoza mukuru nyuma yo kwirukana umudage Andreas Spier, yamaze kuzana umutoza mushya Ljubomir “Ljupko” Petrović ukomoka mu gihugu cya Serbia akaba ndetse yamaze kugera mu Rwanda.
Umukino ugomba guhuza u Rwanda na Uganda mu batarengeje imyaka 17 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Niger umwaka utaha, byemejwe ko uzabera i Rubavu ku wa gatanu tariki 1/8/2014, aho kuba ku wa gatandatu, ariko icyizere cyo gutsinda cyo ngo ni gikeya.
Ikipe ya Rayon Sport irimo kwitegura guhagararira u Rwanda mu mikino y’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ izabera mu Rwanda kuva tariki 8/8/2014, yakinnye umukino wa gicuti na Virunga FC y’i Goma muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, maze Rayon Sport iyitsinda ibitego 2-0.
Nyuma y’uko Ikipe ya Sunrise FC ihagarariye y’Intara y’Iburasirazuba izamutse mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda ndetse ikabona Komite nyobozi nshya, ubuyobozi bwayo buratangaza ko bwifuza ko iyi kipe izaguma mu cyiciro cya mbere kandi ko ifite amahirwe kimwe n’andi makipe yo kwitwara neza muri shampiyona.
Igitego kimwe cya rutahizamu Kagere Meddie nicyo cyahesheje intsinzi u Rwanda mu mukino wa gicuti wahuje Amavubi na Les Pantheres ya Gabon ku cyumweru tariki 27/7/2014 kuri Stade Monedan de Libreville.
Rayon Sport igomba gucakirana na Young Africans yo muri Tanzania mu mukino ufungura irushanwa ‘CECAFA Kagame Cup’ rizabera mu Rwanda kuva tariki ya 7/8/2014, ntabwo irizera neza kuzaba ifite abakinnyi bose yifuza kuko hari abo ikirimo kuganira nabo ngo ibagure, abandi bayikiniraga bakaba bashaka kuyivamo.
Nyuma yo kwitwara nabi mu gikombe cy’isi muri Brazil we na bagenzi be mu ikipe y’igihugu y’Ubwongereza aho basezerewe rugikubuta, uwari kapiteni wayo Staven Gerrard kuri uyu wa mbere tariki 21/7/2014 yafashe icyemezo cyo gusezera burundu mu ikipe y’igihugu ngo akaba agiye kwibanda ku gushakira intsinzi ikipe ya Liverpool (…)
Amahirwe y’ikipe y’u Rwanda Amavubi mu gukomeza gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha yagabanutse cyane ubwo yatsindwaga na Congo Brazzaville ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Complex Sportif i Pointe Noire ku cyumweru tariki ya 20/7/2014.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yanyagiwe ibitego 4-0 na Uganda mu mukino wabereye kuri Namboole Stadium ku wa gatandatu tariki ya 19/7/2014 mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Niheri umwaka utaha.
Nshimiyimana Eric, wari wagizwe umutoza wa Kiyovu Sport ariko igatinda kumusinyisha amasezerano, yerekeje muri AS Kigali nayo itari ifite umutoza nyuma y’aho Casa Mbungo André wayitozaga yerekeje muri Police FC.
Nyuma yo gutwara igikombe cy’isi cya 2014 cyabereye muri Brazil, Ubudage bwahise bufata umwanya wa mbere ku isi ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) hakaba hari hashize imyaka 20 icyo gihugu kidafata uwo mwanya, naho u Rwanda rwazamutse ruva ku mwanya wa 116 rugera ku mwanya wa 109.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yerekeje i Kampala muri Uganda aho izakina n’iya bagenzi babo ku wa gatandatu tariki ya 19/7/2014 mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Niger muri Gashyantare umwaka utaha.
Casa Mbungo André watozaga AS Kigali yamaze kwerekeza mu ikipe ya Police FC, akaba agiye gusimbura Umunya-Uganda Sam Ssimbwa weguye ku mirimo ye ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ku mpamvu yise ko ari ize bwite.
Ikipe y’Ubudage yakoze amateka yo kwegukana igikombe cy’isi cya kane ikivanye ku mugabane wa Amerika, bwa mbere ku ikipe y’i Burayi, ubwo yatsindaga Argentine igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Maracana i Rio de Janeiro muri Brazil ku cyumweru tariki ya 13/7/2014.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze iya Gabon igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki 12/7/2014, mu rwego rwo kwitegura gukina na Congo Brazzaville mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Muri tombola yabereye ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, APR FC, imwe mu makipe azahagararira u Rwanda mu irushanwa ry’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ rizaba kuva tariki ya 9/8/2014, yashyizwe mu itsinda rifatwa nk’irikomeye kurusha ayandi, ariko na Rayon Sport iri mu itsinda ririmo ikipe ya Young (…)