Ikipe ya Rayon Sport mu gihe gito igiye gutangira kubarura abakunzi bayo bose mu Rwanda, mu rwego rwo kumenya neza umubare nyakuri w’abakunzi bayo kugirango iyo kipe ijye imenya aho baherereye ndetse n’uburyo izajya ikorana nabo neza.
Ibitego bitatu byatsinzwe na Rutahizamu Daddy Birori ku wa gatandatu tariki ya 31/5/2014 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, byatumye u Rwanda rusezerera Libya mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Umutoza w’Amavubi, Stephen Constantine, afite icyizere cyo gusezerera Libya kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kandi kuba azaba adafite rutahizamu Uzamukunda Elias ‘Baby’ ngo nta ntacyo bimutwaye kuko n’ubundi ngo muri iki gihe nta bitego atsinda.
Rutahizamu w’ikipe y’u Rwanda Uzamukunda Elias ntabwo azitabira umukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika u Rwanda ruzakina na Libya kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014, kuko ngo akirimo gushaka ikipe.
Abakinnyi bane b’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 barashakwa cyane n’amakipe yo mu gihugu cya Gabon yifuza kubagura, nyuma y’aho bigaragaje mu mukino u Rwanda rwakinnye na Gabon i Libreville ku wa gatandtau ushize, rugatsindwa igitego 1-0.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1 mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu tariki 24/5/2014 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu umwaka.
Uregendo rw’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika umwaka utaha rwarangiye ku wa gatandatu tariki 24/5/2014 ubwo yatsindwaga na Gabon igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade Monedan i Libreville muri Gabon.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda batarengeje imyaka 20 n’umutoza wabo bizeye gutsindira iya Gabon iwayo i Libreville mu mukino uzaba ku wa gatandatu tariki 24/5/2014, bagakomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal umwaka utaha.
Nyuma yo gusezererwa kwa David Moyes muri Manchester United, byavugwaga ko umuholandi Louis Van Gaal ashobora kuzamusimbura, none inkuru yabaye impamo kuri uyu wa mbere ubwo uwo mugabo utoza ubu ikipe y’igihugu y’Ubuholandi yasinyaga amasezerano y’imyaka utatu yo gutoza Manchester United, akanahita ahabwa miliyoni 200 (…)
Ubwo umupira wari uwa gicuti wahuzaga akagari ka Mpumbu na Ngoma kuri iki cyumweru tariki ya 18 Gicurasi 2014 mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke wari ugeze hagati, abakinnyi b’akagari ka Mpunga ntibishimire imisifurire, maze badukira umusifuzi barahondagura, kuri ubu akaba ari ku kigo nderabuzima cya Kinini aho (…)
Ikipe ya Sunrise FC yo mu ntara y’Iburasirazuba, yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 18/5/2014.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yanganyije na Libya ubusa ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika wabereye muri Tuniziya kuri icyi cyumweru tariki 18/5/2014.
Ikipe ya Arsenal, yegukanye igikombe cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA Cup), nyuma yo gutsinda Hull City ibitego 3-2, ivanaho imyaka icyenda yari ishize ari nta gikombe na kimwe yegukana haba mu Bwongereza ndetse n’ahandi hose ku isi.
Ikipe y’Isonga FC yari imaze umwaka umwe mu cyiciro cya kabiri yahise yongera ijya mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezerera SEC Academy iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino ibiri, nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye Kicukiro ku wa gatatu tariki 14/5/2014.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 14/05/2014, ikipe y’u Rwanda Amavubi yarekeje muri Tuniziya, aho igiye gukinirayo na Libya umukino uzaba ku cyumweru tariki 18/5/2014 mu rwego rw’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Amakipe ane azavamo imwe itwara igikombe cya shampiyona y’abagore mu mupira w’amaguru uyu mwaka, yamenyekanye nyuma y’imikino ya ¼ cy’irangiza yahuje amakipe umunani yitwaye neza kurusha ayandi muri shampiyona y’abagore.
Gakwaya Olivier wari umunyamabanga n’umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sport yamaze guhagarika ako kazi ku mpamvu avuga ko ari ize bwite nk’uko abayobozi b’iyi kipe babivuga.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy aravuga ko kuba mu Rwanda hari ikibazo cy’akarande cya ba rutahizamu aribyo byatumye ikipe atoza inganya ubusa ku busa na Gabon mu mukino ibihugu byombi byakiniye i Kigali.
Ikipe ya Sunrise FC yakinaga mu cyiciro cya kabiri, yatsindiye kujya mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezerera Bugesera FC muri ½ cy’irangiza ku wa gatandatu tariki ya 10/5/2014 mu mukino wabereye i Rwamagana.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport Luc Eymael, kuri icyi cyumweru tariki ya 10/5/2014, arerekeza iwabo mu Bubiligi, kandi ntazagaruka kuko agiye atabashije kumvikana n’ubuyobozi bw’iyo kipe kandi ngo hari n’amafaranga y’umushahara we atahawe kugeza ubu.
Ikipe ya Manchester City yakomeje kwiyongerera ikizere cyo gutwara igikombe cya Shampiyona mu gihugu cy’ubwongereza kuko kugeza ubu irusha Liverpool iyikurikira amanota 2 n’ibitego bigera kuri 13 izigamye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda rizashyira ahagaragara umutoza mushya mukuru w’ikipe y’igihugu amavubi ku wa gatanu tariki 9/5/2014, uzaba afite inshingano zo kugera kure hashoboka mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha, no gutegura neza igikombe cya CHAN kizabera mu Rwanda muri (…)
Uwari kapiteni wa Manchester United, umunya Serbia Nemanja Vidic yasezeye ku mugaragaro mu ikipe ya Manchester United ubwo yari imaze gutsinda Hull City ibitego 3-1 mu mukino we wa nyuma kuri Stade Old Trafford wabaye ku wa kabiri tariki 6/5/2014.
Casa Mbungo André usanzwe ari umutoza w’ikipe ya AS Kigali, yahawe akazi k’umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu Amavubi, ahita anagatangira ubwo yashyiraga ahagaragara abakinnyi bagomba gutangira kwitegura gukina na Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Ibihano byari byafatiwe ikipe ya Rayon Sport kubera imvururu zabaye kuri Stade Amahoro nyuma y’umukino wari wahuje iyo kipe na AS Kigali tariki 20/4/2014, byagabanyijwe nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyo kipe bufashe icyemezo cyo kujurira kuko bwavugaga ko butemera ibyo bihano.
Ku munsi wa nyuma wa shampiyona tariki 4/5/2014, APR FC yagukanye igikombe cyayo cya 14, nyuma yo gutsinda AS Muhanga kuri mpaga, naho Esperance FC na AS Muhanga zarangije shampiyona ziri ku myanya ibiri ya nyuma zisubira mu cyiciro cya kabiri.
Isonga FC na Sunrise zo mu cyiciro cya kabiri, zifite amahirwe menshi yo kuzakina icyiciro cya mbere umwaka utaha, nyuma yo kwitwara neza mu mikino ibanza ya ½ cy’irangiza yabaye ku wa gatandatu tariki ya 3/5/2014.
Mu mikino w’umunsi wa 26 wa shampiyona ari nawo wa nyuma yakinwe ku wa gatandatu tariki 03/05/2014, Kiyovu Sport yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho i Muhanga Mukura Victory Sport ihanganyiriza na Espoir FC ibitego 2-2.
Arsenal, ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza yahaye ubutumwa bw’ishimwe Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, bumushimira urukundo akunda siporo muri rusange na Arsenal FC by’umwihariko.
Tony Adams wamamaye muri Arsenal ubwo yayikiniraga kuva mu 1983 kugeza mu 2002, ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, akaba yarazanywe na Sosiyete y’itumanaho Airtel, mu rwego rwo guteza imbere umupira w’amaguru ushingiye ku kuzamura abakinnyi bato.